Quantcast
Channel: Isesengura Archives - Umunyarwanda
Viewing all 973 articles
Browse latest View live

Ruracyageretse hagati ya Eugène Richard Gasana na Leta y’u Rwanda!

$
0
0

Yanditswe  na Arnold Gakuba

Kuki ibyarezwe Ambasaderi Gasana Eugène Richard, INTERPOL (Ikigo gishinzwe guhuza polisi z’ibihugu kurwanya ibyaha ndengamipaka) itabyitayeho? 

Gasana Eugène Richard  muri politiki: umubano wihariye n’umuryango wa Paul Kagame

Gasana Eugène Richard azwi na benshi mu Rwanda cyane cyane ku mubano wihariye yari afitanye n’umuryango wa Paul Kagame kandi akaba yaragize akamaro gakomeye mu ntambara yashojwe na FPR-Inkotanyi. Ubwo FPR-INKOTANYI yatangiraga urugamba, Gasana Eugène Richard yabaga mu Budage aho yakoze umurimo ukomeye wo kuyifasha muri dipolomasi na politiki ku magabane w’Uburayi. 

Gasana Eugène Richard ntiyari muri FPR-INKOTANYI gusa nk’umurwanashyaka n’umunyapolitiki, ahubwo yari n’inshuti y’umuryango ku buryo yarebereraga abana ba Paul Kagame babaga muri Amerika. Kuva aho Paul Kagame ahinduriye itegeko-nshinga muri 2015, agamije kwiyimika ku butegetsi ubuziraherezo, Gasana Eugène Richard yaba yarabaye mu ba mbere batabishyigikiye. Ingaruka yabaye ko muri 2016 Gasana Eugène Richard yahise yamburwa inshingano ze maze asabwa gutaha mu Rwanda, nyamara we ntiyabikozwa. Guhera ubwo ahita ashyirwa mu gatebo kamwe n’abitwa “abanzi b’igihugu”. Nyuma y’icyizere n’ubucuti bw’imyaka myinshi kuva mu Budage kugera mu Muryango w’Abibumye i New York.

Mu by’ukuri, kuba Ambasaderi mu Muryango w’abibumbye ni umwanya ugaragaza icyizere cyinshi cyagiriwe Gasana Eugène Richard, kuko uwuhawe aba ari Umwe mu nkingi ya mwamba ya diplomasi y’u Rwanda. Nabibutsa kandi ko uretse kuba n’ambasaderi mu gihe u Rwanda rwajyaga mu kanama k’umuryango w’abibumbye gashinzwe amahoro kw’isi yazamuwe ku rwego rwa Ministre ndetse ahabwa n’ikipe nini yo kumufasha muri izo nshingano zikomeye zo kurwana kuri Leta y’u Rwanda na Perezida Kagame kubera amafuti ahoraho iyo leta yishoragamo cyane cyane ku bijyanye n’intambara zo mu karere, kutubahiriza uburenganzira bwa muntu, demokarasi n’ibindi…

Ese ni izihe mpamvu zituma Leta ya Kigali idasinzira kubera Gasana Eugène Richard? 

Guhigwa kwa Gasana Eugène Richard kwaba gufite indi mpamvu ikomeye ihishwe inyuma y’ibitanganzwa. Leta ya Kigali ashinja Gasana Eugène Richard kuba yarinjiye muri RNC, ishyaka rya politiki ryashinzwe n’abazi neza Paul Kagame kuko bakoranye igihe kirekire kandi bamwe bakaba baratangiranye n’urugamba. Ibyo byaba bimutera kudashira amakenga umuntu wese bagize icyo bapfa akamutwerera ubufatanye n’iryo shyaka n’iyo bwaba ntabuhari.

Paul Kagame bigaragara ko agenda atakaza amanota mu maso y’abaterankunga be b’imena, yaba adashira amakenga uwahoze amuhagarariye mu miryango w’abibumbye akamubona n’umutobera muri diplomasi no mubatera nkunga barimo n’igihugu nk’Amerika bigaragara ko cyateye umugongo u Rwanda.

Gukeka ko RNC ibanye neza n’uwamufashije kujya ku butegetsi, Yoweri Kaguta Museveni Perezida wa Uganda no kumva ko yanahuye n’uwari umwizigirwa we byarushijeho gutuma amazi arenga inkombe Ambasaderi Gasana ahinduka umwanzi wa mbere w’igihugu.

Inzira z’ubutabera mu kumubuza amahwemo.

Mu kubuza amahwemo Ambasaderi Gasana hakoreshejwe inzira nyinshi zirimo gushaka ibirego birmo gufata ku ngufu, gushaka gufata ku ngufu no gukora ihohotera rishingiye ku gitsina. Tutanasize gusaba umuryango wa Ambasaderi Gasana kwitandukanya nawe. Twabibutsa ko hifashishijwe ibinyamakuru biri hafi y’ubutegetsi hasohowe inyandiko nyinshi bigaragara ko zari zigamije kwangiza izina rye.

Ntabwo byahagariye aho kuko byageze n’aho hatangwa ikirego muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu 2019 aho Ambasaderi Gasana yashinjwe ngo gufata ku ngufu inshuro 2 umukobwa mu 2014! Kugeza ubu rubanza rukaba rutararangira.

N’ubwo abunganira Ambasaderi Gasana bakoze iyo bwabaga bakarwana ku mukiriya wabo ariko Leta y’u Rwanda nayo yakoresheje ingufu zayo nk’igihugu isaba ko Polisi mpuzamahanga (INTERPOL) ishyiraho impapuro zo gufata Ambasaderi GASANA n’ubwo bwose yarimo aburana atihishe ubutabera ndetse aho atuye hazwi dore ko muri iyo minsi  yari amaze kubona uruhushya rwo gutura muri Amerika ruhoraho we n’umuryango we.

Ibi byo gushyiraho impapuro zo gufata Ambasaderi Gasana byatumye abamwunganira begera INTERPOL ngo basabe ko impapuro zakurwaho.

Byagenze bite muri Interpol?

Mu nama yayo yo ku ya 28 Kamena 2021 kugeza ku ya 2 Nyakanga 2021, Komisiyo ishinzwe kugenzura amadosiye ya ICPO-INTERPOL, yahuje amadosiye y’usaba Gasana Eugène Richard (Usaba) n’aya Komisiyo y’igihugu cy’u Rwanda ya INTERPOL. Dore muri make urubanza nk’uko rwashyizwe ahagaragara mu cyemezo 117 cya Komisiyo yavuzwe haruguru. 

Ikirego: ku ya 16 Gashyantare 2021, Bwana Gasana Eugène Richard yagejeje kuri Komisiyo icyifuzo cyo gutesha agaciro amakuru amwerekeye abitswe muri dosiye za INTERPOL. Nyuma yo kwerekana ibyangombwa byose bisabwa hakurikijwe ingingo ya 30 y’amategeko agenga imikorere ya Komisiyo, icyifuzo cye cyarakiriwe kandi Komisiyo ibimenyesha uwabisabye ku ya 3 Werurwe 2021. 

Nyamara ariko, mu gihe cyo kwiga ku kibazo cy’usaba, Komisiyo yagishije inama ibiro bikuru bya INTERPLOL (NCB) by’u Rwanda, Ibiro by’igihugu bya INTERPOL muri Amerika, n’Ubunyamabanga Bukuru bwa INTERPOL hakurikijwe ingingo ya 34 ya Sitati ya Komisiyo, ku itumanaho ry’amakuru ajyanye n’umuntu. Ku ya 7 Kamena 2021, CBN yo mu Rwanda yemeje ko byanyuze mu nzira nyazo ko n’amakuru afite ishingiro kandi itanga ibisubizo ku bibazo Komisiyo yayibajije, ndetse n’inyandiko zibishyigikira. Usaba kimwe na BCN y’u Rwanda bamenyeshejwe ko Komisiyo iziga uru rubanza mu nama yayo nimero 117 kugira ngo igereranye amakuru avugwa. 

Hashingiwe ku ngingo ya 35 (3) ya Sitati ya Komisiyo, ukuri ni uko Leta y’u Rwanda yirinze kuvuga kuri politiki mu birego irega Gasana Eugène Richard. Gasana Eugène Richard yamenyeshejwe ko ashakishwa, ko byasabwe na BCN y’u Rwanda binyujijwe ku mushinjacyaha. Gasana Eugène Richard akaba ashinjwa “Gufata ku ngufu, gushaka gufata ku ngufu no gukora ihohotera rishingiye ku gitsina“. 

Hashingiwe ku cyemezo cyo kumuta muri yombi cyatanzwe ku ya 27 Nyakanga 2020, Ibyo birego byose biteganijwe mu gitabo cy’amategeko ahana y’u Rwanda. Kuri iki cyifuzo cy’ubutegetsi bwa Kigali, Gasana Eugène Richard yatanze impamvu z’uko:

– Gushakishwa kwe kujyanye na politiki (ibyo Leta ya Kigali ivuga ko ari ibinyoma),  bikaba binyuranyije n’ingingo ya 3 y’Itegeko Nshinga rya INTERPOL; 

– Gushakishwa kwe bihungabanya uburenganzira bw’ibanze bwa muntu kandi binyuranyije n’amategeko mpuzamahanga ku burenganzira bwa muntu kandi ko bitubahiriza ingingo ya 2 y’Itegeko Nshinga rya INTERPOL;

– Itangazo ry’ishakisha ritatanzwe aho aherereye (kubera ko hazwi) kandi hakaba hari n’ibinyuranye n’ingingo ya 83.2 y’Amategeko ya INTERPOL yerekeye gutunganya amakuru. 

– Integuza ishakisha idasobanura neza ibikorwa bigize ibyaha aregwa kandi bitujuje ibipimo bisabwa n’ingingo ya 83.2 y’Amategeko ya INTERPOL yerekeye gutunganya amakuru.

Gasana Eugène Richard akaba arengerwa na:

– Ingingo ya 3 y’Itegeko Nshinga rya INTERPOL ivuga ko “bibujijwe rwose ko Komisiyo yagira uruhare mu bikorwa bya politiki, igisirikare, idini cyangwa ubwoko“. 

– Ingingo ya 2 (1) y’Itegeko Nshinga rya INTERPOL iteganya ko Umuryango “ugomba kandi guteza imbere ubufasha bwagutse bushoboka hagati y’abayobozi bose ba polisi mu mbibi z’uburenganzira bukurikizwa mu bihugu bitandukanye kandi hashingiwe ku Itangazo Mpuzamahanga ry’Uburenganzira bwa Muntu. 

– Ingingo ya 11.1 y’amabwiriza yo gutunganya amakuru ateganya ko “gutunganya amakuru muri sisitemu y’amakuru ya INTERPOL bigomba kwemera no kubahiriza amategeko akurikizwa mu biro bikuru by’igihugu cyangwa ikigo mpuzamahanga bigomba kubahiriza uburenganzira bw’ibanze bw’abaturage ni byo bikorwa by’ubushakashatsi hakurikijwe ingingo ya 2 y’Itegeko Nshinga rya Komisiyo n’itangazo mpuzamahanga ry’uburenganzira bwa muntu”.   

– Ingingo ya 34, igika cya mbere cy’amabwiriza yo gutunganya amakuru gisaba ko itunganywa ry’amakuru ryemerwa “hakurikijwe amategeko n’amasezerano mpuzamahanga“. 

– Ingingo ya 83.2 y’amabwiriza yo gutunganya amakuru ateganya ko “amatangazo yo gushakisha ashobora gutangazwa ari uko hatanzwe amakuru ahagije y’ubucamanza. 

Hashingiwe kuri izi ngingo zavuzwe haruguru, umunyamabanga mukuru wa INTERPOL, ku ya 5 Mata 2012, yerekana ko “ku byifuzo byo gushakisha no gukwirakwiza amatangazo asaba ko umuntu yatabwa muri yombi, bisaba gutanga ibimenyetso bihagije bihuza umuntu ushakishwa n’ibyo aregwa”.                                                                                                                                                           

 Guhuza ibivugwa n’impande zombi

Kugira ngo hakorwe ubushakashatsi bunyuze mu mucyo kuri uru rubanza, Komisiyo yafashe umwanzuro wo kwigira hamwe imiterere ya politiki ivugwa muri uru rubanza, intego yo gutangaza itangazo ryo gushakisha ndetse n’ingaruka bishobora kugira ku burenganzira bwa muntu bwa Gasana Eugène Richard kubera ko zifitanye isano kandi zishingiye ku birego bimwe bifatika, hanyuma usesengure ingingo zijyanye nabyo nyuma.

Ku ruhande rwa Gasana Eugène, abona ko kubera ko gutanga ibimenyetso bigaruka k’uregwa, Gasana Eugène Richard yatanze ibimenyetso byerekana ko uru rubanza rushingiye kuri politiki, nk’umuntu wamaze imyaka irenga makumyabiri akora imirimo ikomeye y’igihugu ariko ko amakimbirane na Perezida Paul Kagame arimo na manda ya 3 ari yo mpamvu yavuyemo kumukoza isoni no kumuhiga. Gasana ashimangira ko ibyo aregwa biteye isoni, ko uyu mugore witwa Benita Uruhisho ufite umuryango ufitanye ubucuti n’umuryango wa Paul Kagame yanditswe nk’umukozi wa Trust Law Chambers, ikigo cy’abunganira abandi mu mategeko cya Paul Kagame, kandi umukunzi we witwa Regis Rugemanshuro ubu uyobora RSSB akaba yari umuherekeza w’umukwe wa Perezida Kagame igihe umukobwa we Ange yashyingirwaga. Ku bijyanye n’aho ikibazo kigeze Guverinoma y’u Rwanda irabizi, cyane cyane ko uru rubanza ruvugwa rwakurikiranywe n’ubucamanza bw’i New York bugasanga nta bimenyetso bihagije.

Ku rundi ruhande, u Rwanda rwashimangiye ko ibirego rushinja Gasana Eugene Richard bishobora gukurikiranwa kubera ko nta rubanza rwaburanishijwe kuko ihame ryo “kutagaruka ku cyarangiye” ryaba ritishwe, kandi niyo hatabaho amasezerano yo kohererezwa abaregwa, Amerika ishobora kumwohereza ku bushake, kuko imaze kohereza abanyarwanda benshi kuburanishirizwa mu Rwanda. U Rwanda rushimangira ko Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwakiriye ibirego bishinja Gasana Eugène Richard, kandi ko uwo yakoreye ibyaha atari umwe gusa, ahubwo ko ari babiri. 

U Rwanda rwanzuye ko inyandiko y’ibirego n’icyemezo cyo guta muri yombi, byose bishingiye ku makuru yizewe yabonetse kandi akorwaho iperereza n’Ibiro bishinzwe iperereza mu Rwanda ndetse n’ubushinjacyaha bw’igihugu. Kubera icyaha rusange cyakorewe abaturage b’u Rwanda hanze y’u Rwanda, Gasana Eugène Richard yagombye gusubiza ibibazo mu nkiko z’u Rwanda kandi bigomba gikorwa  byanze bikunze kugeza yitabye urukiko agahamwa n’icyaha cyangwa akagirwa umwere.

Mu guhuza impande zombi, Komisiyo isanga Gasana Eugène Richard ari umunyapolitiki, ko yirukanwe nyuma y’amakimbirane yagiranye na Perezida Paul Kagame kandi ko aricyo cyatumye yitwa “umwanzi w’igihugu” nk’uko byagaragaye ku mbuga nkoranyambaga ndetse n’ibinyamakuru byo mu Rwanda, cyane cyane nyuma y’ikiganiro yagiranye na Museveni muri Gashyantare 2019. 

Hakurikijwe uko ibintu byagiye bikurikirana, dusanga ibintu byarasubiye rudubi mu kwezi kwa Mata 2019, ubwo Gasana Eugène Richard yahabwaga uburenganzira bwo kuba muri Amerika ku buryo buhoraho ndetse akanga n’ubwenegihugu bw’u Rwanda.

Ikirego kirega Gasana cyashyikirijwe ubushinjacyaha ku ya 14 Mutarama 2020, icyemezo cyo kumuta muri yombi gitangwa ku ya 27 Nyakanga 2020 n’itangazo ry’ishakisha ryo ku ya 14 Kanama 2020. Hashingiwe ku kuba ibyaha aregwa bidafatika no ku iperereza abayobozi b’Amerika bakoze mu rwego rwo gutanga uburenganzira bwo gutura buhoraho, Komisiyo yasanze gushyiraho urupapuro rwo gushakisha Gasana Eugène Richard byaba binyuranije n’intego yavuzwe haruguru kandi hashingiwe no ku ngingo ya 82 y’Amategeko yo gutunganya amakuru ya INTERPOL.

Kubera  iyo mpamvu, hashingiwe ku bimaze kuvugwa haruguru, Komisiyo yasanze kubika amakuru bishobora kugira ingaruka ku kutabogama kwayo, kandi bikaba byafatwa nk’uburyo bworoshye bwo gukurikirana abanyapolitiki, kubera ko urwego rwa politiki ari rwo rwiganje cyane muri uru rubanza rwa Gasana Eugène Richard.

Kubera izo mpamvu zose, Komisiyo yemeje ko amakuru yatanzwe kuri Gasana Eugène Richard atujuje ibyangombwa bya INTERPOL bijyanye no gutunganya amakuru bwite, kandi ku by’ibyo azahanagurwa muri dosiye za INTERPOL.


RWANDA: Itakara ry’ireme ry’uburezi mu Rwanda n’ingaruka ku muryango nyarwanda

$
0
0

Yanditswe na RUGEMINTWAZA Erasme

Hashize iminsi, aho ugiye hose, haba mu cyaro cyangwa mu mijyi, yaba uwize cyangwa se utarize wumva havugwa ngo “uburezi bwataye ireme”. Yewe n’abanshinzwe ubwo burezi, ntibatinya kubivuga, bakabyivumburaho, ariko ugategereza icyakorwa ugaheba. Ukabona ko abantu basa n’abahebeye urwaje. Urwo rwaje tuzi twese, rwaje gute, rwazanywe nande? Turwemere se nta buryo bwo kurusubizayo maze uburezi bw’ u Rwanda koko bukongera gusubirana ireme. Iyi nyandiko isa n’iyo gutera ibuye mu gihuru kugira ngo hagire ikivumbukamo, igamije gushotora abahanga benshimu burezi, kuko njyewe uyanditse sindi we, kugira ngo bahaguruke, ejo u Rwanda rwacu dukunda, rwahoze rufite intiti muri aka Karere utazasanga rwigaruriwe n’abanyamahanga kuko n’ibyo dukeka twigisha bidashinga ku buryo imirmo yose wazasanga ikorwa n’abanyamahanga. Nk’uko mbikomojeho ni uburyo bwo gutangiza impaka, zitari iza ngoturwane ahubwo impaka zubaka.

Inshoza y’amagambo y’ingenzi

Uburezi:

ijambo uburezi ryasobanurwa nk’uruhurirane rw’ibikorwa bigamije nko gutuma ikintu gikura, mbese ni nko korora itungo cyangwa guhinga igiti, ukacyitaho kigakura. Uburezi rero ku bantu -abana- bisobanura kwita ku mwana, ukamuha ibikenerwa ngo akure neza, kimuntu, mu bantu, ku isi ikeneyeko ayitaho.

Uburere:

iri jambo rirajya kuvuga kimwe n’uburezi, kuko no mu Kinyarwanda hari umugani uvuga ngo “Uburere buruta ubuvuke”; ariko muri rusange tuvuga ko uburere umuntu abubonera mu muryango aho umwana akura yigana gukora ibyo abona mu bamukikije uhereye ku babyeyi be. Aha twavuga ko uburere butangwa aho umuntu aba muri rusanga, hatari ku ishuri aho umuntu ahura n’abarimu, ubumenyi bwa gihanga bunyuranye, abandi banyeshuri n’ibind.

Uburezi bw’Igihugu:

Ni ikusanyirizo rya gahunda zateguwe kugira ngo uwakurikiye izo gahunda, azagire ubumenyi, ubumenyingiro, imyitwarire, imitekerereze, imikorere n’ubukesha runaka.

Ireme:

Ikintu gifite ireme ni ikintu cyuzuye, gitunganye, mbese cyujuje ubuziranenge, kitajorwa. Dufashe nk’urugero rwo mu buhinzi, kawa idafite ireme iba ari igihuhwe.

Uburezi rero nyabwo ni uruhurirane rw’ibintu byinshi, bityo n’itakara ry’ireme ry’uburezi rishobora kuva kuri kimwe muri ibyo bintu, ariko muri rusange Leta nk’umubyeyi ishinzwe kureba ahari icyuho ikakiziba, niyo mpamvu yabyemera itabyemera Leta niyo igomba kubazwa ireme ry’uburezi. Iyo iryo reme ryatakaye, ni Leta igomba kubibazwa, ryaba rimeze neza ikabishimirwa. Reka tugerageze gusesengura uruhurirane rw’ibintu bifite icyo bisobanura ku ireme ry’uburezi.

Reka twifashishe iyi mpandeshatu (Hashobora kwifashihwa n’ibindi binyampande), mu kugerageza kureba uko uburezi buteye n’uruhurirane rw’ibintu bituma uburezi bugira cyangwa butakaza ireme.

Nk’uko bigaragara kuri aka gashusho ka mpandeshatu, twavuga ko uburezi ari uburyo bwo huguza (combinaison), umuryango n’ibidukikije, politiki n’ubushobozi  bishyirwa hamwe kugira ngo urerwa ashobore kuzagira ubumenyi, imyitwarire n’imitekerereze byateguwe. Ziriya mfuruka uko ari eshatu iyo zikoze neza, ireme ry’uburezi riraboneka. Ritakara rero iyo imwe cyangwa irenze imwe mu mfuruka, itameze neza. Muri make ireme ry’uburezi ryatakarira mu bintu tugiye gusesengura ariko byendeye kuri ako gashushanyo

Umuryango n’ibidukikije

Umuryango udatuje ntushobora gutuma, umwana uwukomokamo yiga neza, icya mbere na mbere yatakaza bwa burere twavuze ko butangwa n’umuryango kamere w’umuntu. Ntabwo umwana yarara muri rwaserera y’ababyeyi ngo yige neza. Ubwimvikane, ubwuzuzanye, urukundo, ituze, amahoro mu muryango biha umwana urubuga rwiza rwo kwiga. Ibi ngibi rero mu muryango nyarwanda bisa naho byayoyotse, imiryango myinshi ihora mu makimbirane adashira, aturuka ku bintu byinshi birimo ku gucana inyuma kw’abashakanye kubera irari rinyuranye, imicungire y’umutungo w’umuryango itumvikanweho ariko  cyane cyane n’imihindukire y’umuryango nyarwanda itewe n’aho isi igeze itumvikana neza. Aha navuga nk’uburinganire n’ubwuzuzanye bwateje ibibazo kubera kumva nabi aya mahame. Gusamarira ibyo imico y’ahandi biturutse ko itumanaho ryatumye isi iba nk’umudugudu. Hari kandi ubukene bukabije mu miryango butuma umwana atabonera ku gihe ibikoresho, ibimutunga, Abanyarwanda nibo bavuze ngo “ikirima ni ikiri mu nda”. Ntiwakwiga neza, ntakiri mu nda, aha tuzi neza ko imibare ya banki y’isi igaragaza u Rwanda mu bihugu 20 bikene cyane ku isi, rukaba rufite 56,6% by’abaturage bari munsi y’umurongo w’ubukene. Abaturage b’u Rwanda, barenga miliyoni 4 barya hamana rimwe ku munsi mu gihe abana 38% bafite ibibazo byo kugwingira. Ubu bukene rero, kutarya, kugwingira bugira izindi ngaruka. Uretse kugwingira ku mubiri, umwana utaritaweho muri ya minsi 1000, agwingira no mu bwonko. Mu muryango ukennye, ugomba kurwana no kubona iby’ibanze, abana nta mwanya babona wo gukora ibyo basabwe ku ishuri n’ibyo akoze ntabibonera umwanya wo kubyitaho (hari babagomba kujya gutashya, kuvoma, ndetse no gukora uturimo tuzanira umuryango amafaranga)

Urugero rufatika:

Ku rwunge rw’amashuri rwa Kanyinya, mu Murenge wa Kanyinya, Akarere ka Nyarugenge, hari abana bazinduka bajya gucuruza imboga mu mujyi wa Kigali i Nyabugogo. Aba bana batema ijoro kuko bava iwabo, iyo za Shyorongi mu masaa sita z’ijoro bakagera Nyabugogo mu masaa kumi n’imwe, bakagurisha. Bagasubira iwabo. Birumvikana ko aba abaraye bataryamye, baba begenze cyane, baba bananiwe. Iyo bari bwige igitondo barasiba, n’abiga ikigoroba nta musaruro, kubera umunaniro. 

Ibi byiyongera ko kubera ubwo bukene, abenshi bumva kwiga ntacyo bivuze, bityo abana bakava mu mashuri bakigira muri izo nduruburi bakiri bato. Ntuzatungurwe no kubona, abana bavutse nyuma ya 1994, batazi gusoma.

Ariko ibi byose byabazwa Leta, kuko ariyo yakenesheje umuryango nyarwanda kuko ubukungu bwayo yabugeneye bamwe ibitaho. Ibyo bibazo by’ubukene ntabyo wasanga mu miryango y’Abatutsi, kuko Leta yabashyiriyeho Ikigega cyo kubitaho kuri byose uhereye ku byo kurya, kwambara, aho gutura, kwivuza, kwiga, gucuruza. Mu gihe umuryango munini w’Abanyarwanda w’Abahutu, wajugunywe mu bukene. Abana b’Abahutu biga bajugunyiwe Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) umwana agahabwa amakayi nayo adahagije abanje gusiragira ku Biro by’Umurenge, mu gihe abana bakomoka mu Miryango y’Abatutsi bahabwa byose. Yewe n’abahungutse batazi icyo Jenoside aricyo biririye kuri icyo kigega kuko cyari kigenewe Abatutsi!  

Ibidukikije 

Iyo tuvuze ibidukikije duhera aho dutuye. Bityo aho umuntu atuye iyo habaye kure bigira ingaruka mbi ku myigire. Aho atuye ariko hashobora kuba umudugudu ushobora gutuma umwana akunda cyangwa yanga kwiga. Mu Mujyi wa Kigali birazwi ko abana baturuka mu makaritsiye bita “de Bandits”, Kiderenka, Karabaye, Kamenge, Matimba badakunze kubona umwanya wo kwiga kuko ibibakikije bibakururira ahandi nko mu bujura, ubusambanyi, ubusinzi, ibiyobyabwenge.

Hari kandi imyemerere ishobora kubuza umwana kwiga. Hari amadini avuga ko isi igiye kurangira bityo ko abantu batakagombye guta umwanya biga ahubwo bakwiye gusenga kuko ngo mu kujya mu ijuru nta mpamyabumenyi/bushobozi bazabaza.

Abayobozi ku nzego zose, abaturanyi n’umuryango nyarwanda muri rusange ugomba kubera umwana wiga inkingi yo gutera imbere. Umwana akaba uw’umuryango mugari w’Abanyarwanda, umubonye wese mu ikosa akaba yamuhwitura bibaye ngombwa. 

Ubushobozi (ibikoresho)

Muri iki gice turareba ibintu byinshi twavugako bitwara ingengo y’imari. Aha turavuga ku bakozi, ku bikoresho binyuranye uhereye ku bikorwaremezo ndetse tuvuge no ku ngenngo y’imari nyirizina.

Abakozi bo mu burezi

Abantu bakora mu burezi ni benshi, ariko turibanda cyane cyane kuri babandi bahura n’umunyeshuri umunsi ku wundi, barya muri rusange twita abarezi. Abo ni Abarimu ndetse n’abayobozi b’ibigo by’amashuri. Bose turabita abarezi muiri rusange.

Abarezi ni ingenzi mu iyubakwa cyangwa isenyuka ry’ireme ry’uburezi. Ubundi baravuga ngo ntawatanga icyo adafite. Mu Rwanda rero kubera imyigire yagiye ihindagurika, turaza kubivugaho, usanga harimo abarezi bamwe na bamwe badafite ubushobozi, ubumenyi n’imyitwarire byakagombye kuranga umurezi. Aha tukaba twavuga ko akenshi ibi bipfira  kurushaho mu mitangire y’akazi mu burezi aho usanga ruswa z’ubwoko bwose, ikimenyane bituma abahabwa akazi atari abagashoboye kurusha abandi. Ibi byagaragaye henshi mu Rwanda nk’aho abakozi bo mu Karere ka Kayonza, mu Ntara y’Iburasirazuba, bose bari bashinzwe ishami ry’uburezi bafashwe bagafungwa kubera ruswa. Aha ngaha rero uburyo bwo gutegura abarezi ndetse no kubashyira mu kazi bigomba gusubirwamo.

Iyo uvuze mwarimu mu Gihugu cy’u Rwanda ubona amasura abiri atandukanye ukurikije amateka yaranze iki igihugu cy’u Rwanda. Mbere ya 1994, ubona mwarimu nk’umukozi wubashywe, wasangiraga na Burugumesitiri, bakabyarana abana muri batisimu. Kuri iyi Ngoma ya FPR-INkotanyi, ubona mwarimu nk’umukozi wagowe usigaye atangwaho ingero ahantu hanyuranye nka nyakugorwa, ufite akazi gaciriritse.

Mu 1990, umwarimu w’amashuri abanza yahembwaga amafaranga 14.896, ayo mafaranga yanganaga n’amadolari 100 kuko idolari ryavunjaga amafaranga y’u Rwanda 150. Bivuga ko ubushobozi bwo guhaha bwa mwarimu bwashoboraga kugura amabati ya Japan 30, kuko ibati ryari amafaranga 500. Iyo umushahara wa mwarimu uzamuka ukurikiye guta agaciro k’ifaranga ry’u Rwanda ugereranyije n’idolari ry’amerika, ubu mwarimu yakagombye byibuze gutangira akazi ahembwa ibihumbi hafi 100! Ariko ubu mwarimu arahembwa amafaranga ibumbi 45, biguze amabati 7 gusa! Umunyeshuri wo muri Kaminuza y’u Rwanda icyo gihe yahabwaga amafaranga ya buruse 10.400 ku wabaga afite icumbi muri Kaminuza. Ayo mafararanga yanganaga n’amadolari 70, ubu umunyeshuri wa Kaminuza yakagombye kuba ahabwa buruse y’amafaranga 75.000, none abona 45.000. Umukozi wa Komini, urugero nk’umunyamabanga wa Burugumesiitri yahembwaga 13.002, ni ukuvuga ko yahembwana amadolari 86, kuri ubu we yakagombye kuba ahembwa munsi y’ibibumbi 45 bya mwarimu, ariko we ahembwa ibihumbi 170. Ese kuki mwarimu yibagiranye? Ese iki nticyaba ari ikibazo gituma ireme ry’uburezi ridindira? Ni gute koko umwarimu yakwigisha ari kwibaza niba ari burare ariye, ngo yigishe neza; kuko ibihumbi 45 ubijyanye ku isoko nta kivamo! Iyo abantu rero basesenguye byimbitse basanga iki nacyo ari ikibazo cya Leta. Abagera kure bakemeza ko imishahara ya mwarimu idashobora kongerwa kuko 95% by’abarimu ari Abahutu. Ngo Leta y’ubumwe, yanga ko amafaranga menshi yagera ku Bahutu, ngo hato batazabona imisanzu yo guha Abarwnya Leta mu izina ryabo. Ngo Banki y’isi yigeze guteganya umushinga wa gereranya na wa wundi wazahuye ubukungu bw’iBurayi nyuma y’intambara ya kabiri y’isi, ukitwa “Gahunda Marshall”(Plan Marshall), gahunda yateguriwe u Rwanda yo yari iyo kuzahura ubuzima bw’abakozi b’ibanze, byakekwaga ko basenyewe amazu kandi bakeneye kongera kubaho. Leta y’ubumwe bw’Abanyarwanda yanze uwo mushinga kuko yasanze waba uwo guha abahutu amafaranga, cyane ko icyo gihe bwo hari hakiri intambara y’abacengezi! Igihe mwarimu rero ataritabwaho, nta reme u Rwanda riteze kuzagerwaho.

Inkuru nyazo zandagaza uburezi.

Paul KAGAME i Butare:

Paul Kagame yakugiriye atya ajya gutangiza umwaka w’amashuri muri Kaminuza y’u Rwanda. Haba hahubutse inkokobotsi y’umusaza w’umwarimu muri kaminuza, imubaza aho yize kaminuza kuko ngo mu mategeko ya za kaminuza, umuntu utarize kaminuza ataba yemerewe gutangiza umwaka w’amashuri muri kaminuza. Icyo gihe n’umujinya mwinshi Paul KAGAME yavuze ko Yezu ntaho yize ko ariko nta muntu wubahwa cyangwa wigaruriye abantu nkawe. Agerekaho  ko kwiga bitabuza umuntu kuba injiji. Iryo jambo ryahaye umwanya abantu batize, gutangira gusuzugura kwiga. Ntiyagarukiye aho yakoze ibintu bitatu bikomeye:

Ubwicanyi:

Wa Musaza w’umwarimu wabajije icyo kibazo, bwarakeye basanga yapfiriye iwe, yegerejwe imbabura. Ubwo urupfu rwitirirwa kubura umwuka

Guhana abanyeshuri:

Abanyeshuri bose ba Kaminuza bapakiwe amabisi bajya gukubitwa mu byo yari yavuze ko we yise kwandikisha ikaramu ndende, ni ukuvuga karachinikov. Abanyeshuri baguye muri iyo myitozo ya gisirikare, bakubitwa batukwa ngo basuzuye Paul Kagame ntibagira ingano

Gusenya Kaminuza y’u Rwanda:

icyo gihe Paul KAGAME, yahise yohereza Prof. KARANGWA Chrysologue kujya kuyobora Kaminuza, atumwa gukora amavugurura. Ng’uko uko abarimu bari bamaze imyaka bigisha Kaminuza birukanwe ngo ntibazi icyongereza. Abo basaza, batari bafite imitungo, kuko kuba mwarimu mu Rwanda ni ukurongora ubukene, bazerereye muri Kaminuza zigenga, uwo bapfuye imbabazi bakamuha udusaha two kwigisha ariko bakamusaba kutazahingutsa aho ivogonyo nk’iryo bagaragaje i Butare. Bategtswe kujya batanga amanota menshi. Ng’uko uko Kaminuza y’u Rwanda yarizwi gutanga uburezi bufite ireme yahindutse igicupuri buhoro buhoro ku mabwiriza ya Paul kagame

Gutekenika:

Hari igihe hakozwe ibizamini, maze ya mashuri y’imyaka 12 (12YBE) u Rwanda rurata ngo rwegereje abaturage, haburamo umunyeshuri n’umwe utsinda mu Karere kamwe ka Kigali. Icyakozwe ni uko amanota yahinduwe mbere y’uko atangazwa kugira ngo Leta y’u Rwanda idaseba. Ibyo ariko byakozwe abadiregiteri b’Ibigo bya 12 batumweho, batutswe bikomeye.

Ibikoresho: 

Iyo tuvuze kuburezi mu Rwanda no ku bikoresho by’uburezi, abantu benshi bahita bumva ibikorwa remezo cyane cyane amashuri, kuko nayo burya agira uruhare mu gutuma umwana yiga neza. Ubucucike ubwabwo bushobora gutuma umwana yiga nabi. Urumuri ruke mu ishuri rushobora gutuma kwiga bitagenda neza. Ariko hari byinshi abantu badatekerezaho. Ese baba biga biga iki, bakoresha iki? Iki ni ikibazo kizwi na mwarimu n’umunyeshuri Integanyanyigisho n’imfashanyigisho

Ikibazo cy’imfashanyigisho n’integanyanyigisho:

Iyo urebye uko abarimu bigisha cyangwa abanyeshuri biga, usanga biteye agahinda n’akababaro. Integanyanyigisho (curricula), zishobora gusohoka ariko ntizisohokane n’imfashanyigisho. Icyo gihe mwarimu n’umunyeshuri birwanaho. Iyo kandi urebye integanyanyigisho usanga zikorwa ku buryo zidahuye n’uwo ziba ziteganyirijwe. Mu minsi yashize umwarimu wigisha Igifaransa yanteye urwenya rukomeye. Yagombaga kwigisha isomo ry’Igifarans mu mwaka wa 4 w’amashuri yisimbuye y’imyuga mu ishami rya bizinesi. Yafashe integanyanyigisho yirwanaho arategura, ategura nta mfashanyigisho, ariko ategura isomo. Yinjiye mu ishuri abaza abana kwivuga mu gifaransa, abana nta numwe wabikoze, amatsiko amuteye abaza inyuguti zigize urwo rurimi bari bavuze ko agomba kubumvisha utuganiro, bakavuga ibyo bumvishe. Umuyeshuri w’umuhanga muribo ntabwo yamenye inyuguti z’igifaransa.

Iyo nteganyanyigisho ikorwa igahere iyo ku rwego uwo iteganyirizwa ariho imaze iki? Niho hava ko ishuri ryose ritsindwa, mwarimu agasabwa kongera amanota, ubwo umwana akimukana amanota adahuye na busa n’ubumenyi afite. Nyuma y’imyaka itanu uzahura n’uwo mwana ntacyo azi.

Ku mfashanyigisho byo birazwi cyane rwose ko hari izisohoka noneho zigasanga integanyanyigisho zakorewe yaravuyeho. Iyo usuye ibigo by’amashuri bakwereka umurundo w’ibitabo batigeze bakoresha, Leta yohereje curricula izi neza ko bitazakoreshwa. Ibyo bitabo biba byaratanzweho amamiriyari utabarura. Aha hari ipfundo rikomeye ry’ireme ry’uburezi.

Ubushobozi bw’imari

Umuryango Mpuzamahanga ushinzwe Uburezi n’Umuco, UNESCO, usaba ko buri gihugu byibuze cyashyira 8% by’ingengo y’imari yabyo mu burezi. Ibi kuba ari ukugira ngo igihugu kibashe kutuma uburezi bubona abarezi nyabo n’ibikoresho bigezweho bitari nka za laptop z’abana zazanjwe mu Rwanda, zidafite aho gushyira Flash Disk, ahubwo zifite aho gushyira disquette kandi icyo gikoresho kitagikorwa! Mu byo UNESCO isaba, harimo no guha abarimu imishahara myiza, ariko nk’uko rwabikomojeho, umwarimu mu Rwanda ni nk’umukorerabushake. Hari umuyobozi wigeze kubwira urubyruko, mu biganiro ko akazi k’ubwarimu karutwa n’ako gucuruza amagi  cyangwa ubunyobwa ku isahani! Kuko ucuruza amagi ashobora kunguka buri munsi ibihumbi bibiri, bingana n’ibihumbi 60 ku kwezi, mu gihe mwarimu wirirwa asakuza ahembwa ibihumbi 45 gusa. Nyamara mwarimu akazi ke ntikagira ikiruhuko kuko iyo  Atari mu ishuri, aba akosora cyangwa ategura amasomo.

Abakora mu bwarimu

Kubera ko akazi k’ubwarimu kadahemba neza, abagakora ni ababuze ibindi bakora. Abahanga bose bigira mu bindi maze, mwarimu agasigara ari wa wundi wabuze icyo akora, uhora mu bizamini bya buri munsi ngo arebe ko yakira uwo muruho. Umukozi nk’uwo ntabwo wamutegaho umusaruro wundi uretse nyine uwaturutse muri iyo mihangayiko yose. Hari inkuru yigeze kuvugwa mu Rwanda y’umwarimu wari umaze imyaka 37 yigisha kandi afite impamyabumenyi ya kaminuza. Byavugwaga ko amaze iyo myaka yose yayimaze mu bukode ko agiye kuzasezererwa atarabashije no kurundarunda akaruri k’amasaziro.  

Politiki y’uburezi 

Reka nkore iriburiro kuri iki gice ntanga agakuru gasekeje. Mu 2004, umuntu yagiye kugura ibikoresho byo kwakira amashusho kuri TELE 10, umuntu yagezeyo yakirwa n’abakobwa babiri ababwira ibyo aje kugura barabishaka ariko bigeze mu gihe cyo gukora inyemezabwishyu barasigana, babura uko bayikora, nyamara bari bavuye kwiga muri kaminuza yigenga ya Kigali ULK; nyuma ngo haje umugabo wari ubakuriye afata umukiriya ajya kumukorera iyo nyemezabwishyu. Uwo mugabo yari afite amashuri atandatu mu ishami ry’ubukungu. Niwe wabwiye umukiriya iby’abo bakobwa. Umukoresha wabo bantu ntiyari ayobewe ko abo bakobwa bafite impamyabishobozi za Kaminuza, ngo umwe amugire ukuriya icyo gice gishinzwe ubucuruzi. Kuki rero byari bimeze gutyo? Ni byo tugiye kurebe muri iki gice kigaragaza ibyemezo bya politiki byazambije uburezi bw’u Rwanda ku buryo abanyarwanda bose bari bakwiye guhaguruka bakayibaza impamvu irikwica abana bayo mu gihe abana b’abayobozi bo biyigira mu mashuri akomeye

Ikosa rya mbere rikomeye: Uburezi kuri bose

Mbere y’ubu butegetsi bwa FPR-Inkotanyi, mu Rwanda hari Politiki y’uburezi itajegajega, yari igamije koko guha umunyeshuri ubwenge, ku buryo ibihugu bituranye n’u Rwanda rwose byari bizi ko mu Rwanda hari uburezi. Abaganda bari baziko Abanyarwanda ku mibare n’ibindi byitwa siyansi ari abahanga cyane. Sisitemu yariho yagenderaga ku Bubiligi na Kanada. Izo sisitemu z’ibyo bihugu byombi zitwa sisitemu so kurema intiti (Systeme élitiste). Ibi ntibivuga ko ibi bihugu bidafite abantu benshi bize cyangwa ngo abaswa badashoboye kwiga igihe kirekore bajugunywa. Bagira amashuri yabo amara igihe gito, umuntu akiga umwuga umutunze, atari ngombwa kumara imyaka itandatu yose. Muri ibyo bihugu icyo bitaho ni ukugira abarimu b’abahanga, abo bahanga bakazakora abandi bahanga. Abadashoboye kwiga, bagashyirirwaho amashuri y’ihige gito. Aha niho Leta ya FRP-Inkotanyi yibeshye maze yumva ko umwana wese ashoboye kwiga amashuri atandatu, akajya kaminuza. Nibwo hagiyeho ibyiswe uburezi kuri bose. Ubwo burezi kuri bose, rwazanye n’uruvangavange rw’ibintu byinshi byatumye koko uburezi bw’u Rwanda buba “agatogo”. Nyamara hari n’ababaye Abaminisitiri n’ubu bakiri abayobozi bize muri sisitemu ya mbere ya Leta y’a FPR-Inkotanyi. Hari nka MUJAWAMARIYA Jeanne d’Arc yize mu Rwanda, Dr. Vincent BIRUTA… Kuki batabonaga ko sistemu y’uburezi ababaga bakuriye ipfuye? 

Imitangire y’amanota no kwimura bose 

Hamaze gucibwa iteka ko uburezi ari ubwa bose, hatekerejwe uburyo abo bose bashorerwa mpaka barangjie amashuri yisumbuye. Nibwo hajeho uburyo bushya bwo gutanga amanota, aho umarimu agomba kubaza ku buryo abanyeshuri bose batsinda. Ibyo ntibarekeye aho, basabye ko neneho n’abatsinzwe, ni ukuvuga abagize amanota ari munsi ya 50%, nabo bashobora kwimuka. Aha habonetse ingaruka zikomeye cyane. Umwana yigaga ntabyo yitayeho kuko yari azi neza ko nubwo yatsindwa azimuka. Aha ikintu cyaheshaga umwana wa kera icyubahiro kiba gitaye agaciro. Umwarimu nawe bari bamutesheje gaciro kuko umwana aba aziko mwarimu bazamutegeka kumwongerera amanota cyangwa se nubwo yatsindwa akazimuka, ngiryo ishyano ryaguye bwa mbere. Twibutseko mbere ya 1990, umunyeshuri atashoboraga kwimuka hari amasomo arenze abiri mu masomo ajyanye n’ibyo yiga yatsinzwe n’ubwo yabaga afite na 60%. Yarasibiraga ufite amanota ari munsi ya 60%, ariko watsinze byose akimuka. Njya kwiga muri Kaminuza y’u Rwanda, muri 1992 nasanze mu mwaka wa mbere umuntu wari wasibijwe n’amasomo abiri gusa, ariko rimwe muri iryo ryari ryakuweho. Kwimukana isomo watsinzwe muri kaminuza y’u Rwanda byasabaga kuba ufite byibuze 12/20 kandi iryo somo rikaba ritarengeje amakeredi 2, nabwo wagizemo byibuze 8/20, bitaba ibyo warasibiraga. Uwashaka kumenya ukuri kuri ibi yabaza urubanza rwa Mwarimu RWASUBUTARE Jean Bosco n’Umunyeshuri NGOBOKA Jean Paul. Isomo ry’amakeredi 2 ryatumye asabwa gusibira mu mwaka wa nyuma wa Kaminuza y’u Rwanda i Nyakinama amwigizaho nkana kubera ikibazo cy’amoko. Yarasibiye kubera isomo rimwe, dore ko yari yararangije no gusobanura igitabo (Défense de la mémoire), akabonamo amanota menshi cyane. Ubu ubikoze byakwitwa ukundi. Ubu umuntu yimukana amasomo akajya asubira inyuma kuyakora! 

Amasegisiyo uruhuri

Mu rwego rwo kujijisha no kugaragaza ko ahari ikiri gukorwa, mu Rwanda haje ibyigwa (sections), twavuga ko ntacyo zimaze uretse gukangaranya abantu gusa. Uwayavuga ntiyabona aho ayandika. Uyu munsi iki kikaba cyaje, ejo bakakivanaho. Ibi byatumye abantu barangiza amashuri yisumbuye nta kintu kizima wamubaza gukora ngo akikwereke. Kuri aya masegisiyo, hiyongeyeho kwa kwiga abana bataha iwabo, mu mashuri yiswe Imyaka 12 y’ibanze(12YBE). Iyi myaka yabaye indiri y’ubuswa kuko ku ikubitiro nta barimu bari bahari, abarimu bigishaga amashuri abanza bamwe bahise batangira kwigishamo mu gihe vuba na bwangu Kaminuza yaririrmo gukora abarimu bafite impamyabushobozi y’urwego rwa mbere rwa kaminuza. Nk’uko nabikomojeho, mu bizamini bya Leta bitangwa harangiye icyiciro iki n’iki, hari amashuri yashobora kutagira n’umunyeshuri n’umwe watsinze. Njye ubwanjye ubabwira, muri 2016 nafashe urutonde rw’abanyeshuri bagera kuri 240 b’Ikigo cyitwa Nyamugari mu Karere ka Ngoma, nsanga nta munyeshuri n’umwe watsinze ngo agire amanota yazamujyana mu mashuri yandi atari aya 12YBE. Abana nabo bigaga icyo gihe muri ibyo bigo bigaga bazi ko ari abo mu rwego rwa nyuma, bakajyayo ari ukugira ngo ababyeyi babo badahanwa. Abo bana usanga barangije amashuri yisumbuye atazi no kwandika. Ngabo abo Leta y’u Rwanda yikirigita igaseka ngo ifite abantu bize kandi  batashobora no kwandika ibaruwa isaba akazi! Ngabo abashomeri Leta ivuga ko ifte nyamara n’uwahimba akazi akaba atamenya ako abahimbira.

Kwiga icyongereza

Icyemezo cyaje gisonga umupfu wari ugisambagurika, ni icyemezo cyo kwigisha mu rurimi rw’icyongereza. Ni icyemezo gihubukiyeho kuko ingaruka zacyo zizashira nka nyuma y’imyaka 50. Icyambere umuntu yavuga ako ari icyemezo gicuritse, ntabwo washyiraho kwigihsa mu cyongereza, uwo usaba kucyigishamo atazi na mwaramutse mu cyongereza? Ubusanzwe hagombaga kubanza guhugura abarimu, nyuma bamaze kugira icyo bamenya, bakabona ubushyiraho kucyigamo.. Bivuga ko abarimu bashyiriweho amahugurwa ari nako baswaba kuza guhita wigisha. Ibi byageze muri Kaminuza y’u Rwanda bihateza akavuyo; nyamara bo bari barabanje gushakisha igisubizo bashyiraho ishuri ry’indimi. ugiye muri Kaminuza z’u Rwanda yanyuragamo. Ako benshi bagashimira Minitiri MULIGANDE dore ko abanyarwenya icyo cyiciro cyo kwiga indimi cyitwaga EPLM, bakibyiriye “Ecole Primaire Libre de Muligande”. Nubwo wumvako cyari gisuzuguwe byibuze cyari igisubizo cyiza cyashoboraga gutuma u rwanda rukomeza kugira abo barimu b’intiti bize mu Gifaransa, ab’icyongereza bakaziramo maze u Rwanda rukagira intiti zisohoka muri kaminuza zivuga izo ndimi zombi. Icyabaye ni uko abarimu batirukanywe, bahawe amahugurwa y’icyongereza, ariko iyo urebye, kimwe na bagenzi babo bo mu mashuri yisumbuye, biyigishiriza mu Kinyarwanda!

Gutesha agaciro amashuri

Mbere y’uko Paul KAGAME atesha agaciro Kminuza y’u Rwanda, yita abarimu baho injiji bugacya yoherezayo Prof KARWANGWA Chrysologue kwirukana Intiti zarimo zikoresha igifaransa zikabeshyerwa ko zishaje, Kaminuza y’u Rwanda, cyane cyane Ishami rya Butare, yarubahwaga cyane yemwe no mu zindi kamiza za Leta nka KIE na KIST. Ku buryo abanyeshuri bigaga KIE na KIST rwose bafataga UNR, nka bakuru babo. Kaminuza zigenga zo zari zarakuye ingofero ariko Politiki yo kwirukana, abarimu bakoze muri sistemu za kera byatumye Kaminuza y’u Rwanda ita agaciro mu gihe hari kuza izo mu mahanga zikomeye zigwamo n’abana bakomeye. Izo Kaminuza ni nka University of Global Health Equity I Butaro, Carnegie Mellon Uviersity in Rwanda. Nyamara mbere abana ba Minisitiri bahuriraga n’abana bikuriye mu cyaro hasi muri Kaminuza y’u Rwanda i Butare cyangwa I Nyakinama bakigana, bakabana mu macumbi amwe. Ibyo byatumaga basangira no kumenya isura y’Igihugu bari kwitegura gukorera, ibyo bikavamo no kunga ubumwe ariko ubu harimo haravuka itandukaniro  u myigira y’abana b’u Rwanda, ubwo no mu bana b’u Rwanda, ku buryo mu minsi iri imbere hari diporome zitazajya zihabwa akazi kubera ko zatanzwe na Kaminuza zitazwi. Gutanya Abanyarwanda kurenze uko ni ukuhe?

Minisiteri utamenya umubare w’abaminisitiri

Kimwe mu bindi bintu bituma ireme ry’uburezi ritakara ni imicumgire y’iyi Minisiteri. Minisiteri y’uburezi niyo Minisiteri idashobora gusigara iyo habaye impinduka muri guverinoma, kubera akajagari kenshi kugeza ubwo noneho na Perezida Paul KAGAME, atabyihanganira akabaza abayoboraga iyo minisiteri imikorere yabo. Ubwo ni ejobundi muri 2017, ubwo yayoborwaga na Papias Musafiri MALIMBA muri 2017, byagaragaraga ko we n’Abanyamabanga ba Leta babiri baba muri iyo Minisiteri, ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye n’ushinzwe ubumenyingiro badashyira hamwe. Nyuma ya Papias MALIMBA haje Dr. Eugene MUTIMURA, guhera mu mpera za Gashyantare 2020, ubu hari Dr. Valentine UWAMARIYA. Ni umwitozo ukomeye kuba wamenya abaminisitiri bose basimburanye muri Minisiteri y’Uburezi ariko barenga 15. Urebye  buri minisitiri azana agashya ke, noneho kukumvihanaho n’abanyamabanga babiri iyo minisiteri igira, akenshi bikananirana.

Ingaruka zo gutakara kw’ireme ry’uburezi ni nyinshi cyane, haba ku barerwa, ku miryango yabo, ku muryango nyarwanda muri rusange. Igihugu ntabwo cyatera imbere neza kandi vuba kidafite abahanga benshi, kidafite abayobozi barezwe cyangwa bize neza, kidafite abashakashatsi, kidafite abakozi bafite ubumenyi buhagije. Hari imirimo iboneka mu gihugu igakorwa n’abanyamahanga, kubera ko nta bumenyi n’abahanga bihagije dufite. Ibigo byinshi nk’Ikigo cy’ingufu(REG) gikoresha ibiro by’abikorera cyane (Consultance), ukaba wakeka ko nta bakozi gifite. Barimo ariko ntibashaka gukora cyangwa ntibazi icyo gukora. Ibyo byose rero bituma hari amafaranga menshi asohoka, hari nk’agura ibikoresho twakagombye kuba twikorera hano iwacu, ariko nta bumenyi buhagije dufite. Itakara ry’ireme ry’uburezi rizatera igihugu kugira abashomeri benshi. Urugero rufatika ni urwa Minisiteri y’uburezi ubwayo yatanze ibizamini ku bapiganira imyanya mu burezi. Minisiteri yasanze 85% batsinzwe, bibuze ko nta bumenyi n’ubushobozi bari bafite. Ariko byarangiye bahumirije babashyira mu kazi: ni ugufata impunyi ngo iyobore indi, zose zirangirira mu rwobo. Ngaho aho ikibazo cy’ireme ry’uburezi kirimo kiganisha igihugu cy’u Rwanda, abantu benshi bize ni byiza, ariko abo bantu bize nta bumenyi ni umutwaro ku gihugu no kuri bo ubwabo. Ibyo ni byo bigiye kubyara ubushomeri ku bantu biyita ko bize, kandi ubushomeri bubyara ibintu bibi gusa harimo ubujura, uwambuzi, uburaya,ubwonazi, ubusinzi. Abo bantu ariko kandi ni pepiniyeri yo kuvanamo abarakare bashobora no kuvamo abanzi b’igihugu.

Umwanzuro

Muri rusange uburezi bw’u Rwanda bwarazambye, ireme ryarapfuye kandi ibyo byose bigira ingaruka zikomeye ku muryango nyarwanda no ku gihugu ubwacyo. Uhereye mu muryango kubera ibibazo byamunze umuryango nyarwanda birimo amakimbiranye anyuranye, ubukene, abana ntibatekanye bityo ngo bige batuje. Iyo bageze ku ishuri ibibazo biriyongera kuko akenshi bigishwa n’abarimu nabo badafite ubuhanga nyabwo bitewe n’uko bize nabi cyangwa uburyo bahawemo akazi ari ikimenyane. Mwarimu kandi ntabwo ashishikariye umurimo we kubera ko, mwarimu wahoze asangira na Burugumesitiri, bakabyarana abana muri batisimu, ubu ntiyakandagira ahi meya yicaye kuko ubu umushahara we usigaye ugereranywa n’uw’abacuruza ubunyobwa, mwarimu ntiyishimye. Iyo agiye kwigisha bwo asanga integanyanyigisha zihabanye n’ubumenyi bw’abana, agategekwa ahubwo gutanga amanota y’ubusa. Umwana w’ubu ashobora kurangiza kwiga atabonye ku gitabo cy’imfashanyigisho cyangwa igitabo kimugeraho kikaza impitagihe integanyanyigisho yacyo yarahise kera.

Ibi byose ariko usanga byarazambijwe na politiki yo kwiga kuri bose yazanywe n’ubutegestsi bwa FPR-Inkotanyi kuko mbere mu Rwanda hari sisitemu yo kwiga yaremaga intiti nyazo, zikabonerwa n’akazi. Amavugurura anyuranye ajyanye n’imyimukire y’abana, aho kwimuka amanota atitabwaho byatumye abana bumva amanota ntacyo avuze, akabona yakwiga atakwiga n’ubundi azimuka. Nyamara ibyo byose byo kuzambya uburezi bw’u Rwanda biba mu gihe Igihugu cyafunguriye amarembo kaminuza zikomeye zo hanze. Izi kaminuza zihenze zigwamo n’abana b’abifite. Ng’uko uko hagati y’Abana b’u Rwanda hagiye kuzamo urundi rwobo rubatandukanya.

Leta y’u Rwanda yarikwiye kwicaza abahanga bayo mu burezi, abo baminisitiri bayoboye iriya minisiteri, dore  ko ari benshi cyane bakabashyira ahantu, nka cya gihe cy’ibiganiro byo muri Village Urugwiro n’ubwo ibyavuyemo bitakurikijwe, maze bakavugutira umuti ikibazo cy’uburezi bw’u Rwanda, bamwe bwagiye butakariza ireme mu biganza byabo. 

Abavugwa ko biyahura, Abapolisi barasa Abaturage n’Abayobozi babakubita! Byose kubera iki?

N’UWICA UNDI AZAPFA | UKO UMUNTU YAKOMERA KOSE TWESE TUZAPFA | GASTON YABANYE NA HABINEZA JOE

“Joe” Habineza asize nkuru ki imusozi?

$
0
0

Yanditswe na Albert MUSHABIZI

Ambasaderi “Joe” nk’uko ako kazina yakundaga kukitwa, ni umwe mu banyarwanda b’ibyatwa, basize izina mu muryango nyarwanda. Uyu mugabo yavukiye ku Kamonyi, kuwa 3 Ukwakira 1964, atabaruka kuwa 20 Kanama 2021, ku gitanda cy’uburwayi, i Nairobi muri Kenya. Uyu mugabo akaba yarakoze imirimo myinshi itandukanye. Ni umugabo ufite ibyo yareberwaho mu buzima bwe, byaba ibyo kugaya no kwirinda, cyangwa se gushima no kwiganwa, kubera ko mu bihe yabaye uwa rubanda (public figure), afite inshingano agomba abaturage, yari umugabo ufite udushya runaka tw’imijyo yombi, hejuru no hasi (ups and downs). 

“HABINEZA wayoboye inshuro ebyiri zose, Minisiteri igoye cyane, kubera kuba igicumbi cy’amatiku n’isibaniro ry’indira-karame, ari umudabagizi utazi kubyina naryo (ishyari)!”

Mu migani mbwiriza-mico, umunyarwanda yagize ati: “kugenda ni ngombwa ngo bitere kubona, ariko kubona si ngombwa ngo bitere kugenda!” Uyu mugabo wigiriye amahirwe mu buzima bwe, yo kuvukira mu rugo rufite amikoro no gutunganirwa, akirangiza Kaminuza yaje gukora mu cyitwaga ELECTROGAZ, nyuma y’aho aza kubona akazi keza cyane karuseho, mu wa 1989 ko gukora muri BRALIRWA, akazi kamuhaga umushahara ukubye kabiri uwa Ministiri w’icyo gihe; dore ko Abakozi ba Leta bo mu nzego zo hejuru icyo gihe batayorerwaga ku gitiyo naho abo mu nzego zo hasi bagwa isari nk’uko bimeze ubu! Muri Gicurasi 1994 yaje kujya gukorera Heineken i Kinshasa, ahava ajya guyikorera na none muri Nigeria mu wa 1998 yavuye mu wa 2004 agirwa Ministiri bwa mbere.

HABINEZA yagiriwe igikundiro n’Inkotanyi gishingiye ku bikorwa by’ingenzi, byakabaye nka bibiri. Ubwa mbere ni mu gihe yajyanaga n’ikipe ya Volleyball y’i Nyamirambo mu mukino wa gicuti n’Inkotanyi zari ku Murindi, bikamuviramo guhunga agasubira ku Mulindi, indege ya HABYARIMANA ikaba yararashwe, ndetse na Jenoside ikaba ariyo ari. Ubwa kabiri ni igihe ikipe y’Igihugu yagiye gukina muri Nigeria, agikorayo, maze abonye ko abakinnyi bafashwe nabi, abashakira uburiro n’amacumbi byiza yishyuye ku giti cye, abavanye mu ibyo bari bagenewe atashimye.

Mu wa 2004, nibwo HABINEZA yagizwe Ministri bwa mbere muri Guverinoma. Akigera muri Minisiteri yahawe inshingano zo guteza imbere sport ku buryo bugaragara, cyane cyane akazamura umupira w’amaguru; inshingano yagerageje kugeraho, urebeye ku bigwi by’igihe cye mu mupira w’amaguru! Nyamara kandi, abari bafite aho bahurira na Minisiteri ya MIJESPOC uko yitwaga icyo gihe, ntibazibagirwa ko minisiteri yari igizwe n’amashami atatu ariyo urubyiruko, sport n’umuco, hasigaye hakora ishami rimwe rya sport, ayandi abiri asigara ari baringa, akora udukorwa duke twa nyirarureshwa, abakozi bayo bakirirwa bikinira udukino two kwimara irungu two muri mudasobwa, abagakoreye hanze y’ibiro bakirirwa baturamye babuze uburyo, benshi muri bo bagatondera kureba filimu z’uruhererekane, bifunze utuzindaro mu matwi. Ishami ry’urubyiruko ryaje kwimurirwa muri Minisiteri nshya y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga, amashami asigara ari abiri mu icyahindutse MINISPOC, ariko na none umuco wararyamiwe na sport. “Budget” yagakoze imishinga na gahunda zigengwa n’iteganyabikorwa ryo mu ishami ry’umuco, ikayoberezwa muri sport, ngo imihigo HABINEZA yahawe na KAGAME ikunde ishyike.

Ku ibigendanye n’ibikorwa nk’amaserukiramuco, irushanwa rya Nyampinga, gusohoka kw’itorero ry’igihugu hanze y’igihugu, hitabazwaga gusaba inkunga mu miryango itagengwa na Leta, za Ambasade n’amasosiyete manini yo mu gihugu… Byaba byenda kuba iyanga, hakitabazwa ku munota wa nyuma isanduku y’umukara (caisse noire) yo muri Prezidansi, itagira indiba kubera ko ibamo ibifaranga byinshi, bikunze kwiharirwa mu busanzwe n’imishinga kirimbuzi y’inzego z’ibanga, no kudahwamo n’urugo rw’umukuru w’igihugu, hagamijwe isesagura no kwigwizaho umutungo!

Iyi Minisiteri ikaba ari rumwe mu nzego zinyereye cyane mu gihugu cy’u Rwanda, kubera yiganjwemo n’Abajepe (abatahutse bava i Burundi) bo mu ibisigisigi by’ibihe by’intsinzi, aho uwayoboraga urwego runaka yarundagamo ab’aho yatahutse ava, wagera muri urwo rwego ukaba wakibeshya ko uri muri kimwe mu bihugu bituranyi n’u Rwanda, ukurikije ko ibiro bigwiriyemo indobanure zaturutse hamwe! Iyi Minisiteri kandi igwiriyemo imishinga igaburira Inkotanyi zitabashije gukungahazwa kubera ikibazo cy’ubumenyi (kwiga), kuva ku rugerero, kugirana isano n’Inkotanyi zaguye ku rugerero… Aba nabo baba bajagata muri iyi Minisiteri bakahatonda buri munsi, kandi nta kazi bahagira, bakirirwa bacurira amatiku mu biro byinshi cyane bihabwa Amashyirahamwe ya baringa (iyi minisiteri ikorera muri sitade ahari ibyumba byinshi by’umurengera).

Joseph HABINEZA ukunze kwisekera, gutebya, no kwisanzura kuri bose, akagira n’igikundiro ku bo mu rwego rwe n’abamurenze, barimo na Prezida wa Repubulika; yageze muri MIJESPOC bakamusekera imbereka ari nako bamucurira amatiku! Ku ikubitiro Umunyamabanga we wihariye, aba arameneshejwe ashinjwa kuba inshoreke ya Minisitiri, ariko mu iby’ukuri azizwa ko ari umuhutukazi, ufite na se wafunzwe n’inkiko gacaca. HABINEZA azanye umusore w’”umusaggya” (wavuye Uganda) kumumusimbuza, noneho babuze icyo bamurega, batangira kumushinja ubutinganyi n’uwo musore; nyamara ubwo HABINEZA yeguraga bwa mbere mu wa 2011, wa musore bashinjaga ubutinganyi na HABINEZA, ahita ashingwa ubuyobozi bw’ishami ry’umuco (ishami ry’umuco ibaze nawe) akubitwa icyuhagiro ntiyongera gutotezwa no kubuzwa amahwemo, kubera ko uwo yaziraga atifuzwa yari abaviriye aho, uyu baje no kwirukananwa  mu wa 2015!!!

Ibyaasha bitavuzweho rumwe!

-Gutanga Minisitiri mugenzi we amurega i bukuru akaviramo kwirukanwa muri Leta.

Hari mu mihango yo gusoza icyunamo ku rwibutso rwa Kigali “Gisozi Genocide Memorial Site”, ubwo HABINEZA yatangaga imbwirwaruhame nka Ministiri uyoboye Ministeri ifite icyunamo mu nshingano zayo. Ngo nibwo mugenzi we Ministiri w’Ibidukikije w’icyo gihe Drocella MUGOREWERA yamwohererezaga ubutumwa bugufi ku nziramugozi (Mobile) amagambo (nk’uko byahwihwishijwe) ngo yaba arimo ingingo nka “Jya uvuga uziga… ubona twebwe abahutu tuzaba abande!?” Ubwo butumwa ngo HABINEZA akaba yarahise abusunikira KAGAME uko bwakabaye, yongeyeho amagambo (nk’uko byahwihwishijwe) abunenga agira ati: “Ndebera nawe imyumvire ya ba Ministiri bawe!?” Iyo myitwarire yaje no kuviramo kwirukanwa muri Leta kwa Ministiri Drocella MUGOREWERA; yarakaje abantu benshi, cyane cyane bo mu bwoko bw’abahutu, nuko baramutuka biratinda! Nyamara kandi ntihabuze na benshi na none bavuze ko ku muntu uzi neza imikorere y’Inkotanyi, n’ukuntu ishyari no kunekana biba birikoroza; nta gihamya na kimwe HABINEZA yari kugira kimwizeza ko ubwo butumwa utaba ari umutego yatezwe n’inzego z’ibanga zinyuze muri MUGOREWERA! Ikindi kandi inziramugozi ya Habineza yari ifitwe n’umurinda (ushobora kuba yari anashinzwe kumuneka) kandi nk’umuntu usobanukiwe iby’ikoranabuhanga yari azi neza ko iyo nziramugozi yahawe na Leta y’Inkotanyi nta kuntu yaba idakurikiranirwa hafi n’inshingamatwi zo mu butasi. Ababyumva batyo banenze MUGOREWERA, ko ibyo yajyaga gushaka aho abimuganiririza bari babiri cyangwa akamutumaho umuntu yizeye, kurusha uko yabimusunikira ku nziramugozi itizewe; ndetse bashima HABINEZA ko agira amakenga!

-Gukunda inkumi

Nk’icyaha cyamweguje bwa mbere mu wa 2011, HABINEZA yagiye yumvikana mu biganiro n’Itanganzamakuru, adahakana ko akunda inkumi, ko nta n’icyo yaba anazihora; ariko ko amafoto yabaye intandaro yo kwegura mu wa 2011, yari inkuru ishingiye ku rwango, na cyane ko ibyo byari bimaze imyaka 3 yose bibaye mu wa 2008. Yasobanuye ko amafoto yafashwe ubwo yari yagiye mu isabukuru y’umwe muri ziriya nkumi zayagaragayemo, kandi ko uretse gusangira no kwifotozanya, wenda mu buryo abantu banenze ukwabo, nta kindi cyari kirenze kuri ibyo. Igihe cyose yabikomojeho, wumvaga ababajwe cyane, no kuba inkuru zarongerwagamo umunyu, wo gusesagura umutungo w’igihugu, kwanduza abangavu ibyorezo… Ababa bazi imico y’Inkotanyi zo mu nzego zo hejuru, bashobora kutiyumvisha ukuntu HABINEZA ariwe wari kuzira iki cyaha, mu gihe ubusambanyi bwahawe umugisha na Leta ya FPR-Inkotanyi, nk’uko inkuru ya The Rwandan yabituviriye imuzi 

-Ubusinzi

Nk’icyaha Leta yamwirukaniye ubwa kabiri mu wa 2015, HABINEZA umugabo uteye ukwe, na none kandi yagiye yumvikana mu mvugo nyinshi, nk’umuntu udakeneye guhisha ko yikundira ka manyinya! Ntiyanahishaga mu biganiro byo mu ruhame, ko ari umuntu wafashe nk’umugisha ukomeye kuba yarakoze imirimo, ifite aho ihuriye n’inganda z’agasembuye, aho ngo yashoboraga kuba yakandikirwa nk’amakaziye icyenda ku kwezi y’ubusa! “Ndaje nkorane namwe mwa rubyiruko mwe, nimunanira nzisubirira muri BRALIRWA kwinywera byeri… Njye ubu umurimo w’ubuministiri unaniye, sinahanyanyaza nakisubirira muri BRALIRWA kwinywera byeri…” Imvugo nk’izo n’izindi zisa nkazo, ntiyatinyaga kuzivuga mu mbwirwaruhame, aho avuga nka Ministiri, akaba kandi umugabo ukunda gusengera cyane, yakwizihirwa agatebya, agatera inzenya imbavu z’abataramanye nawe zikahabonera akaga! Ubwo yashinjwaga ubusinzi mu birori bya Miss Rwanda 2015, ni umutego wari wateguwe neza cyane, n’abanzi be bamurwanyaga; maze bamugusha mu ikosa rya “protocole”, ryo guha ikaze umushyitsi mukuru (Madame Jeannette KAGAME) ngo atange imbwirwaruhame mu gihe nyacyo, iby’uyu mutego nabyo twabisanga mu nkuru ya The Rwandan

-Kudabagira muri “business” y’amakaroni “Pasta Joe” ikamuhombera.

Hariho na none abanenze HABINEZA ko ariwe wiyiciye business yari yatangiye y’amakaroni, agira intege nke zo kwizera cyane, no gukorera mu bunyamwuga butamenyerewe mu Rwanda. Aha abavuze ibi babitewe n’uko yakunze kugemura za “Alimentation/supermarket”, cyangwa se ayandi maduka aranguza ibyo kurya, akaza gufata kuri “store” ye ngo azishyure hanyuma, noneho bakamwambura, kandi ntagire n’umwe akurikirana mu butabera. Ibi akabigira mu gihe “inyemezabuguzi yo kuzishyura nyuma” kuri sosiyete mufitanye amasezerano yo gukwirakwiriza ibicuruzwa, iyo itishyuwe ari ikimenyetso gihagije mu rubanza rw’ubucuruzi. Ariko icyo birengagije ni uko mu Rwanda rw’Inkotanyi, iyo “business” yawe itifuzwa hagamije ko ibangamiye izindi z’ibikomerezwa biri ku ibere ry’ingoma, cyangwa se hagamijwe kwibasira nyirayo ugomba kubuzwa amajyo n’ingoma, ntacyo wakora na gito ngo kigende, kubera ko utegwa imitego yo kuguhombya mu buryo wakoramo ubwo ari bwo bwose. Mu iby’ukuri “business” ya za “alimentation/supermarket” ikorera mu muco wo kugemura, no kujya gusarura ayacurujwe yakuweho inyungu y’uwagucururije, haba hari ibyawe byanze kugurwa cyangwa byarengeje igihe, ukabisubizwa uko byakabaye. Ibyabaye kuri HABINEZA rero, ni uko yanyazwe n’abacuruzi banini bamenyereye uwo muco, ku bw’akagambane yakorewe na FPR-Inkotanyi, yamuciye hasi muri abo bacuruzi; maze yamara kubirabukwa agacika intege, aterera iyo, na cyane ko yari yibutse ingata amenye! Akihitiramo guteza ubwega ko yambuwe mu biganiro n’itangazamakuru.

-Kudatanga umusaruro nk’icyaha RADIANT yamwirukaniyeho umwaka ushize.

HABINEZA ukunda kwegerwa n’Itangazamakuru, yewe n’iryo mu nzego ziciriritse ntagire uwo asubiza inyuma, na cyane ko igitangaje mu buzima bwe yitaba abantu bose bamwakuye; yumvikanye mu bitangazamakuru yemera ukwirukanwa kwe muri “RADIANT” kandi ahamya ko nta mugabo udakosa, kuba yarabuze umusaruro yari yitezweho, abyemera kandi akaba akataje kureba ibijya mbere. Nyamara icyo yazize (kuziga) ntagishyire ku karubanda kandi akizi neza, ni uko umushinga we w’”Ubwishingizi buciriritse/Micro-Insurance” wakomwe mu nkokora n’undi wahise ko ushyirwa imbere na Leta wa “Ejo Heza” usa neza nk’intobo n’uwa HABINEZA wa “Radiant yacu” wakoreraga mu Ikigo cy’Ubwishingizi cya RADIANT, nk’uko mu kiganiro ”Ibyakozwe n’Intumwa” cy’Umuryango TV   guhera ku monota wa 45’45’’ kugeza ku wa 52’45’’ babivuye imuzi! Na none kandi muri iki kiganiro ku munota wa 54’25’’ kugeza ku wa 57’00’’, HABINEZA yigeze kwivugira ko yitegereje, agasanga buri munyarwanda wese aranganwa impamyabushobozi z’ikirenga (Phd) ebyiri : iya mbere ikaba “mutsindagire hasi/push him/her down”, mu gihe iya kabiri ari “mugarure hasi/pull him/her down”!

HABINEZA nk’umuyobozi wo hejuru w’umuhutu wifitiye icyizere, mu gihugu cy’abayobozi bo hejuru b’Abahutu basabitswe n’ipfunwe no guhakirizwa!

HABINEZA ni umwe mu bahutu bakoranye n’Inkotanyi, zimureheje nk’uko zabigiriye n’abandi. Icyakora umwihariko we ukaba ari uko mu mvugo ze yajyaga yumvikana mu ruhame mu mbwirwaruhame cyangwa mu biganiro nka Ministri; yigamba ko akazi bamuhamagariye nikamunanira, azisubirira muri  BRALIRWA kwinywera byeri! Iyo imvugo ubwayo irahimbye, kandi ku muntu uzi imico y’Inkotanyi ntiyavugwa n’umuntu utigirira icyizere! Muri make yari azi ko ibyo yahamagariwe byanze yakisubirira mu bindi, kandi ubuzima bugakomeza!

Ministri HABINEZA yanagaragaje imyitwarire yo kudatinya abahutu bagenzi be, ngo abagendere kure kugira ngo akunde arebwe neza n’Inkotanyi; nk’uko ari imwe mu ndwara y’abahutu bafite imyanya ikomeye muri FPR. Aba bakunze kwirinda gusabana n’inshuti n’abavandimwe babo, ahubwo ugasanga bihatira gushaka inshuti nshya n’abavandimwe b’abatsindirano bashya mu bwoko bw’abatutsi, mu rwego rwo kwigaragaza neza. Aba kandi barangwa n’ipfunwe ryo kwitabira amakwe n’indi mihango yabereye iwabo, ugasanga badashaka no gutabarwa igihe bagize ibyago ngo batajya ku ivuko na bagenzi babo, mu ipfunwe ry’uko bari busange bakomoka mu miryango ikennye, kandi y’ubwoko bugaragara nk’ubucagase mu myumvire ya gikotanyi.

HABINEZA kandi yashoboye kwemeza FPR, ko atagomba kuba mu ishyaka kubera ko bitari mu myumvire ye kandi abigeraho. Ibyo nabyo ni ubutwari bukomeye no kwigirira icyizere, kumvisha Inkotanyi ko FPR ari ishyaka nk’ayandi, atari umuryango w’Abanyarwanda nk’uko bayobya uburari, bashaka guhatira Umunyarwanda wese kuba mu muryango umwe rukumbi w’Abanyarwanda, ari wo FPR-Inkotanyi. Kuba yarinjiye mu butegetsi bw’Inkotanyi, asanzwe aziranye kandi ari inshuti y’Inkotanyi z’ibanze, zirimo Prezida KAGAME n’abawofisiye bamenyaniye ku Murindi barimo ba Gen Jean Bosco Kazura n’abandi.., ubwo yajyagayo nk’uko twabivuze haruguru, byatumaga abamwanga bamuca hasi bakamugambanira bamutinya. Icyakora icyo kuba yari atinyitse imbere y’inkotanyi ziciriritse zamucuriraga amatiku, byatumaga na none agira ibyago byo kutabasha kugira akanunu ku banzi be, kubera ko ntaho babaga basekuraniye imitwe, ngo bamusuzugure, bamwibasire cyangwa bamuteshe agaciro uko biboneye nk’uko babikorera abandi.

 HABINEZA atabarutse ku rupfu rukemangwaho byinshi, mu Rwanda rudahwema kwihekura!

Habineza ni umuhutu wagize ibyago byagize abahutu bashobora kubarirwa ku ntoki z’ikiganza kimwe, byo kwegerana n’umuryango w’umukuru w’igihugu Paul KAGAME! Ni umuntu wisanzuye mu rugo rw’umukuru w’igihugu aharebera imipira, n’abana b’umukuru w’igihugu baramumenyera cyane, kugeza ubwo umwe muri bo yajyaga ajya no kumusura muri Nigeria, aho HABINEZA yabaga ari ambasaderi, atakiri Ministiri! Ni umwe mu bahutu bake, bashobora kuba baraherekeje abo mu rugo rw’umukuru w’igihugu, mu nzinduko zihariye bwite (nk’iz’ubushabitsi, ikiruhuko cyangwa se imbonezamubano) zitari iz’akazi ka Leta. 

HABINEZA kandi ashobora yari yarinjijwe mu mikino y’ubusahuzi bw’umutungo w’igihugu, ashakira indonke amasosiyete urugo rw’umukuru w’igihugu rufitemo imigabane, binyuriye mu mishinga ya Leta! Imishinga nk’iya Miss RWANDA, kuzana ibihangange by’abahanzi n’abakinnyi b’ibihangange mu gihugu, amaserukiramuco n’iyindi mishinga ikusanya inkunga z’amasosiyete manini yo mu gihugu, iz’imiryango mpuzamahanga itagengwa na Leta, iya za Guverinoma cyangwa ambasade z’ibihugu bibanye n’u Rwanda; itanga amasoko ku masosiyete ashinzwe gushyira mu bikorwa imishinga nk’iyo (event organizer/protocol/public relations companies), kandi ayo masosiyete akaba azwiho kuba ari aya Madamu Jeannette KAGAME, n’ubwo aba yanditse ku bandi bantu! Muri kwa kurundanya zirya nkunga, gutegeka amasosiyete manini y’ubucuruzi uko agomba kwitabira gutera inkunga…;amasosiyete yashyize mu bikorwa iyo mishinga akiba agatubutse!

Ibya FPR-Inkotanyi byenda kumera nk’iby’abemerera muri Biblia, aho bavuga ko uwamenye byinshi azabazwa byinshi. Iyo ukoranye n’Inkotanyi, ukagira ibyago byo kwinjizwa mu mikino yabo ya za “mafia”, maze bwacya ugatangizwa inzira yo kumanurwa, no kuribwa n’ingoma, hatangira kutizera ko uzaba umugumyabanga mu inzira y’umusaraba uba utangiye. Bikaba ngombwa ko ucishwa iy’ubusamo, ngo ujye kubikanwa n’amabanga y’ingoma mu nda y’isi! Aha niho duhera tuvuga ko, uretse ibyasakujwe ko Nyakwigendera yahitanywe n’indwara y’igisukari, bitaba bikabije gukeka ko yaba ari ya mikino y’”utuzi”, yaba yarakoreshejwe mu kwikiza HABINEZA, na cyane ko imishinga ye agira hanze y’igihugu, nko muri za Nigeria, hari aho yari akigomba guhurira n’abambari b’ingoma bakiyinambyeho, kandi imico n’imiterere ye yaramuhaga intege nke zo kutabasha kubirinda. Na none urebye ibiganiro HABINEZA yagiranye n’Itangazamakuru, n’amagambo yakunze gutangaza kuri ku rukuta rwe rwa “Twitter” mu myaka ya vuba aha, ntiwahamya ko Inkotanyi zitaba zaramwizeho muri rya hame ryazo ry’uko “Aho guhusha (gupfubirwa n’umugambi wo kwica) inshuti ukekaho ko iri mu nzira yo kukubera umwanzi, byarutwa no kwikora mu nda wica inshuti yari ikikubereye inkoramutima!

HABINEZA asigiye somo ki Abanyarwanda bashukishwa ubuhendabana n’Inkotanyi, bakica imihamagaro y’akazi (carrières/careers) bari bamaze kubaka neza, ngo bagiye gutanga umusanzu wo kubaka igihugu, maze nyuma zabahinduka ntibagire igaruriro?

Joseph HABINEZA ahamagarwa kujya kuba Ministre muw’2004, yari umuntu ukorana na Sosiyete imwe mu iz’ibihangange ku isi ya Heineken; yarizewe kandi azwiho ibigwi byiza, nk’umutekinisiye ukurira ishami ry’ikoranabuhanga, mu bushabitsi bwa Heineken mu gihugu cy’igihangange muri Afrika nka Nigeria. Aho yari wa mugabo wamaze kubaka izina mu muhamagaro w’akazi ke, ari ku rwego rwiza, rumugenera ibyiza byose yifuza! Akimara kujya muri politiki y’Inkotanyi zifite uko zizwi mu “amanyanga”, “itekenika”, kubeshya, kuroga, gusahura… yahise yononekara anatakarizwa icyizere, ku buryo ubu kongera kubona umukoresha nka Heineken mu kazi ka tekiniki bitajyaga kongera gushoboka. Byongeye kandi politiki iramugaza igasaba gukoresha ubugenge n’amayeri (l’art de mentir); mu gihe tekiniki yo isaba kwibamo (focus) mu kazi, gushakashaka, gukuza ubumenyi ubugeza aho isi igeze… Aha niho bihera umuntu wabaye muri politiki avuye muri tekiniki; bimugora kuba umunyamusaruro iyo asubiye muri tekiniki. Aba yararemaye !

Muri politiki y’inkotanyi nk’uko twabikomojeho mbere, HABINEZA yambitswe isura y’ubusambanyi, y’ubusinzi, y’ubuswa muri “business”, no gukora imishinga idashinga (radiant). Ibi ubwabyo byamusubije inyuma mu ukwigirira icyizere, ari nayo mpamvu ibiganiro bye n’ibitangazamakuru ndetse n’ibyo yandikaga ku rukuta rwe rwa Twitter, muri ino minsi, byumvikanagamo amaganya no kutizera isi n’abantu bayo! 

Hari abareshywa n’Inkotanyi guta ibyo bari barimo bakaza gukorana nazo, n’ubundi bariraga ku mpembyi, ingo zari zibananiye kandi zibaruhije, bafite ubushomeri cyangwa imirimo itabakwiriye… Hari koko abajyayo ari amaburakindi! Ariko iyo isura yabo imaze guhindanywa n’inkotanyi, usanga barahungiye ubwayi mu kigunda. Abo abo wenda wapfa kubumva, n’ubwo hagati y’ibibi bibiri ubundi wagahisemo icyoroheje! Abo rero HABINEZA sibo yarimwo, ubwo yareshywaga n’Inkotanyi mu wa 2004.

Icyo twarangirizaho ni uko mu mikorere y’Inkotanyi, ari abahizi b’akamiya, ku buryo iyo ugafite bakora uko bashoboye bakaguhuza, bakakagukuraho mu buryo bw’ubwenge. Kaba ako wari usanganywe cyangwa ako baguhembeye ibyo wabakoreye, bakora uko bashoboye bakaba bagafiteho akaboko. Ibi si amagambo, kubera ko uyu mukino umaze no kugaragara no ku Abanyamahanga babeshywa kuza gushora mu Rwanda, bagahombeshwa, bagasubira iwabo bibashobeye ari ba nyakujya, baragiye mu rwa Gasabo ari abaherwe b’Abashoramali. Mu gihombo HABINEZA yatewe n’Inkotanyi, ntihabuzemo n’uburyo bwe bw’amafranga, yaba yarashoye mu kugura imigabane mu mishinga y’ishoramari ya FPR, yo kubyara inyungu mu gihe kirekire, ishashagirana nyamara ari ubusahuzi no gucuruza amadeni, kuri banki za KAGAME nka Bank of Kigali, batishingiye ko imishinga agurijwe izahomba, bipfa kuba gusa Banki itazabura ayayo yose n’inyungu ayagombwa. Agapfa kaburiwe ni impongo!

Uretse ibyatangajwe ku mbuga nkoranyambaga bigaragaza akababaro no gukundwa byagaragajwe n’abantu batandukanye b’ingeri zose, b’amoko yose, baba ari abashyigikiye ubutegetsi cyangwa ababurwanya, umunyamakuru akaba n’umusesenguzi, Robert Mugabe mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru Ukwezi we yamugereranyije n’Umwami Mutara III Rudahigwa avuga ko bombi bakunzwe n’abanyarwanda bose, ko nta bandi banyarwanda bageze kuri uru rwego rwo gukundwa n’ingeri zose z’abanyarwanda!

Ambasaderi Joseph HABINEZA, warangije urugendo rwawe kuri iyi si, Imana ikomeze iguhe iruhuko ridashira, wari inshuti ya bose nk’uko Umuhanzi Jean Paul SAMPUTU atabisobwe mu karirimbo yagutuye kumvikanira kuri uyu muyoboro

 

IMPUNZI ZIVA MURI AFGHANISTAN: UBUCURUZI BUSHYUSHYE KURI LETA Y’INKOTANYI, N’INGARUKA ZIZASHARIRIRA ABANYARWANDA BARIRA KU MPEMBYI!

$
0
0

Yanditswe na Albert MUSHABIZI

U Rwanda  rumaze kumenyerwa, mu bucuruzi bw’abantu bwambitswe isura y’ubutabazi; bwo mu isi ya none! Ubucuruzi bw’abantu buhwanye no kubateza akaga, ku nyungu runaka; maze amakuba akabagwirira abagwabiza, mu gihe abayihishe inyuma bo, bayabaramo igishoro kizababyarira inyungu y’umurengera mu gihe kiriho cyangwa se cy’ahazaza! Kuva ku mpunzi z’Abanyekongo mu ntambara 2 zayogoje Kongo kuva mu mwaka w’1996. Yewe ndetse n’impunzi  z’Abarundi kuva mu igeragezwa ryo guhirika ubutegetsi bwa Prezida NKURUNZIZA mu w’2015. Izi zose u Rwanda rukaba rwarazifasheho ingwate zo n’inyeshyamba zo guhungabanya ibihugu byombi. Izi mpunzi z’ibihugu byombi zikaba na “pépinières” zo gusaruramo abasore bo gushora mu ntambara zidashinga ibyerekezo… 

Twongera kubona na none Inkotanyi mu bushabitsi na Israheli, rurwanira abimukira birukanwaga muri icyo gihugu, ku kamiya gashyushye kandi gafatika. Inkotanyi na none zitsindira ikiraka cyo kwimurirwamo abimukira bari barakwamiye muri Libiya. Mu minsi ishize naho, twumva u Rwanda mu bushabitsi na Denmark, mu kwimurirwamo abasaba ubuhungiro muri icyo gihugu batifuzwayo, ngo bajye batunganyiririzwa amadosiye yabo yaka ubuhunzi bwa burundu, bakambitse iyo gihera mu rw’Imisozi igihumbi… None ubu icyashara gishyushye ni icy’impunzi ziva muri Afganistan.

Impunzi zihunga ubutegetsi bushya bw’Abatalibani ni bande, kandi se kuki bari imari ishyushye kuri Leta y’Inkotanyi!?

Leta y’Amerika yari itangiye kwitarura u Rwanda mu myaka ya vuba aha, yararurekeye kwivurugutana n’umukomisiyoneri wayo, ariwo u Bufransa! Nyuma y’aho iki gihugu gitangiye guhindura umukino wacyo mu bihugu by’abarabu, aho cyari cyarigize umupolisi ku gatuza; cyaje kwibona gisiga abambari bagifashije umukino mu kangaratete, mu ntangiriro z’uku kwezi. Ibyo ni aho igihugu cya Afganistan cyongeye kwigarurirwa n’Abatalibani bahoze kera ari abambari ba US, bakaza kudacana uwaka, kubera impamvu zo kudahamya neza mu nyungu zacyo (US).

US cyiyumvishije ko gifite inshingano kuri abo bambari bacyo b’abafugani, biganjemo abanyapolitiki, abasirikari, abakozi ba Leta n’imiryango yafashaga US n’ibihugu byari bigiteye ingabo mu bitugu, kwigarurira igihugu cya Afganistan, mu bukoloni bw’indi sura, y’igihe cya none. Abo bambari bakaba baratunguwe no gufata Leta kw’Abataliban badacana uwaka, bakadagadwa bakeka ko batabacira akari urutega. Prezida Joe BIDEN yarahiye ko kuba Abatalibani bigaruriye Afghanistan mu gihe gito kandi gitunguranye, bitahindura umugambi wabo wo kugisohokamo, ko ibyago bahagiriye bihagije ubutongera kwijandikayo, ko cyakora bazafasha mu guhungisha abafitiye impungenge ku mutekano wabo ku ngoma nshya, bahanganye igihe kitari gito. Gusa kubera ko amategeko agenga abimukira yasize adadiwe n’ingoma ya Donald TRUMP; US bikaba bigomba kugisaba gushaka ababa bacyakiriye izo mpunzi, ngo bakiranuke n’ayo mategeko, mbere y’uko bajya kubatuza iyo muri Amerika! Nguko uko US cyegereye Inkotanyi mu bihugu 13 kuri iyo “deal” ishyushye; nazo ntizazuyaza na cyane ko zitajya zishidikanya kuri “deal” yinjiza akamiya uko yaba kose, kubera ko mu myumvire yazo, ingaruka zihonda rubanda giseseka, zinjije agatubutse gashiririra mu mifuko y’ibikomerezwa, si izo kuraza ishinga!

Kugeza ubu ubutegetsi bushya bw’Abatalibani bwo, bukaba butiyumvisha impamvu abahoze ari abategetsi n’abakorana na US bakomeje kubahunga; kandi barashyizeho imbabazi rusange. Aba rero bahunga bakaba ari ba bandi n’ubundi batigeze bashyira umutima hamwe, ubwo US cyatangiraga imishyikirano n’Abatalibani, kigasinya amasezerano y’amahoro Prezida Donald TRUMP yashyiriyeho umukono i Doha muri Quatar muri Gashyantare 2020. Uko kudashyira umutima hamwe, bisobanuye ko n’ubwo Abatalibani bafashe igihugu byihuse mu buryo butunguranye; n’ubundi benshi mu Abafugani bafatanyije n’Abanyamerika kubarwanya, ndetse abandi bakabakorera, batari bashyize ibirenge hasi. Aba bose bari biteze ko ibintu bishobora kuzaba bibi, na cyane ko bari bazi neza mu mitima yabo, ko US gishaka kuzibukira k’ubwo kunanirwa no kubona ko kigumye mu ntambara n’Abatalibani, yazaba iy’iteka! Hari n’abatashiraga amakenga US ko cyaba gifite icyo kiyubikije, mu masezerano y’ibanga yihishe inyuma y’ayatangajwe mu mpapuro, ahari wenda kikaba gishaka ko zihindura imirishyo, ngo kikoranire bya rwihishwa n’Abatalibani berekanye ko ari abatagwabira!

Aba tubona bahunga Afganistan mu minsi ya none, bakoreye agatubutse, intambara yayogozaga abandi bo ibabera umugisha, wo kuzamura imibereho no kwikungahaza mu mishahara myiza, no gusahura igihugu kiyobowe mu kavuyo; bafata umwanya wo kuzigama umutungo wabo mu buryo bwizewe busabagiye nko muri za “cryptocurrencies”, abandi basumbuyeho ubushobozi bashora mu masosiyete yo hanze y’igihugu imigabane ibungukira, abarengeje aho batangiza amasosiyete mu bihugu bifite umudendezo, yo kubungabunga no gutubura ubutunzi bwabo. Aba Inkotanyi ziteze kwakira na yombi, si rubanda giseseka ruhunga amasasu, ni amakombe y’abagaga, ni abategetsi, ni abawofisiye bakoze “ikofi” aka ya mvugo yateye, ni abahanga bari aba “cadres” muri za NGOs, aba “agents” bafashaga ba mpatsibihugu kuyogoza igihugu cyabo…

 Aba barimo bahunga kandi bafite ubunararibonye mu ibigendanye n’Iterabwoba, ya turufu irishwa n’Inkotanyi mu minsi ya none. Twibutse ko abafite aho bahurira n’Iterabwoba, bakunze kuba abanywanyi b’Inkotanyi, ugasanga abanzwe mu bihugu runaka, Inkotanyi zo zibakirana yombi, bakaza bagafatanya ubushabatsi muri iyi ngeri nshya y’ubushabitsi idasobanukiwe na benshi, naho ibindi bihugu biyoborwa n’abagaragu ba rubanda, bikayitinya nk’ingeri y’ubushabitsi bw’umwanda, bwazakururira ibihugu byabo ingaruka mbi cyane, zitaguranwa amagana y’ibihe biriho! Aba barimo bahunga, kandi  bakunze kurangwamo abakora ubushabitsi butemewe mu ruhando mpuzamahanga, burimo ubucuruza abantu, amahembe y’inzovu, amabuye y’agaciro avamo intwaro za kirimbuzi, ikwirakwiza ry’intwaro, intwaro, imitungo kamere yibwa mu bihugu by’Afrika birimo intambara cyangwa biyobowe n’ubutegetsi bw’abajura…

Inyungu z’Inkotanyi se zaba zitsitse he muri iyi “deal”?

Iyi “deal” hari akantu ije kongera mu mubano wa US n’u Rwanda utari umeze neza; n’ubwo bwose bitavuze ko hari iby’ikirenga cyane. Gusa ibi Inkotanyi ntibizabuza umusaruro zibibyaza, nko kwigira “bajeyi”, nka birya tuzimenyereyeho ngo niba mutwangiye ibi, natwe turava aho twacungaga amahoro! Nta gitangaje wumvise mu bihe biza zirimo ziraza i Nyanza, ngo niba ibi n’ibi byanzwe, za mpunzi za Afganistan babikiye US barebe ahandi bazerekeza, mu gihe ibihugu byinshi bizitinya nk’agapfunyika ka kabutindi! Icyakora ubusanzwe mu bindi bihugu, ubushabitsi bw’impunzi ni umusanzu uboneka mu iterambere nk’uko tubyisomera ku rubuga rwa observer.ug no ku rubuga rwa BBC.com. 

Inyungu z’Inkotanyi na none ukwinjiza agatubutse, ko gucumbikira aba bantu, badasanzwe. N’ubwo iyo ushyize amagambo akomatanye ya “hotel” na “Rwanda”, muri moteri y’ubushakiro bw’ingingo ya “google”, wahita wibonera inkuru z’”intwari ya filimu ‘Hotel Rwanda’”, icunagurizwa mu nkiko z’ubutabera macuri mu Rwanda; mu gihugu cya Uganda mu minsi ya none ho si uko!  Wahita wisomera nk’aha , ko izi mpunzi zizatuzwa mu mahoteri y’inyenyeri eshanu, aho buri umwe agendaho ku buryamo bwa buri munsi amadolari y’Amerika ari hagati ya 200 na 500, washyiraho ibindi akenera ku munsi, ugasanga aratakazwaho akabakaba cyangwa arengaho ku madolari y’Amerika 1000 ku munsi! Aya yose akaba agomba kwishyurwa na US, ku bwumvikane n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi! 

Aha ntidushyizeho izindi nyungu zo muri “logistics” harimo kuzivuza, kuzitembereza, ingendo, umutekano, abasemuzi, abaguides, abarimu n’ibindi bigenerwa impunzi zo kuri uru rwego…. Izi nyungu ntizari mbi ku gihugu nk’u Rwanda, nyamara iyo wibutse ba nyir’amahoteri azahabwa iki kiraka ari abantu bamwe kandi babarirwa ku ntoki, maze n’imisoro ibakomotseho, ikagirira akamaro abahawe umugisha wo gukama ku byiza by’igihugu babarirwa ku mubare wa ntawo, usanga nta nyungu kuri rubanda giseseka!

Nk’uko twabivuze haruguru izi si impunzi zisanzwe, ni abaherwe n’abari bakomeye mu gihugu, bazakenera “servisi” nyinshi mu gihugu zirimo amashuri, imyidagaduro mu bibuga n’amahoteli ahenze, ibibanza byo gukoreramo business, kubaka amazu ya business, ishoramali aho bahungiye… Nk’uko twabivuze na none inyungu za Leta y’Inkotanyi, zikazaba umurengera hagezweho bwa “Ubushabitsi bwo mu mwijima” bumenyerewe n’abantu bo mu bihugu byagize ibibazo nka biriya, birimo iterabwoba, intambara, umutungo kamere mujurano, ibiyobyabwenge, icuruzabantu (abacakara b’imirimo n’ab’igitsina), icuruza ry’imyanya y’abantu bishwe ku mpanuka ziteguwe (accidents scientifiques)… Ubucuruzi nk’ubu bukaba busanzwe buryohera Leta y’Inkotanyi, igiye kubona abafatanyabikorwa n’abashoramali beza!

Harimo n’imigambi ikomeye, yo kwimurira ibikorwa byari ku rwego ruhambaye mu gihugu, bikaza gukorera mu Rwanda, nk’uko tubyisomera ku rubuga rwa Radio Ijwi ry’Amerika. Iri shuri rizimurirwa mu Rwanda, rifite imiterere yihariye, mu gihugu nka Afganistani rishobora kuba abaryigagamo, uretse no kuba abakomoka mu nda y’ingoma, bari bafitiwe na gahunda zikomeye cyane, zaba zifite aho zihuriye na politiki y’ubutegetsi bwari muri Afghanistani. Uku ni nako izi mpunzi zari mu nda y’ingoma, zizimura ibikorwa bindi bimwe na bimwe birimo n’ibibyara inyungu, zaba iz’ubushabitsi bwemewe n’ubushabitsi bwo mu mwijima twasobanuye haruguru.

Ingaruka zizasharirira Abanyarwanda rubanda giseseka zikazaboneka zite, mu Rwanda ruyobowe gikotanyi?

Aba bantu US ibikije mu bihugu bimwe na bimwe, ngo mu gihe igitunganya iby’amategeko agenga abimukira yakanitswe na TRUMP, nta gihamya ko bizorohera ubutegetsi bwa BIDEN kubihindura; na cyane ko Abanyamerika nabo basa n’abarambiwe abimukira. Na nkanswe abateruwe kuriya. Ikindi US gishobora kubona inyungu, mu kurekera aba bimukira mu bihugu kibabikijemo, kugira ngo bizacyorohere kubifashisha gishyira igitutu ku butegetsi bw’Abatalibani, cyakangisha ko kizabafasha kwisuganya bakaza kubudurumbanya, na cyane ko hari intara zimwe na zimwe zigifitwe n’ingabo z’ubutegetsi buri guhungishwa, zitaragwa mu maboko y’Abatalibani. Aba rero baramutse babaye igihugu mu kindi, bazaba abanyamaboko, maze ukubajugunya mu Rwanda kwabo, kugasa na birya byo kwirukana uruganda rw’amashanyarazi-kirimbuzi “nuclear” mu bihugu bimwe, kubera gutinya ibara ryayakomokaho, bakaza kuyatwerera Abanyarwanda, ngo bo baziyîîmbire!

Abafugani ni abantu bateye ukwabo, cyane cyane iyo hari igitumye bagirana amakimbirane n’ingoma y’ubutegetsi bw’igihugu giciye bugufi nk’u Rwanda! Abantu bamenye inkuru z’ukuntu Prezida Laurent Desire KABIRA wa RDC yishwe ku mupango w’Inkotanyi, nyamara harimo n’akaboko k’Abarabu, kubw’umujinya w’amasezerano yabo KABILA yari yarateshutseho! Impinduramatwara yagejeje MUSEVENI ku butegetsi nayo, yagizwemo uruhare n’Abahindi bari bafitiye umujinya Idi Amini wari warabirukanye, na Obote babonaga ko adafite ingufu za politiki, zabaha ukwishyira bakizana, kandi bifuza ubutegetsi bafitemo uruhare! Aba barabu baje bavuye mu gihugu ari ibihangange, bashobora kuzakoma mu nkokora ikivi cy’impinduramatwara Abanyarwanda bari batwaje. Ibi bikaba byashoboka mu gushyigikira byimazeyo ingoma ya KAGAME bibonamo, cyangwa se mukuba bagira uruhare mu kwikiza KAGAME, bakimika indi ngoma igoye irimo abari ibyegera bya KAGAME.

Nk’uko bimenyerewe kandi, aba bashoramali benshi kandi bashya si umugisha kuri rubanda giseseka. Ni ukumeneshwa nta ngurane, ni ukononerwa “businesses” ngo zibise abashoramari banini, ni umurengwe, ni akato mu gihugu cyawe, ni amakuba, ni ubutindi-gasani…

Kugira ingabo mu kindi gihugu ari wowe wiyishyurira nta handi ndabibona: Dr Kayumba

Ni iki gitumye Paul Kagame arambye  ku ngoma? (Igice cya 2)

$
0
0

Yanditswe na Arnold Gakuba

Intangiriro

Basomyi bakunzi b’ikinyamakuru The Rwandan, mu gice cya mbere cy’iyi nkuru twabagejejeho zimwe mu mpamvu zitumye Paul Kagame arambye ku ngoma imyaka igera kuri 27 ikaba ishize abanyarwanda barabaye ingaruzwamuheto ndetse akiba icyiyongera. Mu gice cya mbere hasesenguwe uburyo”kwigwizaho, ubwoba no gukoresha iterabwoba” byafashije Paul Kagame kuba umwami w’u Rwanda mu gihe cyose gishize ndetse bikaba binagikomeza. Si ibyo gusa rero, nk’uko twabibasezeranije, muri iki gice cya kabiri, The Rwandan irabasesengurira uburyo Jenoside, Amacakubiri no Gukoresha abakozi-ntabo, nabyo byakoreshejwe na Paul Kagame nk’intwaro zikomeye kandi akaba anakizikoresha na magingo aya. 

Gukoresha jenoside nk’iturufu

Ku itariki ya 1 Ukwakira 1990, FPR-Inkotanyi, inyeshyamba zarwanyaga ubutegetsi bwa perezida Habyarimana Juvenal wayoboraga u Rwanda icyo gihe zari ziyobowe na Jenerali Gisa Fred Rwigema zitangiye urugamba, waje kwicwa maze agasimburwa na Paul Kagame nyuma y’igihe gito. N’ubwo Habyarimana Juvenal we yifuzaga ko ubutegetsi bwasaranganywa, siko byari bimeze ku ruhande rwa FPR-Inkotanyi yari iyobowe na Paul Kagame, kuko ku ya 6 Mata 1994 aribwo indege yari itwaye abaperezida Juvénal Habyarimana w’u Rwanda na Sylvestre Ntaryamira w’u Burundi yarashwe maze icyo gikorwa kikaba intandaro ya jenoside. N’ubwo Paul Kagame akibihakana kugeza ubu, ibimenyetso simusiga bigaragaza ko ariwe watanze uburenganzira bwo guhanura iyo ndege.  Nyuma y’ihanurwa ry’iyo ndege, mu gihe abatutsi bicwaga, abasirikare ba FPR nabo bishe abantu ibihumbi byinshi batari abarwanyi, ubu imibiri yabo nabo ikaba iri mu nzibutso za jenoside henshi mu gihugu .

Jenoside yabaye mu Rwanda muri 1994 yabaye intwaro ikomeye ya Paul Kagame na FPR ku mpamvu ebyeri: 

– Iya mbere, Paul Kagame yakoresheje kandi n’ubu aracyakoresha jenoside mu rwego rwa diplomasi yigira bajeyi ndetse kugirango agume no ku butegetsi mu gusobanura ko avuyeho cyangwa agafungura urubuga rwa politiki jenoside yasubira; ntawabura kuvuga ko nyuma ya 1994 u Rwanda rwahawe imfashanyo nyinshi kubera iyi turufu uretse ko inyinshi zarangiriye mu mifuka ya Perezida Kagame n’ishyaka rye FPR-Inkotanyi.

– Iya kabiri Paul Kagame akoresha jenoside kugirango ashyire ibyaha kubo adashaka maze abapfinagaze, abacishe bugufi ndetse nibirimba anabice. Iyo hadakoreshejwe gushinja uruhare muri jenoside hakoreshwa kugira ingengabitekerezo yayo!

Jenoside yakoreshejwe cyane mu mahanga. Ku ikubitiro, Paul Kagame yakoresheje jenoside ku Banyamerika n’Abonyereza nk’uko bitangazwa na Dr. David Himbara (wabaye ujyanama wa Paul Kagame) aho avuga ko Paul Kagame akimara kugera ku butegetsi yabwiye Abanyamerika (bari bayobowe na Bill Clinton) n’Abongereza (bari bayobowe na Tony Blair) ko ntacyo bakoze mu Rwanda mu gihe cya jenoside, agamije kugirango abakureho imfashanyo itubutse maze akabigeraho. Ibyo bihugu byombi biri mu byatanze imfashanyo nyinshi ku Rwanda kuva 1994 kugeza ubu akenshi ari ukwigura kuri Paul Kagame kuko yabashinjaga ko ntacyo bakoreye u Rwanda mu gihe cya jenoside.

Ubundi buryo bwo gucuruza jenoside bukorwa binyuze mu nzibutso za jenoside zubatswe henshi mu gihugu. Izo nzibutso zikubiyemo ibibiri y’abatutsi n’iy’abahutu, abishwe n’ubutegetsi bwariho icyo gihe n’abishwe n’ingabo za FPR-Inkotanyi, zikoreshwa cyane muri gahunda yo gushinja abanyarwanda ko bagize uruhare mu bwicanyi cyangwa se abanyamaganga ko nta ruhare bagize mu gutabara, hagamijwe gushaka amafaranga aza akajya mu mishinga na gahunda za Paul Kagame n’ishyaka rye FPR. Bityo, ibyo bigaha Paul Kagame ububasha bwo kongera akayabo k’amafaranga kuyo yari afite.

Kuva muri 1994, FPR-Inkotanyi ikimara gufata ubutegetsi mu Rwanda, Paul Kagame yakoresheje jenoside yikiza abo adashaka mu gihugu cyane cyane bari biganjemo abahutu. Abo yibanzeho cyane ni abari mu myanya y’ubuyobozi aho benshi bashyizweho icyaha cya jenoside, barafungwa bazira ubusa ndetse benshi bapfira mu buroko; atari uko koko bagize uruhare muri jenoside ahubwo ari uko bari mu cyiciro cy’abo Paul Kagame/FPR itashakaga mu gihugu, ibita abanzi. Ubwo kandi bukaba bwari uburyo bwo gucecekesha igice kimwe cy’abanyarwanda (abahutu) ngo babone ko nta mwanya bafite mu Rwanda rwa Paul Kagame kandi bikaba ari nako bikimeze cyangwa byarakajije umurego muri ino myaka. 

Guhera mu buroko kwa bamwe byagize ingaruka zikomeye ku muryango nyarwanda kuko, usibye ko imiryango myinshi yari yarasenywe n’intambara aho benshi babaye abapfakazi abana benshi bakaba imfubyi, gufunga inzirakarengane nabyo byongeye gushengabaza umuryango nyarwanda aho gufunga abantu ku maherere byabaye nko kongera gutera inkota imiryango myinshi. Ibi rero biha Paul Kagame imbaraga zo kuguma ku ngoma.

Kubiba amacakubiri mu banyarwanda

Paul Kagame yahisemo ihame ryo “Gucamo ibice ngo akunde uyobore” (divide and rule). Umuntu yakwibaza impamvu ubu buryo aribwo yahisemo kandi akanibaza uko abikora. Paul Kagame yakoze ibishoboka byose akomeza gucamo ibice abanyarwanda kugirango abone uko abayobora mu bwoba no kumva ko bamwe bari hajuru y’abandi, icyo twita mu rurimo rw’Igifaransa “stratification sociale” ishingiye ku moko (Hutu-Tutsi) nyamara yagera hirya ati “mu Rwanda nta moko ahaba/agenderwaho“. 

Kugirango abigereho, Paul Kagame yifashishije jenoside aho yakoze uko ashoboye ngo yumvishe umuhutu wese ko ari umunyabyaha (umwicanyi) kandi ibyo bikakomeza no mu bana bato bavutse nyuma ya 1994 (kugeza n’aho abana bavutse nyuma ya jenoside nabo bumva ko ari  abanyabyaha) naho umututsi akumva ko yishwe (nabyo bikigishwa abana bato). Ibyo bitera ikimwaro n’imfunwe abahutu bigatuma batabaho bisanzuye mu gihugu cyabo naho abatutsi bikabaha kumva ko bari hejuru y’abahutu icyo twakwita “orgeuil social“. Ibi byashenye umuryango nyarwanda ku buryo kongera kuwubaka bizatwara igihe kitari gito. 

Umugambi wa FPR (Paul Kagame) ukaba waragezweho rero kuko atangira umushinga aricyo yari agamije “gucamo ibice abanyarwanda” bagahorana urwikekwe, isoni, imfunwe ku ruhande rumwe; ku rundi ruhande hari agasuzuguro, kwiyemera, kunena n’ibindi. Ibyo bigatuma habaho icyuho hagati y’abanyarwanda maze kikagenderwaho mu kubagonganisha ku nyungu z’umuntu cyangwa agatsiko k’abantu.

Ku rundi ruhande, Paul Kagame yagerageje gucamo ibice abanyarwanda mu rwego rw’ubukungu aho mu Rwanda rw’ubu hazamutse icyiciro cy’abantu bake bakize cyane maze abandi benshi basigaye bakaba bakennye cyane; ibyo Karl Marx yita “Bourgeoisie na Proletariat” (abakire n’abacakara babo). Ibyo bituma abanyarwanda benshi babaho bashakisha amaramuko maze bagahera muri ayo, ntibabone umwanya wo kwigobotora ingoma y’igitugu ya Paul Kagame. Ibi bigaragazwa na Beth Delay mu nkuru ye yise “La croissance économique du Rwanda a donné encore plus de pouvoir à son État autoritaire” (iterambere ry’ubukungu bw’u Rwanda ryahaye ingufu Leta y’igitugu) aho yemeza ko Leta ya Paul Kagame ikorana nk’abashoramari na ba rwiyemezamirimo bafite amafaranga atubutse maze ikirengagiza rubanda rugufi.

Nyuma y’ibyo kandi, Paul Kagame yongeye gucamo ibice abo yafatanije nabo gufata ubutegetsi aho yabibye urwicyekwe n’inzangano muri bo agamije gusenya FPR kandi akaba yarabigezeho. Gucamo ibice/kubiba amacakubiri rero nayo ni intwaro ikomeye ya Paul Kagame.

Gukoresha abakozi-ntabo

Ikibazo nyamukuru twibaza kiragira kiti “ninde Paul Kagame yizera agashyira mu myanya“? 

Paul Kagame akigera ku butegetsi muri 1994 yaje ari hamwe n’abo bateguranye umushinga wo gufata u Rwanda, benshi muri bo babyungukiyemo (by’igihe gito) maze bagabana inyungu y’umushinga aribwo butegetsi bwabahaye n’ubukungu, bikwirakwiza imyanya itandukanye y’ubuyobozi bw’igihugu yanatumye babona imitungo itagereranywa. Ariko abenshi muri abo bayobozi bari mu myanya yo hejuru nta cyo bari bashoboye kuko nta bumenyi, ubumenyi-ngiro n’ubushobozi bari bafite. Imirimo yabo akenshi yakorwaga n’abo bayobora maze ikabitirirwa. Ibyo byatumye, uko igihe cyagiye gishira, biba ngombwa ko basimburwa n’abandi, baba hari icyo bazi.

Nibwo, kubera kwikunda kwa Paul Kagame, bidateye kabiri, yatangiye kwipakurura abafatanyabikorwa be mu mushinga. Aha rero niho yigiriye inama ati “Ni bande bandi nzagira abakozi, mbwira icyo nshaka bakanyumvira“? Igisubizo yakiboneye hafi, maze yiyemeza gukoresha ba “ndiyo bwana” n’abanyabibazo cyangwa abatagira umurongo w’ubuzima, cyangwa abihebye. 

Ibyiciro byiganje mu buyobozi bw’u Rwanda ubu ni abashenye ingo, abadafite ubushobozi batunzwe no gukeza Paul Kagame gusa ariko ntacyo bamariye igihugu, ababeshyeye cyangwa bagafungisha ku maherere abavandimwe n’inshuti zabo kugirango bashimishe Paul Kagame (muri gacaca, Arusha n’ahandi), abafungishije ababyeyi, abagabo, abagore cyangwa abana babo, abarwayi b’indwara zidakira zitandukanye, abemeye gushinja abandi ibinyoma (abavandimwe, ababyeyi, inshuti); muri rusange abo twakwita mu rurimi rw’Igifaransa “les inadaptés sociaux/les déviants sociaux” (abananiwe kuba mu muryango/abataye umurongo mu muryango). Ngabo abo dusanga akenshi mu myanya y’ubuyobozi myinshi mu Rwanda rwa Paul Kagame.

Kuki Paul Kagame ari uku yabihisemo? Impamvu ni uko gukorana n’abadafite icyizere cy’ejo hazaza, ba mpemuke ndamuke, ba ntibindeba, yabonye aribo bazamufasha kugera ku ntego ye yo guhungeta no kugirira nabi abanyarwanda. Nk’uko twabigaragaje rero mu bika byo hejuru, Paul Kagame yabanje gusenya umuryango nyarwanda maze abafite ibikomere bigaragarira buri wese, batakaje icyizere cy’ubuzima, abadafite ubumuntu bakoreshwa nk’imashini, abo aba aribo yiyegereza ngo abakoreshe icyo ashaka. Ng’uko uko ubuyobozi bwa Paul Kagame bugiye kurundurira mu manga umuryango nyarwanda.

Umwanzuro

Bakundwa, basomyi ba The Rwandan,  jenoside yashenye umuryango nyarwanda. Aho kugirango ubutegetsi buriho ubu (bwa Paul Kagame) buvure ibikomere byatewe na jenoside, ahubwo we yayibonyemo iturufu n’intwaro izatuma aramba ku butegetsi ndetse akabonamo n’umutungo. Ikindi kandi, ibyo yabifashijwemo no guca abanyarwanda mo ibice kandi akemera gukorana n’intashobora-intashoboka. Ibi bikaba bituma igikorwa gusa ari itekinika rikaba ryarahawe intebe. Mu Rwanda rwa Paul Kagame, nta bushobozi burebwa, igikuru ni ndiyo Bwana. Dr. Himbara we yaje kubihuhura ati “byose ni Paul Kagame ubikora“. Biracyaza.


Minisiteri y’Ubumwe ihawe Umututsi wungirijwe n’umuhutukazi

$
0
0

Yanditswe na Frank Steven Ruta

Ku mugoroba wo kuri uyu wa 31 Kanama 2021 Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda atangaje impinduka nshya, aho Minisitiri w’Ubutabera Busignye Johnson yakuwe kuri uwo mwanya, naho Minisiteri nshya y’ubumwe bw’Abanyarwanda  n’inshingano mboneragihugu ihabwa Jean Damascene Bizimana umaze igihe kirambuye ayobora CNLG.

Iyi  Minisiteri  y‘Ubumwe bw’Abanywaranda n’inshingano Mboneragihugu yakusanyijweho ibitekerezo byinshi mu ngeri zinyuranye z’Abanyarwanda, ariko nubwo benshi bagaragaje ko idakenewe kuko  ngo nta kibazo gifite umwihariko udasanzwe yaba ije gukemura kidasanzwe gifite izindi nzego zigishinzwe.

Nubwo bimeze bityo,  ibipimo by’igipindi u Rwanda rutangaza buri mwaka bigaragaza ko ngo ubumwe n’ubwuyunge mu Banyarwanda buhora buri ku gipimo cyo hejuru ya 94%. Nyamara wareba uburyo imirimo itangwa hashingiwe ku ivanguramoko, imyanya mu mashuri, mu gisirikare, mu nzego zose z’umutekano n’iz’ubutegetsi, ubuyobozi mu madini bwihariwe n’ubwoko bumwe, ubukwe buhora buhagarara cyangwa ingo zigasenyuka bitewe n’ivanguramoko, kimwe n’imyiryane ihoraho mu Banyarwanda ifatiye ku irondakoko, ibi byose bigaragaza ko ubumwe bw’Abanyarwanda buri hasi cyane y’uko bwahoze mu myaka isaga mirongo itatu ishize,  naho ubwiyunge bwo bukaba buri hasi cyane kurushaho.

Iyi Minisiteri rero yakagize inshingano zo kuzahura ibi bibazo byose birondowe hejuru, ihawe umuhezanguni Dr Jean Damascène Bizimana umaze imyaka itandatu ayobora Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside CNLG.  

Uyu mugabo Dr Jean Damascène Bizimana  azwiho kutihanganira abo batumva ibintu kimwe, azwiho guheza inguni mu kuzira no kwigizayo abo mu bwoko bw’Abahutu, ubushakashatsi atangaza yagiye akora ku Rwanda cyangwa se akabuhagararira, hafi ya bwose bugaruka ku gupfobya Abanyarwanda bo muri ubu bwoko, akabagaragaza nka ba Ntabwenge, indakoreka, intayoboka, intagondwa,  cyangwa se abantu badafiite icyerekezo. No mu mbwirwaruhame ze arabannyega akabavumira ku gahera.

Dr Jean Damascène Bizimana candi azwi kukutihanganira abatutsi barokotse Genocide batavuga rumwe na FPR ku buryo adatinya kubafata nk’abagambanyi cyangwa abatakaje ubucikacumu bwabo.

Dr Bizimana n’ubwo yigeze kuba mu bihayimana ba Kiliziya Gaturika ariko yagiye agaragaza kenshi ikintu kimeze nko gushyira FPR hejuru y’Imana nk’aho mu mbwirwaruhame yigeze gusaba bamwe mu barokotse kutavuga ko barokowe n’Imana ahubwo ngo bakajya bavuga ko barokowe na FPR gusa!

Kuvuga amoko tweruye muri iyi nkuru zi ukubiba urwango cyangwa kuyabagarira, ahubwo ni ukuvuga ibintu uko biri, kuko iyi Minisiteri ntiyari kubaho iyo hatabaho aya moko.  Dr Jean Damascène Bizimana uhawe Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano Mboneragihugu, ni Umututsi, akaba yahawe umwungiriza w’umuhutukazi Madamu Munezero Clarisse, umukobwa wa Mukezamfura Alfredi wahoze ari Perezida w’inteko Ishinga amategeko mu Rwanda, mbere yo guhunga igihugu.

Uyu Madamu  Clarisse Munezero wagizwe Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda, asanzwe ari Umukozi w’Ikigo gikorera mu kwaha kwa Minisiteri y’Ubutabera y’u Rwanda cyitwa Legal Aid Forum (LAF) aho yari ashinzwe amahugurwa n’ubushakashatsi.

pastedGraphic.png

Madamu Munezero Clarisse

Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda ishinzwe iki?

Iyi Minisiteri nshya mu Rwanda niyo izahuriza hamwe ibikorwa bimwe na bimwe byari biri muri za Minisiteri zinyuranye, nka Komisiyo y’igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge yabarizwaga muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu.

Iyi minisiteri  izaba inashinzwe kandi Itorero ry’igihugu, ryari risanzwe ribarizwa muri Minisiteri y’Umuco n’urubyiruko.

Iyi Minisiteri nshya ifite inshingano ziswe “Mboneragihugu” zijyanye no gutoza intore amahame ngenderwaho ya FPR n’imikorere yayo. Ibyahoze ari amahugurwa yitwaga ay’itorero ry’igihugu, ibyitwa uburere mboneragihugu (Civic Education / Education civique) byose bizashyirwa muri iyi Minisiteri nshya.

ABANDI BAHAWE INSHINGANO

Minisiteri y’Ubutabera yatswe Businghye Johnson wahawe inshingano nshya zo guhagararira u Rwanda mu Bwongereza.

Dr Fidele Ndahayo, ( Umugabo wa Minisitiri Dr Mujawamaliya Jeanne d’Arc) yagizwe Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ingufu za Atomike. Ni ikigo kimaze igihe gito gishyizweho, cyagiweho impaka nyinshi ndetse Abadepite benshi bagaragaza ko u Rwanda rutagikeneye bagendeye ku bisobanuro byari byatanzwe n’Abadepite b’Ishyaka Rirengera ibidukikije (Green Party / DGPR). Nyamara byarangiye umushinga wacyo wemejwe mu buryo bw’’ubufindo, kuko Leta ya Kagame yari imaze kugirana amasezerano n’igihugu cy’u Burusiya ku bushakashatsi burimo ibihumanya.

pastedGraphic_1.png

Dr Fidele Ndahayo

Dr Ndahayo Fidèle wahawe kuyobora iki kigo asanzwe ari umwarimu ku rwego rwa Kaminuza, yigishije muri Kaminuza zinyuranye mu Rwanda, by’umwihariko akaba yarabaye umuyobozi Mukuru wa Kaminuza UTAB y’i Byumba (University of Technology and Arts of Byumba).

Dr Thierry Mihigo Kalisa yagizwe ushinzwe ikurikiranabukungu (Chief Economist) muri Banki Nkuru y’u Rwanda BNR, umwanya wari umaze amezi umunani udafite uwurimo, kuko awusimbuye Prof Kigabo Thomas watabarutse mu kwezi kwa mbere uyu mwaka wa 2021.

Dr Thierry Mihigo Kalisa avuye muri Minisiteri y’Imali n’igenamigambi aho yari Umuyobozi Mukuru ushinzwe iby’ubukungu.

Itangazo rirambuye ry’abashyizwe mu myanya

 “G20-CwA 2021” KAGAME ATAHUKANYE IKI MU BUDAGE? …AMEZA Y’ICYUBAHIRO, GUCURUZA U RWANDA, N’IMISHINGA YO MU BUSHORISHORI! 

$
0
0

Yanditswe na Albert MUSHABIZI

Perezida KAGAME, ni umuyobozi w’igihugu witwara nka Rwiyemezamirimo! Uyu yafashe igihugu yagaharaniye ineza yacyo, nk’akarima bwite ko kubyaza umusaruro, w’inyungu zimugaragiyeho we bwite n’itsinda rito rimufasha kugaraguza agati Abanyarwanda. Uyu musaruro ukaba nawo akenshi ugarukira ku mishinga yo mu bushorishori idashinze imizi mu rubanda. Uyu muyobozi w’igihugu ateye ukwe kwihariye, ariko akagira ingeso rusange ahuriyeho n’abandi bayobozi b’ibihugu babi, bazasangira amateka yo kurumbira ibihugu byabibarutse, ari abavuye mu nzira abariho n’abazaza.

Perezida KAGAME uyu niwe ukubutse mu gihugu cy’u Budage ashinjagira kubera ko anyurwa n’ameza y’icyubahiro (High Table) byarenze urugero! Ni mu ihuriro “G20-Compact with Africa”, umuhuro w’uyu mwaka ukaba warabereye i Berlin kuva kuwa 26 Kanama 2021. Umushinga w’iri huriro wabonye izuba mu wa 2017. Icyakora uyu mushinga usa n’uwapfubiye mu ivuka, n’ubwo ba nyirawo bagihanyanyaza! Muri iyi myaka ine “G20-CwA” ukaba warashoboye gushigukirwa n’ibihugu 12, muri 54 by’Afrika byari bitumberewe!

 Ibi bihugu 12 birimo n’u Rwanda, bikaba bishobora kuba nta gifatika byikurira muri uyu mushinga, wubakiye ku bukoroni bushya bw’iminsi ya none. Ni ubukoloni busobetse mu mayeri, y’ibihugu bikize byihuje mu muryango byise G20 mu wa 1999; bigamije ubutwererane buyogoza ibihugu by’Afrika. Ubu butwererane bw’uyu muderi, bukaba busanzwe hagati y’ibihugu bikize ubwabyo n’Afrika muri rusange, mu mahuriro asanzweho nka: US n’Afrika, u Bufransa n’Afrika, u Buyapani n’Afrika… 

Ubu butwererane bukaba bwambaye isura y’iterambere rirambye ry’igitangaza, kuri ibyo bihugu by’Afrika; ariko iyo ushishoje ugasanga ari ukwambara isura nyine, kubera ko imigambi nyakuri isobetse muri kamere ruvumwa ya “Mpatsibihugu/Imperialism”. Mu nyangingo zikurikira, ingero zifatika zihamya ubu butwererane bushashagirana, nyamara bwiyubikije imigambi mibi, turazifatira ku ijora turibukorere, imwe mu mishinga idashinze imizi muri rubanda, u Rwanda rukabya kuririmba.

Umushinga wa “G20-CwA” ubwawo ntushinga. Ibihugu by’Afrika bishishoza kandi bishyize inyungu z’abanyagihugu babyo imbere, byawuteye ishoti, ku myaka ine umaze kwitabirwa gusa na 12 kuri 54! N’ibihugu bitagera no ku icya kabiri cy’ibigize “G20” nibyo bishinze ibirenge mu mushinga, naho ibindi bibigendamo biguru ntege.

“G-20” nk’ihuriro ry’ibihugu bikungahaye ku nganda, hamwe n’ibikataje mu iterambere, ryavutse mu wa 1999. Repubulika ya Afrika Y’Epfo, kikaba aricyo gihugu kimwe rukumbi cyo ku mugabane w’Afrika, kibarizwa muri iri huriro. Intego y’iri huriro kuva rishingwa ikaba ari: “ukuba umusemburo w’iterambere ry’ubukungu burambye kandi budahungabana ku isi yose.   –Fostering sustainable economic growth and stability worldwide-”.

 Nk’uko tubisoma ku rubuga rwa rosalux.de, umwanditsi Africa KIIZA atanga ingingo imwe y’uko mu buryo bwagutse “G20-CwA” yibarutswe n’imiryango itari minyafrika, kubera ko inyigo yawo yakozwe n’ibigo bitatu by’imari ku isi aribyo  Banki y’Isi (WBG), Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF) na Banki Nyafrika Itsura Amajyambere (AfDB); nyamara ukagira imyanzuro igomba gushyirwa mu bikorwa na za Guverinoma za Afrika. Naho ingingo ya kabiri itangwa n’umwanditsi Africa KIIZA,  ni uko “G20” nk’ihuriro ry’ibihugu bikize cyane rivuga rikijyana, igomba byanze bikunze kuganza ibyerekezo byose by’ubukungu bw’isi, -birya bigo kandi byibarutse “G20-CwA” nabyo bikaba bimwe mu bibeshejweho kandi bitabusanya na bya bihugu by’ibihangange bya “G20”-. Izo ngingo zombi uko ari ebyiri, ziha “G20-CwA” ubusembwa bwo kutabasha kuba yagendera na rimwe, ku nyungu n’ibyifuzo by’Abaturage b’Abanyafrika.

Nk’uko Africa KIIZA yakomeje kubitamurura, nta mpamvu Abanyafrika bakwiye gushidikanya ko “G20-CwA”, ari ishusho nyakuri y’icyadutse nka “Millenium Challenge Corporation”, umwihariko wa US kuri Afrika, TICAD y’u Buyapani kuri Afrika cyangwa se FOCAC y’u Bushinwa kuri Afrika. Ibi bihugu by’ibihangange rero, biba byihigira uko byakisanzura ku butunzi bw’isi, bitagoswe ubwa Afrika nabwo butari buke. Ni koko, Abanyamerika, Abayapani, ndetse cyane cyane Abanyaburayi; ntibashyira iterambere rya Afrika mu bibaraje ishinga, ahubwo baba bihigira inyungu zabo z’umurengera gusa!

Mu nyandiko dusoma ku rubuga rwa orfonline.org, Umwanditsi Malancha CHAKRABARTY asobanura ko indi mbogamizi ikomeye ari uko, na “G20” nk’ibihugu 20 ubona bidashigukiye uyu mushinga wa “G20-CwA”. Aragera n’aho adatinya kuvuga ko rwose “CwA” ari ikintu ubona ko wakita umushinga bwite w’u Budage, kurusha uko ari umushinga w’ibihugu 20 bikize cyane ku isi; na burya wavutse mu wa 2017, ubwo u Budage ari bwo bufite Prezidansi ya “G20”-Prezidansi ubu ifitwe n’u Butaliyani magingo aya-, bikaba mu bushake n’ubwitange bw’ubutegetsi bwa Angela MERKEL, mu migambi yo kunoza umurongo w’u Budage,  mu mikoranire n’Afrika mu by’ubukungu.

Malancha akomeza avuga muri iyi nyandiko ye, ko wenda ugerageje no kwirengagiza iyo nenge irundurira “CwA” ku Budage, nk’igihugu cyabishyizemo ingufu ku nyungu za politiki yacyo y’ubukungu kuri Afrika; usanga n’ibihugu biri muri “G20” bifite ubushake bugaragara bwo kwitabira iby’umushinga wa “CwA”, bigarukira gusa k’u Budage, u Bufransa, u Bwongereza, u Buyapani, Kanada, Espanyolo, u Buholandi na US! Malancha rero akanzura iyi ngingo yemerenya n’umuhanga Katherine KEIL utarariye iminwa avuga ko, “CwA” yakabaye umushinga wa “G7” -kurusha uko ari umushinga wa “G20”- kubera ko muri biriya bihugu bigaragaza ko bifite ubushake bwo kugira ibikorwa bifatika muri uyu mushinga, byose ari ibinyamuryango bya “G7”, uvanyemo gusa Espanyolo n’u Buholandi. Nk’u Bushinwa se busanzwe bwifitiye politiki yabwo yihariye y’ubukungu kuri Afrika, bwajya kugombera kunyura muri “CwA”; burwana n’iki?

Dushingiye kuri ibi byose rero dusanga, umuntu yashidikanya ku ahazaza ha “CwA” mu gihe Angela MERKEL azaba avuye ku butegetsi, na cyane ko ubwo butegetsi bwe ari bwo  bwabaye inkingi ya mwamba y’umushinga; byaba bifite ishingiro! Chris KAMO, kuri Malancha CHAKRABARTY  “CwA” ni umushinga wakitwa uw’u Budage, kurusha uko ari uwa “G20”, yerekana ko ubudage bwabashije gukwiza inganda zabwo muri Afrika, binyuriye muri “CwA”. Icyo kuba izo nganda ari iz’umumaro muri ibyo bihugu by’Afrika, ntawatinya kuvuga ko byinshi muri byo bizahajwe n’ingoma z’igitugu, -ahereye ku rugero rw’u Rwanda na Misiri- turabisesengura mu nyangingo ikurikira:

Imishinga yo guca imanzi ibihugu, birwanira amasura ashashagirana mu ruhando mpuza-mahanga, mu bigwi bitakwa inyungu zenda kuba ntazo ku baturage b’ibihugu bikennye…

“CwA” itota ibihugu by’Afrika gukora amavugurura, ategurira ishoramali ry’ibihugu byibumbiye muri “G20”. Rimwe muri ayo mavugurura, iryamamye cyane u Rwanda rucamo agahigo, ni iryo korohereza ishoramali. Inkuru dusoma ku rubuga rwa acetforafrica.org, Umwanditsi Peter FABRICIUS agaragaza ko ibihugu 12 byose biri mu mushinga wa “CwA” byagerageje guca agahigo mu korohereza ishoramali, binyuze mu mavugurura; ndetse ibyinshi muw’2019 byabonekaga mu icumi bya mbere byagerageje gutera intambwe ku rutonde rw’ibihugu rukorwa n’umuryango “Doing Business”. Kuri urwo rutonde, u Rwanda rwari urwa 56 muw’2017, muw’2019 rwateye intambwe rugwa ku mwanya wa 29 mu korohereza ishoramali ku isi.

Nyamara se uku korohereza ishoramali u Rwanda rushimagizwa n’amahanga, baruca imanzi ko ari igihugu cyakataje, kwaba guhatse iki cy’ukuri, kitari icyo ku ntonde n’ibyegeranyo, nk’uko ari umuco warwo w’”itekinika”!? Tumurikiwe n’inyandiko zitandukanye z’umuhanga mu iby’ubukungu, umwanditsi akaba n’umushakashatsi wibanda ku Ubukungu na Politiki by’u Rwanda, Dr David HIMBARA turabivunagura mu gika gikurikira:

Mu nyandiko yatambutse ku rubuga medium.com, David Himbara asobanura mu magambo bwite ya Banki y’Isi, ko ngo n’ubwo u Rwanda rwagize umwanya wa 41 mu birango byo korohereza itumanaho; nyamara ngo, “Imbogamizi ziracyari zose, k’ubwo kuba abikorera bagitinye ishoramali rivuguruye kandi ritejwe imbere!” Ku rubuga rwa Medium.com, na none David Himbara avuga ko kuba u Rwanda rwaregukanye umwanya wa 38 ku isi mu mwaka wa 2020 mu korohereza ishoramali, ari umutako gusa utagira ibikorwa, kubera ko; Banki y’isi ikibona ko u Rwanda rukiri inyuma cyane mu kureshya ishoramali! Ikigo cy’Ishoramali cyo mu Bwongereza, mu mwaka wa 2019, kikaba cyaraburiye abashoramali kudahirahira bashora imari yabo mu Rwanda, kubera ko ubutegetsi bw’u Rwanda bufite ingeso yo kurata ko bwakataje mu korohereza ishoramali, nyamara bwiyubikije ubugome n’ubujura bwo guhemukira abashoramali, bagataha bacujwe utwabo!

Uku kurwanira amasura ashashagirana, na none bituma u Rwanda ruzana, ishoramali rya baringa wagereranya no kwifotoza gusa; ngo rwerekane ko ari igihangane mu karere. Ikiswe uruganda ruteranya imodoka rwa Volkswagen rukomoka mu Budage, cyaraswe n’u Rwanda biratinda, gisonerwa imisoro, kinahongwa ibikorwa-remezo by’ubusa; nyamara ari ikigo gitiza amamodoka mu Rwanda, kigamije kwiharira imirimo yo gutwara abagenzi yari itunze abanyarwanda, nk’uko tubisoma ku rubuga rwa therwandan.com. 

Amashimwe nk’aya u Rwanda ruba rumaranira, ni nayo yatatswe Prezida KAGAME ubwo yari mu rugendo akubutsemo mu Budage. Mu muhuro nk’uyu wa “G20-CwA”, iyo umutegetsi uyobora Komisiyo y’u Burayi, Ursula VON DER LEYEN, yatuye amagambo agira ati: “Iterambere y’Afrika rizashangira kuri KAGAME…” –nk’uko mubyibonera ko yanabishyize ku rubuga rwe rwa “Twitter…-

Ushobora kujya aho ukibaza byinshi, nyamara ibanga na none rikubiye muri uyu mushinga wa “CwA”. Imwe mu ntego z’ishoramari ry’uyu mushinga muri Afrika ni: “uguhanga imirimo no guhangana n’ikibazo cy’abimukira/Job creation and curbing migration!” Umwanditsi Africa KIIZA  yakomoje ku by’iyi ntego, ntiyareka no kugaragaza ko irimo ukwibeshya gukabije. Prezida KAGAME ashobora kuba ari we mutegetsi uza ku mwanya wa mbere, mugushira ibinya no gupfa guhubukira ikibazo cy’impunzi n’abimukira, yakira abo asabwe bose –Israel, Libia, Afganistan, Danemark…- agamije indonke gusa, naho ubutabazi bwo buragatabwa! Ubu buhubutsi bwe no kudashyira mu gaciro, ni iby’agaciro kanini ku bihugu by’i Burayi –niko kumushimagiza ko ari igitangaza muri Afrika-, byo bigezwe kure kandi byigengeserera ikibazo cy’impunzi n’abimukira, izo mpungenge zikabisangira n’ibindi bihugu by’Afrika n’ibindi bice by’isi bikennye.  

Ubukoloni bw’ibihugu bikize (G20) ku bihugu bikennye by’Afrika, binyuze mu madeni y’ibigega mpuzamahanga by’imari.

Umwanditsi Malancha CHAKRABARTY, adusobanuria uko ibihugu byinjira muri “CwA”. Ni ugusinya amasezerano y’ishoramali, wisunze ibigo mpuzamahanga bitatu by’Imari aribyo WBG, IMF na AfDB. Mu kwisunga ibyo bigo bitatu, mujya impaka ku intego z’umushinga “CwA”, za ntego zikagoragozwa ku byihutirwa nkenerwa n’igihugu (national priorities). Ibyo iyo birangiye, igihugu kijya gushyira mu bikorwa amavugururwa cyategetswe na ya masezerano (guhindagura ibigendanye n’ishoramali mu gihugu, kugira ngo bigwe neza mu murongo wifuzwa na bya bigo bitatu, n’intego z’umushinga).

Aya mavugurura akaba agomba kuba agwa mu ngeri eshatu z’ingenzi arizo: 1.Imirongo migari y’ubukungu bw’igihugu yorohereza ishoramali (macro-economic environment for investment); 2.Ubwisanzure bwimazeyo bw’ubushabitsi (business environment); 3.Kunoza imirongo n’ibikorwa-remezo biha umushoramali umutekano uhagije (financing environment for investors). Amavugurura muri izi ngeri uko ari eshatu, n’ubwo atari mabi nyamara kuyakora nk’igihugu ugendera ku mategeko-ntayegayezwa abogamiye ku nyungu za birya bigo bitatu, no kumasha neza mu ntego za “CwA”, nibwo hagaragara konona byinshi byari mu nyungu z’abenegihugu, bakagombye gushingirwaho n’imirongo y’ubukungu n’ishoramali ry’igihugu! Ubwo nibwo bukoroni bubi ku benegihugu, ibihugu byinshi byitaruye, bititabira “CwA”!

Uburiganya bw’amasosiyete y’ibihugu bikize (G20) bishora imishinga ishashagirana mu bihugu bikennye, ihishe isura nyakuri kirimbuzi n’imigambi mibi nzahaza-bukungu, nzahaza-gihugu na nzahaza-baturage!

Imishinga nk’iyi kirimbuzi, ni ubwoko bumwe n’uwo Prezida KAGAME akubukanye mu Budage; mu rugendo rwitwa urwo guhahira u Rwanda. Ibyo ‘BioNTech’ izaza gukora mu Rwanda, ni ubushakashatsi mu kuri kwamye, kurusha uko ari ugukora inkingo z’ibyorezo (Covid-19, Tuberculosis, malaria…) mu nyungu za ‘Banki y’Ishoramali y’u Burayi/European Investment Bank” ikeneye ko iyi sosiyete yashoyemo imari y’indage ‘BioNTech’, ikorera ahantu hahendutse; k’ubwo kwica amategeko abahendurira kugeragereza izi nkingo ku baturage, bataribunishyurwe, ahubwo hishyurwa ababaragiye, ingaruka z’ibyo nazo ntizizigere zirengerwa! Ni inkuru kimomo ko Abaturage b’u Rwanda bahindutse za mbeba zipimirwaho imiti n’inkingo.

Umwanditsi Gaspard MUSABYIMANA yanditse ateza ubwega kuri iki kibazo cy’Abanyarwanda bahindurwa imbeba zo gupimirwaho imiti n’inkingo kuwa 31 Werurwe 2020. Icyo gihe cyo yari Sosiyete y’Abanyamerika “Lifting and Empowering All Families”. Si n’iyi sosiyete gusa, kubera ko hari n’iyindi mishinga nk’iyi y’inkingo n’imiti biza kugeragerezwa mu Rwanda; igihugu gifata abaturage bacyo nk’udukoko two kubyaza amafaranga, mu buryo ubwo ari bwo bwose, hatitawe na gato ku ngaruka ku buzima bwatwo! Ibyo u Rwanda na Senegal byahahiye mu Budage, rero nabyo ntaho bitaniye n’ibyo, ugendeye ku nyandiko zitandukanye zerekana ko ibyo bita ishoramali rikiri mu bushakashatsi, kurusha uko ari ukuza kuhatuburira inkingo zarangije kwigwa no kwemezwa ku masoko.

Umuhanzi Jay Polly azize kwishyuza amafaranga y’ibihangano bye?

$
0
0

Yanditswe na Nkurunziza Gad

Urupfu rw’umuhanzi Tuyishime Joshua uzwi ku izina ry’ubuhanzi nka Jay Polly yahoze ari umwe mu batangije itsinda rya Tough Gangz ryazanye impinduka muri muzika Nyarwanda mu njyana ya Hip Hop, rwamenyekanye  mu rukerera rwo kuri uyu wa 2 Nzeri 2021. Ni nyuma y’uko yari amaze iminsi yishyuza MTN miliyoni zisaga 200 z’amafaranga y’u Rwanda y’ibihangano bye yakoresheje itamusabye uburenganzira.

Magingo aya abanyarwanda b’ingeri zitandukanye bakomeje gucika ururondogora ku kishe uyu muhanzi ukiri muto dore ko yapfuye afite imyaka 33 y’amavuko.

Uyu muhanzi waguye mu bitaro bya Muhima, yari  amaze amezi 4 afungiye muri gereza ya Mageragere, akaba yari akiburana ategereje gusubira mu rukiko tariki 02/12/2021 uyu mwaka.

Itangazo ryasohowe n’Urwego  rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa ‘RCS’  nyuma y’urupfu rw’uyu muhanzi, rivuga ko bakimara kumenya ko arwaye yajyanwe mu ivuriro ry’iyo gereza ahagana saa kumi n’ebyiri z’umugoroba aho yahise yitabwaho n’abaganga. Bimaze kugaragara ko akomeje kuremba, yaje kujyanwa mu bitaro bya Muhima aho yakomeje kwitabwaho n’abaganga ariko birangira yitabye Imana.

RCS yakomeje ivuga ko Jay Polly na bagenzi be babiri basangiye uruvange rwa alcool yifashishwaga n’imfungwa/abagororwa biyogoshesha, amazi n’isukari, byavanzwe nabo ubwabo.

Kubera iki ibyo binyobwa byahitanye Jay Polly wenyine?

Abakunzi b’uyu muhanzi, inshuti n’abavandimwe ndetse n’abandi bahanzi bagenzi be, bifashishije imbuga nkoranyambaga, amaradio n’izindi mbuga zitangirwaho ibitekerezo bakomeje kugaragaza ko batanyuzwe n’ibyatangajwe na RCS nyuma y’urupfu rw’uyu muhanzi.

Umwe mu nshuti ze za bugufi w’umuhanzi yadusabye ko izina rye tutaritangaza kubera impamvu z’umutekano we. Yagize ati “Ariko baba bumva ko abanyarwanda turi ibigoryi turi injiji zidatekereza? Wasobanura gute ukuntu ibyo binyobwa babinyoye ari 3, hakavamo umwe akaba ariwe bihitana? Niberure bavuge ko bamurangije bareke kubeshya. Asyi!”

Kalisa Claude, ni umufana ukomeye wa nyakwigendera nawe yagize ati “Ariko ibinyoma biragwira ngo Kababa yishwe n’uruvangitirane rwa alcool n’isukari ? Hahahahh oya sinabyemera ababisha bamugiriye ishyamba none birangiye bamuhitanye biriya biboolo uwagiye Madrid ‘muri gereza’ wese ndibwira ko abizi ntibyica kabisa barabeshya. Sawa tuuu Imana niyo nkuru.”

Umwe mu bavandimwe ba Jay Polly nawe wadusabye kudatangaza amazina ye, yavuze ko amata yari ahagije ngo mwene nyina abeho. Yavuze ati “Niba koko bari bamaze kubona ko yanyoye biriya bintu byari bihagije ngo bamuha igikombe kimwe cy’amata aruke mbere yo kumuha indi miti. Iyo bamuha amata ntihari gupfa.”

“MTN Rwanda ibifashijwemo n’abakomeye nibo bamuhitanye”

Amakuru yizewe atugeraho avuga ko ubwo uyu muhanzi yari afunze mu 2018 azira amakimbirane bivugwa ko yari yagiranye n’uwari umugore we, Sosiyete y’itumanaho MTN Rwanda, yakoresheje indirimbo ze mu buryo buzwi nka ‘caller tune’ nta masezerano bafitanye.

Ubwo yafungurwaga muri Mutarama 2019, yagiye kubaza MTN icyatumye ikoresha ibihangano bye itamusabye uburenganzira, yifashishije Itegeko no 31/2009 ryo kuwa 26/10/2009, rigamije kurengera umutungo bwite mu by’ubwenge, ubuyobozi bw’Iki kigo buramusiragiza karahava.

Uwaduhaye amakuru yavuze ati “Yabishyuzaga miliyoni zigera muri 200, baramusuzugura bamubwira ko nta na miliyoni imwe bazamuha ngo niba ababaye azajye kubarega. Jay yarakomeje arabatitiriza kugeza ubwo ababwiye ko azajya kubarega nabo batangira kumutera ubwoba bamubwira ko babishatse bamusubiza Mageragere kandi ko nasubirayo atazavayo. Ibi niwe ubwe wabinyibwiriye si inkuru mbarirano.”

Yakomeje avuga ko igihe cyageze atangira guterwa ubwoba n’abapolisi bakomeye. Ati “Bitangira yari aziko byoroshye, ariko igihe cyarageze ahagamarwa n’umuyobozi mukuru wa polisi, aramubwira ngo ntazumve yongeye kujya guteza umutekano mucye muri MTN, Jay amubwira ko atigeze ajya guteza umutekano mucye ahubwo yagiye kwishyuza. Undi aramubwira ngo nasubirayo bazabonana. Icyakurikiyeho rero nuko yapangiwe iriya dosiye y’ibiyobyabwenge no kwica amabwiriza yo kwirinda covid-19.”

Ikindi gikomeje gutera abantu urujijo ni ukuntu uyu muhanzi ubwo polisi yamwerekaga itangazamakuru tariki 25 Mata 2021, yari ari kumwe n’abantu bandi 11 bivugwa ko bafatiwe hamwe, ariko kugeza ubu akaba ari we wari ufunze wenyine n’abandi 3 gusa mu gihe abo bafatiwe mu cyaha kimwe bose barekuwe.

Kagame yikomye Itangazamakuru Mpuzamahanga.

$
0
0

Yanditswe na Nkurunziza Gad

Abajijwe icyo avuga ko bivugwa ko ubutegetsi bw’u Rwanda bwifashisha porogaramu yitwa “Pegasus” yakorewe muri Israel mu kuneka abatavuga rumwe nabwo, Perezida Kagame yakanye aratsemba avuga ko ibyo bivugwa n’itangazamakuru rifite imigambi yo kuruharabika naho iby’ Umunyamakuru Michela Wrong atangaza ku Rwanda ngo abiterwa n’ubucuti yari afitanye n’inshuti ye yaguye muri Afurika y’Epfo.

– Itangazamakuru Mpuzamahanga na Pegasus

– Umunyamakuru Michela Wrong,

-Inkingo zigiye gutangira gukorerwa mu Rwanda,

– Umubano wa Uganda n’u Rwanda…

Izi ni zimwe mu ngingo zagarutsweho na Perezida Paul Kagame mu kiganiro yagiranye na Televiziyo Rwanda kuri iki cyumweru Tariki 5/9/2021.

“Pegasus ….igisubizo ni ‘Oya’ ntabwo tuyikoresha”

Umunyamakuru ukomoka mu Gihugu cya Kenya, Jackie Lumbasi, ukorera Radio nayo y’inya-Kenya yitwa Royal FM ivugira i Kigali, wari witabajwe na Televiziyo Rwanda mu kubaza Kagame, yamubajije icyo avuga ku bivugwa ko Leta ya Kigali yifashisha porogaramu ya Pegasus mu kuneka abarimo Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa n’abandi.

Kagame yamusubije ko iki kibazo atari ubwa mbere kivugwa, ariko kandi ngo barabisobanuye kuva mu 2019 ko iri koranabuhanga ntaryo bafite.

Yagize ati “Twarabisobanuye ntekereza ko byarangiye, hanyuma birongera biragaruka, turabisobanura […] ko tudafite bene icyo gikoresho. Ariko kimwe n’ibindi bihugu u Rwanda rukora ubutasi, kandi hari uburyo bwinshi bwo kubikora, buri wese arabizi n’abo banyamakuru barabizi. Muri make, umunyamakuru wakoze ibyo birego, birashoboka ko yabonye ayo makuru yakoresheje mu guhimba ibinyoma, binyuze mu gutata. Barabikora. Ariko twababwiye ko tudafite ibyo bikoresho.”

Yakomeje ati “Iyo baza kumbaza bati u Rwanda rukora ubutasi, bazi igisubizo, ntabwo bari kumbaza kuko bo, inzego, abantu ku giti cyabo bakurikira abantu, bashaka amakuru mu buryo butandukanye. Niba uri kuvuga ngo turi gukora ubutasi dukoresheje iki gikoresho, igisubizo ni OYA kandi twarabibabwiye. Abantu bacu barabibabwiye. Twaranababwiye tuti hari ibihugu mwagaragaje ko bibikoresha kandi bibyemera ariko kuri twe twarababwiye tuti Oya ntabwo tuyikoresha.”

“Kuki mutajya kureba abo bantu bakoze iyo porogaramu yifashishwa mu butasi ngo bababwire abayifite n’abatayifite kandi murasanga u Rwanda rutayifite. Ni gute twakoresha icyo tudafite?”

Michela Wrong abiterwa ‘n’inshuti ye yaguye muri Afurika y’Epfo’

Abajijwe ku munyamakuru w’umwongereza witwa Michela Wrong w’imyaka 60, uyu akaba yaranditse igitabo yise “Do Not Disturb: The Story of a Political Murder and an African Regime Gone Bad”.

Kagame yavuze ati“Hari ibintu bigirwa ibibazo hagati y’abantu cyane kugeza n’aho ndetse n’uwanditse icyo gitabo yari inshuti magara n’umuntu yubakiyeho icyo gitabo, umugabo wapfiriye muri Afurika y’Epfo bari inshuti cyane kandi ndatekereza ko yafashe ikibazo mu buryo bwite hagati y’umuntu yakundaga n’igihugu ubundi ajya ku ruhande rw’umuntu.”

Yakomeje ati “Birumvikana yarashyigikiwe, wabibonera mu byo yanditse n’ibyo akomeje kuvuga mu itangazamakuru bifite ababishyigikiye kugeza n’aho ibi bitangazamakuru anyuzamo ibyo ashaka kuvuga nta na kimwe cyigeze kivuguruza uko abona ibintu cyangwa ibiri kuvugwa.”

N’ubwo ateruye ngo avuge izina ry’uyu mugabo wapfiriye muri Afurika y’Epfo, amakuru dufite aragaragaza ko ari Patrick Karegeya wahoze akuriye Ubutasi bw’u Rwanda.

Perezida Kagame yavuze ko abakomeje gusebya u Rwanda atazi impamvu babikora ariko akeka ko bituruka ku mateka maremare anafite aho ahuriye na Jenoside yakorewe Abatutsi.

Umubano w’u Rwanda, Uganda n’u Burundi

Kagame yavuze ko ‘Nta Munya-Uganda ugirira ikibazo mu Rwanda, ariko hafi abanyarwanda bose, abariyo cyangwa abajyayo bagenda bikandagira, hari na benshi bamaze no kubizira, hari n’abamugaye.’

Yavuze ati “Abariyo cyangwa bajyayo bagenda bikandagira[…] ikibazo cyose kibaye muri Uganda cyane cy’umutekano cyangwa ikindi kihariye bavuga ko kigomba kuba cyavuye mu Rwanda niyo bidafite ahantu bihuriye.”

Ku bijyanye n’umubano w’u Rwanda n’u Burundi yavuze ko hari intambwe imaze guterwa ndetse ngo Abaminisitiri ndetse n’abashinzwe umutekano ku mpande zombi barahuye bagirana ibiganiro.

Perezida Kagame kandi yavuze ku cyashingiweho kugira ngo u Rwanda rube rugiye kubakwamo uruganda rukora inkingo zirimo n’iza Covid-19, agaragaza ko hashingiwe kubera ubushake n’ubushobozi bwarwo, n’uko ruri mu bihugu bike ku Isi byashoboye guhangana n’iki cyorezo kandi rudafite inkingo n’ubushobozi buhambaye.

Utuntu n’utundi muri iki kiganiro

Perezida Kagame yavuze ko hashize imyaka 30 atangiye gufana Arsenal FC. Yavuze ko icyo gihe ikipe yakinaga neza ariko muri iyi myaka yitwara nabi. Yavuze ko muri iyi minsi iyo ikipe iri gukina, abibona mu minota ya mbere ko iri butsindwe. Cyakora ngo nk’umukunzi wayo, ntiyahita ayivaho kubera ibibazo irimo. Ndetse ngo n’iyo ari hanze akagera London Arsenal iri gukina, ajya kuyireba.

Yakomeje avuga ko mu minsi ishize ubwo Arsene Wenger aheruka mu Rwanda, baganiriye akamubwira ibibazo biri muri iyi kipe. Yanahishuye ko ikipe yo mu Bufaransa (Paris Saint-Germain) yiyongereye mu zo akunda.

Yakomeje avuga ko Igihugu cy’u Rwanda kigerageza guteza imbere siporo zose, ashishikariza urubyiruko kwitabira imikino bitewe n’iyo biyumvamo cyane.

HARI ABO LETA IHINDURIRA IMYANYA KUGIRANGO BATIVUMBURA

Rwanda: Iyimikwa rya Minisitiri Dr. Jean Damascene Bizimana ryanenzwe na benshi!

$
0
0

“Twagaye ko bayishinze umuntu udashobora kugira ikintu na kimwe afasha Abanyarwanda kubumbatira ubumwe cyangwa kugera ku bwiyunge”: Victoire Ingabire

Yanditswe na Arnold Gakuba

Amakuru dukesha Leta ya Kigali, mu itangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe Ngirente Edward, yagize Bwana Dr. Jean Damascène Bizimana Minisitiri wa mbere wa  Minisiteri nshya y’Ubumwe bw’Abanyarwanda, Minisiteri yashyizweho nyuma y’imyaka 27 u Rwanda rucuzwe n’icuraburindi rw’ubwicanyi na jenoside. Iyi Minisiteri igishyirwaho yavuzweho kandi yibazwaho byinshi. Hibajijwe cyane kandi na benshi uzayihabwa, dore ko ari ubwa mbere mu Rwanda hashyizweho Minisitiri nshya maze uzayoyobora akazashyirwaho nyuma. Agahoma munwa rero, iyo minisiteri yahawe Jean Damascène Bizimana wari umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Kurwanya Jenoside (CNLG) kuva 2015, imyaka itandatu (6) irashize. Umwe mu batavuga rumwe na Leta ya Paul Kagame, Madamu Victoire Ingabire Umuhoza, yashimye ishyirwaho ry’iyo minisiteri ariko akanenga cyane uwayihawe. Ni iki cyatumye ishyirwaho rya Dr. Jean Damascène Bizimana ryateye abanyarwanda benshi impungenge? 

Jean Damascène Bizimana ni muntu ki?

Dr. Jean Damascène Bizimana ni umugabo w’imyaka 59 y’amavuko. Yavukiye muri Pariwasi ya Cyanika, mu cyahoze ari Komini Karama, Perefegitura ya Gikongoro. Yize mu Iseminari Nto ndetse ajya no mu Nkuru aho yiteguraga kuzaba umupadiri nyuma Kiliziya Gatolika y’u Rwanda iza kumwohereje mu Bufaransa gukomeza amashuri y’iyobokamana.

Dr. Jean Damascène Bizimana, afite impamyabumenyi y’ikirenga mu by’amategeko, akaba ndetse yarize Filozofiya n’ubumenyi bwa muntu na Tewolojiya. Amaze gusubira mu Rwanda, yabanje kugirwa umwarimu w’amategeko mpuzamahanga muri Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK), aho bivugwa ko atitwaye neza kuko yaje kuhava nyuma yo kutumvikana n’abanyeshuri yigishaga batihanganiraga ibitutsi bye n’amagambo mabi adahesha umuntu nkawe icyubahiro. Nyuma yaje gukorana na RCN Justice et Démocratie (umuryango utegamiye kuri Leta w’Ababiligi ukorera mu Rwanda). Yabaye kandi umwe mu bagize komisiyo y’igihugu yakoze iperereza ku ruhare rw’Ubufaransa muri jenoside yo muri 1994, ndetse na Komisiyo yakoze iperereza ku ihanurwa ry’indege yari itwaye uwahoze ari Perezida w’u Rwanda Juvénal Habyarimana. Ibi nabyo bikaba byakagombye kumuha ubumenyi bwo kumenya ukuri kubyabaye ku muryango nyarwanda. 

Ikiyongere kuri ibyo, Dr. Jean Damascène Bizimana yabaye umwarimu mu Ishami rya Kaminuza Nkuru y’u Rwanda ryigisha ibya jenoside “Genocide Studies”, akaba yarabaye n’umushakashatsi wigenga ufite uburambe n’amahugurwa menshi mu bihugu bitandukanye. Witegereje ubumenyi n’uburambe afite, wasanga yashobora kuba umuyobozi mwiza. Nyamara ku rundi ruhande ukibaza impamvu yanenzwe na benshi!

Jean Damascène Bizimana yaje gutorerwa kuba senateri uhagarariye Intara y’Amajyepfo ariko ntiyarangiza manda ye kuko hagati aho yaje kugirwa Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo Ishinzwe Kurwanya Jenoside (CNLG), asimbuye nyakwigendera Mucyo Jean de Dieu muri 2015.

Witegereje amashuri Jean Damascène Bizimana yize, ukareba ibyo yakozemo mbere y’uko ajya muri Komisiyo y’Igihugu Ishinzwe Kurwanya Jenoside (CNLG) watekereza ko rwose yashobora Minisiteri Nshya y’Ubumwe bw’Abanyarwanda. Nyamara ariko benshi siko babibona. Ese baba babiterwa n’iki? Baba bashingira kuki?

Imboni ya Victoire Ingabire n’abandi kuri Minisitiri Jean Damascene Bizimana

Gushyiraho minisiteri y’ubumwe ni ikimenyetso simusiga ko Leta y’u Rwanda yananiwe guhuza abanyarwanda mu give cy’imyaka 27 yose. Ibyo kandi nta gitangaje kirimo, kuko ubundi bitashobokaga ko nyirabayazana ariwe ikemura ikibazo yateje. Leta ya Paul Kagame niyo yamunze ubumwe bw’abanyarwanda kuko bwari bugeze ku rwego rushimishije mbere y’uko ijyaho. Byaba bibaye ubwa mbere mu mateka y’isi ko umuntu wateje ikibazo ariwe ubaye uwa mbere kugikemura. Biryo rero, ububwe bw’abanyarwanda ku ngoma ya Paul Kagame, benshi babubona nk’inzozi.

Hari ibigo nyinshi byashyizweho cyangwa bihabwa umugisha na Leta ya Paul Kagame bifite mu nshingano zabyo gukanda namwe mu banyarwanda no gusenya Umuryango nyarwanda. Muri byo harimo na Komisiyo yiswe iyo Kurwanya Jenoside (CNLG) yayobowe na Dr. Jean Damascène Bizimana kuva 2015 kugera ahawe Minisiteri Nshya y’Ubumwe.

Ese ubundi CNLG ifite izihe nshingano? Mu ngingo ya 4 y’itegeko ryo muri 2007 rishyiraho iyi komisiyo hagaragagara ko ishinzwe:

– Gushyiraho uburyo buhoraho bwo kungurana ibitekerezo ku byerekeye jenoside, ingaruka zayo n’ingamba zigamije kuyirinda no kuyirandurana n’imizi;

– Gushyiraho ikigo cy’ubushakashatsi, ububikoshakiro n’isomero ry’inyandiko zerekeye jenoside;

– Kuvuganira abacitse ku icumu rya jenoside haba mu gihugu cyangwa hanze yacyo;

– Gutegura no guhuza ibikorwa byose bigamije kwibuka jenoside yo mu 1994;

– Gushyiraho ingamba zo gukumira no kurwanya jenoside n’ingengabitekerezo yayo;

– Gushakira imfashanyo abacitse ku icumu rya jenoside no gukomeza ubuvugizi ku kibazo cy’indishyi;  

– Gushyiraho ingamba zo kurwanya abahakana n’abapfobya jenoside;

– Gushyiraho ingamba zo guhangana n’ingaruka za jenoside, nk’ihungabana n’izindi ndwara zatewe na jenoside;

– Gufatanya n’izindi nzego z’Igihugu cyangwa z’amahanga bisangiye intego. 

Iki kigo, kuri bamwe,  kibonwa nk’igishinzwe guhiga uwo ariwe wese utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Paul Kagame kimushinja kuba yarakoze jenoside cyangwa kuba afite ingengabitekerezo ya jenocide. Ikindi na none, gifatwa nk’ikigo gufasha Paul Kagame mu kurangiza umugambi we wo gucuruza jenoside no kuyigira intwaro imugumisha ku ngoma. Dr. Jean Damascene Bizimana rero akaba yarakoreye neza ako kazi mu gihe cy’imyaka itandatu maze akaba agororewe na Paul Kagame kuyobora Minisiteri Nshya y’Ubumwe bw’Abanyarwanda. Nyamara ariko kuva Jean Damascene Bizimana yagirwa Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG, ngo yaba yarakajije umurego mu buhezanguni. 

Icyagaragaye ni uko mu gukora akazi ke muri CNLG, Dr. Jean Damascene Bizimana yashyizemo ubuhezanguni bukabije n’irondakoko ryibasira ikindi gice cy’abanyarwanda (Abahutu) ku buryo buteye isoni. Ni muri urwo rwego ku tariki ya 1 Kamena 2019, ubwo yari i Kabgayi mu Karere ka Muhanga mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside, hahandi FPR-Inkotanyi yiciye abihayimana barenga 12, barimo Abepiskopi batatu ku ya 5 Kamena 1994, Jean Damascene Bizimana yavuze ko abana bavutse ku babyeyi bagize uruhare muri Jenoside bashinze imiryango ikomeje kubiba urwango no guhembera ingengabitekerezo ya Jenoside. Aho yagize ati “Ndanenga abana bavuka mu miryango y’abari abayobozi ku ngoma ya Habyarimana kuba badashaka guhinduka”. Yatanze urugero kuri Ingabire Victoire ngo ko afite amagambo yuzuye ingengabitekerezo ya Jenoside.

Mu mirimo ye rero muri CNLG, Jean Damascène Bizimana yerekanye ko yamize bunguri umugambi wa Paul Kagame wo gucamo ibice abanyarwanda kugirango akunde agume ku ngoma maze akora neza uwo murimo yubahiriza neza inshingano yahawe (zikubiye mu itegeko ryo muri 2007 rishyiraho CNLG). Nk’uko rero ibigo byinshi byashyizweho mu Rwanda bihabwa inshingano zo gukomeza umugambi utari mwiza ku banyarwanda wa Paul Kagame, harimo ndetse na Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge bw’Abanyarwanda yamaze imyaka myinshi ibeshya abanyarwanda kugera n’aho ibeshya ko ubwuyunge bwagezweho kuri 94.7%, nyamara bakaza kubona ko bibeshye, none bashyizeho Minisiteri y’Ubumwe.

Nyuma y’ibi byose byavuzwe haruguru, benshi bakaba basanga Jean Damascène Bizimana ari umuhezanguni ugoreka amategeko n’amateka kubera inyungu za Paul Kagame abereye umwambari w’imena. Bakaba basanga rero ashobora koreka u Rwanda aho kuruzahura. Bakaba basaba ko yakurwa vuba na bwangu ku mwanya wo kuyobora Minisiteri Nshya y’Ubumwe bw’Abanyarwanda kuko iyi minisiteri yari yitezweho kuzana impinduka zifatika mu muryango nyarwanda zo guhuza abanyarwanda, ngo babone uko baganira ku bibazo byabo bakabishakira umuti maze bagakataza mu iterambere rirambye.

Twanzure

Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda yagombye kuba igisubizo kirambye ku muryango nyarwanda. Abahanga mu kubaka amahoro no gukemura amakimbirane, bagaragaje ko minisiteri nshya y’ubumwe bw’abanyarwanda ifite akazi gakomeye ko komora ibikomere by’amateka mabi igihugu cyanyuzemo, ndetse ikanarushaho gukora ubushakashatsi ku mayeri yose akoreshwa mu gusenya ubumwe bw’abanyarwanda. Benshi babona ko yari izihe igihe. Nyamara ariko batunguwe n’uko yashinzwe umuhezanguni, wakunze gukoresha amagambo ashariririye igice kimwe cy’abanyarwanda (Abahutu) agamije gushyira imbere inyungu z’ikindi gice cy’abanyarwanda (Abatutsi). Haribazwa rero uko uyu Minisitiri Dr. Jean Damascène Bizimana waranzwe n’ibitekerezo bivangura, biheza, bitesha agaciro bamwe, bicamo Abanyarwanda ibice azashobora kwivanamo iyo mitekerereze n’imyumvire maze akiteramo ibitekerezo biha buri wese agaciro. Ikindi kandi, haribazwa niba azareka inshingano (yahawe rwihishwa) zitandukanye n’izivugwa z”iyo Minisiteri, zo gukorera inyungu z’umuntu ku giti cye ariwe Paul Kagame. Ese Dr. Jean Damascène Bizimana azemera guhirika imbehe ye ahawe na Paul Kagame maze ashyire imbere inyungu z’abanyarwanda? Byaba biri kure nk’ukwezi, dushingiye ku byamuranze muri CNLG!

Ingabo z’u Rwanda muri Mozambique: Umutungo uzigendaho uva he? Ni izihe nyungu u Rwanda rubifitemo? 

$
0
0

Yanditswe na Arnold Gakuba

Nyuma y’amezi abiri, kuva ku itariki ya 9 Nyakanga 2021, ingabo z’u Rwanda zigeze mu Ntara ya Cabo Delgabo mu Majyaruguru ya Mozambique, mu gikorwa cyo kurwanya inyeshyamba zigometse ku butegetsi, ibibazo bibiri by’ingenzi biracyari ingorabahizi: umutungo ingabo z’u Rwanda zikoresha uva he? Ni iziye nyungu u Rwanda rukuramo? Ikinyamakuru “Zitamar News” cyo muri Mozambique, cyanditse inkuru yabivuye imuzingo. 

Kuri ibyo bibazo by’ingorabahizi, abayobozi b’ingabo z’u Rwanda bo bavuga ko u Rwanda arirwo rushora amafaranga muri icyo gikorwa. Nyamara ariko abakurikiranira hafi iby’ubukungu bw’u Rwanda baremeza ko icyo ari ikinyoma cyambaye ubusa, kuko u Rwanda ubu rubarizwa mu bihugu bikennye cyane ku isi, bityo kuba rwabona amafaramga yo kwita kuri ziriya ngabo bikaba bitarworohera. 

Ese bitekerezwaho iki?

Haracyekwa ko ingabo z’u Rwanda zaba ziterwa inkunga n’Ubufaransa cyangwa se sosiyete yo muri icyo gihugu yitwa “Total” icukura peteroli mu gace koherejwemo izo ngabo. Ingabo z’u Rwanda ziriyo zamaze gutangaza ko zibanda cyane mu turere twa Palama na Mochimboa da Paraia, twombi dukoreramo uwo mushinga wa peteroli. Ibi bikaba byakwemeza ko izo ngabo z’u Rwanda zaba ziri ku kiraka, bityo zigahabwa ibyo zikenera byose ngo akazi kagende neza.

Hagati aho ariko sosiyete “Total” yigize nyoninyinshi kuri icyo kibazo, kuko yatangarije  Zitamar News” ko nta ngabo ziri muri Mozambique yaba itera inkunga. Ngo gusa itanga ibikoresho bimwe na bimwe ku basirikare ba Mozambique barinda umutekano w’ibikorwa by’uwo mushinga, ngo ariko nabyo ntibyanyuze mu masezerano. Ku rundi ruhande ariko, Leta y’Ubufaransa yaranumye, ntibihakana kandi ntibyemeza. Ibiro by’itangazamakuru bya Minisiteri w’Ububanyi n’Amahanga w’Ubufaransa byabwiye “Zitamar News” ko Ubufaransa bwifatanije na Mozambique mu gikorwa cyo kurwanya iteravwoba, nyamara ntibyagira icyo bitangaza ku gutera inkunga ingabo z’u Rwanda ziri muri Cabo Delgado. Ibyo biro byakomeje bivuga ko Ubufaransa bushyigikiye ko ikibazo kiri muri iyo Ntara cyacyemurwa n’ibihugu byo mu karere, bityo bishima ibikorwa by’ibihugu bigize SADC ndetse n’u Rwanda byiyemeje kukigiramo uruhare.

Nyamara ariko, igihe perezida w’Ubufaransa Emmanuel Macron yasuraga u Rwanda ku ya 27 Gicurasi 2021, yatangaje ko kohereza ingabo z’u Rwanda muri Mozambique ari ukongera imbaraga z’Ubufaransa ku Mugabane w’Afrika. Yagaragaje ko u Rwanda ari igihugu cyafasha Ubufaransa kugera kuri iyo ndoto.  Bityo uwo mugambi ukaba waragezweho muri DRC na Repubulika ya Centrafrique maze ukaba warakomereje muri Mozambique. 

Nk’uko bitangazwa na Professor Phil Clark wigisha muri “School of Oriental and African Studies” i London, ngo uruzinduko rwa Emmanuel Macron mu Rwanda  rwabaye intambwe ikomeye yo kohereza ingabo z’u Rwanda muri Mozambique. Yabwiye “Zitamar News” ati: “Kujya mbere k’Ubufaransa nicyo cy’ingenzi kihishe inyuma ya byose. Iyo Macron atajya i Kigali, ntituba tubona ingabo z’u Rwanda muri Mozambique”. Akomeza agira ati: “Abantu bari biteze ko Perezida Kagame azavuga amagambo akarishye ku Bufaransa, ariko siko byagenze, kuko yatangaje ko mu byo baganiriye harimo ibirenze gusaba imbabazi.” Professor Phil Clark abona ko kohereza ingabo z’u Rwanda muri Mozambique ariyo mpamvu nyamukuru yajyanye Perezida Emmanuel Macron i Kigali.  

Ese u Rwanda rukeneye inkunga y’Ubufaransa? 

Zitamar News itangaza ko ifite amakuru ahagije kuri icyo kibazo. Yemeza ko inzinduko z’abaperezida batatu zifite aho zihurira. Perezida Filipe Nyusi yasuye u Rwanda mbere na nyuma y’uko Paul Kagame ajya mu Bufaransa maze Emmanuel Macron asuye u Rwanda gahunda yo kohereza ingabo muri Mozambique ihita ishyirwa mu bikorwa. 

Ku kibazo kijyanye n’uko Ubufaransa bwaba butera inkunga ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique, Darren Olivien wa “African Defence Review” we abona ko u Rwanda rwaba koko rurimo kwirwanaho muri ino minsi kuko ngo abona ibikoresho birimo amato ingabo z’u Rwanda zikoresha atari bishyashya. Iyi kandi ni nayo mboni ya Jonathan Beloff wanditse igitabo yise “Foreign Policy in Post Genocide-Rwanda:  Elite Perceptions of Global Engagement”. We aratekereza ko Ubufaransa butahita bufasha ingabo z’u Rwanda kuko ibyabaye mu gihe cya jenoside byatumye Ubufaransa bugira isura mbi ku Rwanda bikaba n’ubu bitararangira. Ngo icyo perezida Emmanuel Macron arimo kugerageza gukora ubu ni ukugarura imibanire myiza hagati y’igihugu cye n’u  Rwanda. Ese aba ntibaba ari intumwa cyangwa abafana b’u Rwanda n’Ubufaransa?

Ese hari aho u Rwanda rwizeye inkunga cyangwa ruzananirwa rukure ingabo zarwo muri Mozambique? 

Benshi babona ko inkunga u Rwanda rukeneye ubu atari izo gushyira mu ngabo kuko ari kimwe mu bihugu byagezweho n’ingaruka za Covid-19 ku buryo bukomeye. Muribo harimo umunyamakuru Michela Wrong wanditse igitabo ku Rwanda rwa Paul Kagame yise “Do not Disturb“. We arasanga  u Rwanda ari kimwe mu bihugu by’Afrika bikennye cyane, kikaba gifite ubukungu bwubakiye ku mfashanyo.  Aragira ati: “Niba u Rwanda rurimo kwirwanaho muri Mozambique, hari inkunga ruhabwa zigenewe ibindi nk’ubuvuzi n’uburezi zaba zirimo gukoreshwayo.”  Hagati aho, twakwibutsa ko Emmanuel Macron yahaye u Rwanda inguzanyo ingana n’amayero miliyoni mirongo itandatu (€60 million ) yo gufasha mu guhangana n’icyorezo cya Koronavirusi, akanatera inkunga siporo mu mashuri y’u Rwanda ingana na miliyoni imwe n’igice y’amayero (€1.5 million). Professor Phil Clark abona ko Ubufaransa bwaba bubikora kubera guterwa ubwoba n’uko Ubwongereza n’Amerika bishobora guhagarika imfashanyo byahaga u Rwanda kuko byazigabanije mu myaka ishize ku mpamvu ebyiri: kuba ubuyobozi bw’u Rwanda bwihenura ku nkunga buhabwa no kuba u Rwanda rufite raporo mbi zijyajye no kubahiriza uburenganzira bwa muntu. Ngo rero kohereza ingabo z’u Rwanda muri Mozambique gishobora gutuma ibi bitaba, dore ko  Amerika yerekanye ko ishyigikiye kurwanya iterabwoba muri Mozambique, ikaba yarongereye imyitozo ya gisirikare yahaga icyo gihugu ndetse ubu ikaba yarimuye Ambasaderi wayo mu Rwanda ikamutwara muri Mozambique.

 Clark yabwiye Zitamar News ko u Rwanda rwitwaza cyane iby’ingabo zarwo ziri mu butumwa bw’amahoro. Aho u Rwanda rwabwiwe ko rugiye kugabanyirizwa imfashanyo kubera kutubahiriza uburenganzira bwa muntu, maze narwo rugahita ruvuga ko ruzakura ingabo zarwo muri Darfur na Centrafrique.  Wrong we akaba yemeza ko u Rwanda rukura akayabo gatubutse ku ngabo rwohereza mu butumwa mu bindi bihugu  Bityo, abona ko kohereza ingabo muri Mozambique nta rukundo na ruke rurimo.

Ese ni izihe mpamvu nyamukuru zajyanye u Rwanda muri Mozambique?

Clark abona ko kimwe mu byajyanye ingabo z’u Rwanda muri Mozambique ari ukurwanya iterabwoba ry’abayisilamu dore ko batabonwa neza na Leta ya Kigali. Ikindi ngo ni imigambi Leta ya Kigali ifite ku mugabane w’Afrika. Kujya mu bibazo bya Cabo Delgabo bituma Paul Kagame yamamara mu mahanga.  Wrong abona ko isura ya Paul Kagame yangiritse muri iyi minsi, kwigaragaza no kwibonekeza bikaba bimufasha kongera kumugirira icyizere.  Ngo ni uburyo kandi bwo gutesha agaciro ibihugu bya SADC cyane cyane Afrika y’Epfo.  Clark we abona ko u Rwanda rusa n’ururi guhangana na SADC kuko rwatakaje ibaba igihe rwiciraga Patrick Karegeya muri Afrika y’Epfo muri 2014, maze icyo gihugu kikirukana  abadipolomate babiri barimo na Claude Nikobisanzwe, ubu ushinzwe Komisariya Nkuru y’u Rwanda muri Mozambique kuva muri 2019 yajyaho.

Clark abona ko kandi u Rwanda rwifuje kuva kera gukorana na Mozambique kugirango rubone uko rwihimura ku batavuga rimwe na Leta ya Paul Kagame baba muri icyo gihugu. N’ikimenyimenyi, nyuma y’uko perezida Filipe Nyusi ava i Kigali muri Gicurasi 2021, umunyamakuru utavuga rumwe na Leta ya Paul Kagame, Cassien Ntamuhanga yatawe muri yombi n’inzego zishinzwe umutekano zo muri Mozambique kugera ubu akaba yaraburiwe irengero. Hagati muri Kanama na none, abanyarwanda babiri  bahagarariye ishyirahanwe ry’impunzi z’abanyarwanda ziba muri Mozambique batawe muri yombi n’igipolisi cy’icyo gihugu, nyuma baza kurekurwa aho iryo shyirahamwe ryamaganiye icyo gikorwa.

Tugana ku musozo w’iyi nkuru, Michela Wrong aribaza niba Leta ya Mozambique izatesha agaciro uburenganzira bwa muntu maze ikirukana impirimbanyi z’uburenganzira bwa muntu b’abanyarwanda batavuga rumwe na Leta ya Kigali bari ku butaka bwayo. Ese izashobora kwirengagiza ibyo Ambasade y’u Rwanda irimo gukorera Abanyarwanda? Bimwe mu bimenyetso byatangiye kugaragara.

Umusozo

N’ubwo hari bamwe bemeza ko u Rwanda nta nkunga z’amahanga rurimo guterwa mu gikorwa rurimo muri Mozambique, ababikurikiranira hafi barimo Clark na Wrong basanga byanze bikunze hari inyungu z’ubukungu ndetse n’iza politiki u Rwanda rukura mu kohereza ingabo zarwo muri Cabo Delgado. Ibibazo Leta ya Kigali yagiranye na Leta y’Afrika y’Epfo byatumye Paul Kagame aca umuvuno wo kwigarurira SADC ngo yihimure kuri Afrika y’Epfo, none Emmanuel Macron yamuteye ingabo mu bitugu kubera na we inyungu za politiki n’ubukungu akurikiranye muri Afrika. Ibi bikaba byaranahaye Paul Kagame gushyira mu bikorwa umugambi we wo guhiga bukware Abanyarwanda bose batavuga rumwe n’ubutegetsi bwe, ubu akaba yarahereye muri Mozambique, aho Ubu yashinze ibirindiro. 


Dr David Himbara ati abahutu, abatutsi mbahe ubutumwa.Tega amatwi uko Elie Ngirabakunzi yunga mu rye

Ikiganiro-mpaka ku nyito ya Jenoside: G.Mwenedata, Prof Kambanda, Dr Mwiseneza, Mme Kasinge na V.Akayezu

Ubutabera buri mu kwaha kwa politiki, Rusesabagina ntabwo ateze!: René Claudel Mugenzi

$
0
0

Yanditswe na Arnold Gakuba

Mu kiganiro cyatambutse mu makuru ya Televiziyo “SPRING 24 TV” ku mugoroba w’ejo tariki ya 20 Nzeri 2021, René Claudel Mugenzi uyobora “Global Campaign for Rwanda’s Human Rights” (Ishyirahanwe riharanira uburenganzira bwa muntu mu Rwanda), ubu utuye mu Bwongereza, yatangarije umunyamakuru w’iyo Televiziyo ko Paul Rusesabagina nta butabera azabonera mu Rwanda kuko ngo ubutebara bw’u Rwanda buri mu kwaha kwa politiki. Bishatse kuvuga ko nta butabera bwigenga buri mu Rwanda, ko ahubwo imanza zicibwa hakurikijwe uko ubutelgetsi bubyifuza. 

Atangira icyo kiganiro, umunyamakuru wa Televiziyo “SPRING 24 TV” yavuze ko Paul Rusesabagina washimutiwe i Dubai akajyanwa mu Rwanda, ubu akaba aregwa ibyaha by’iterabwoba. Aherutse gutangaza ko nta butabera bunyuze mu mucyo yizeye mu rubanza rwe. Yakomeje igira ati: uwo mugabo warokoye abantu benshi muri jenoside yo muri 1994, washinze Ishyaka riharanira demokarasi mu Rwanda, amaze igihe afungiye i Kigali. Umuryango we ukaba uhangayicyishijwe n’ubuzima abayemo ariko igikomeye cyane ni uko nta butabera nyabwo yiteze ku nkiko z’u Rwanda. Bityo, uwo munyamakuru akaba yatumiye René Claudel Mugenzi ngo amubaze icyo abitekerezaho.

 Abajijwe icyo atekereza ku myemerere ya Paul Rusesabagina ku bijyanye n’urubanza rwe, René Mugenzi yatangarije uwo munyamakuru ko Paul Rusesabagina yashimutiwe Dubaï akajyanwa mu Rwanda ku buryo butemewe n’amategeko ndetse itsinda ry’abamwunganira mu mategeko rikaba ryarimwe uburenganzira bwaryo, ngo rikurikirane iby’urubanza rwe. Ibi bikaba bigaragaza ko urubanza rwa Paul Rusesabagina rurimo gukorwa n’uruhande rumwe gusa arirwo Leta y’u Rwanda kandi ariyo imurega. René Mugenzi yongeyeho ko urubanza rwe ari rumwe mu manza za politiki, akaba rero adakeka ko amahame y’ubutabera yazuye n’imiterere y’inkiko z’u Rwanda izwi na bose.

Abajijwe uko umuryango wa Rusesabagina ubona urubanza rwe, René Mugenzi yasubije ko umuryango wa Paul Rusesabagina nta cyizere ufitiye inkiko z’u Rwanda nk’uko n’abandi benshi baharanira uburenganzira bwa muntu ariko babibona. Impamvu ngo ni uko yafashwe ku buryo butemewe n’amategeko kandi ibiteganywa bishingirwaho mu manza bikaba bitarigeze byubahirizwa kugeza ubu.  Bityo rero nta n’umwe ushobora kuzemera ibizava mu rubanza. Bigaragaza ko urubanza rwe rutitaye ku mahame y’ubutabera, bityo nta butabera buzarugaragaramo.

Abajijwe ku byerekeranye n’ibihano ashobora kuzahabwa niba bizaba byubahirije amategeko, René Mugenzi yavuze ko atizera neza ko mu Rwanda hari abacamanza bigenga bashobora kubikora. Yavuze ko Paul Rusesabagina amaze amezi atandatu yose atajya mu rubanza rwe kubera ko hari uburenganzira bwe yavukijwe. Bityo rero, abacamanza ba Leta ya Kigali barimo kwikorera ibijyanye na politiki ya Paul Kagame, kugirango bamushimishe ari nako bahonyora uburenganzira bwe nk’umuntu. Yongeyeho ati :”Nta kizere ko urubanza ruzagenda neza kuko inkiko z’u Rwanda zitigenda ahubwo ari ibikoresho bya politiki ya Paul Kagame“.  

Abajijwe ku cyo abitekerezaho nk’umwe mu baharanira uburenganzira bwa muntu mu Rwanda, René Mugenzi yavuze ko benshi batizeye ko Leta y’u Rwanda izafungura urubuga rwa politiki. Nyamara yongeraho ati “N’ubwo ayo ari amakuru mabi, ntabwo tuzahagarara“. Aya magambo arerekana ko abaharanira uburenganzira bwa muntu mu Rwanda biteguye gukomeza urugamba rwo guharanira uburenganzira bwa muntu mu Rwanda kugeza igihe Leta ya Paul Kagame izabonera ko igomba kubahiriza uburenganzira bwa muntu maze igafungura urubuga rwa politiki n’ubwisanzure bw’itangazamakuru.  

Ku bijyanye n’icyaba gitera ibi byose mu Rwanda, René Mugenzi yavuze ko impamvu ari uko mu Rwanda himakajwe ingoma y’igitugu. Yavuze ko ibiri kubera mu Rwanda bigoye cyane. Abajijwe niba Hari icyo yakongera kubyo yavuze hariguru, yavuze ko u Rwanda rwagombye kwigira ku bihugu nka Zambiya n’ibindi mu bijyanye no gushyiraho urubuga rw’ubwisanzure muri politiki.

Urubanza rwa Paul Rusesabagina washimutiwe i Dubaï akoherezwa mu Rwanda ni rumwe manza za politiki Leta y’u Rwanda irimo guca. Nk’uko bimenyerewe rero, mu Rwanda nta bwigenge bw’ubucamanza buhari. Ibi bikaba bituma abaharanira uburenganzira bwa muntu mu Rwanda nta cyizere bafite ko urubanza rwa Paul Rusesabagina tuzaba mu mucyo. Ibyo kandi byagaragaje ibirari kuko abamwunganira mu mategeko bimwe ijambo. Urubanza rurimo gucibwa n’abari ku ruhande rwa Leta y’u Rwanda gusa. U Rwanda rukeneye kwigira ku bindi bihugu ku bijyanye n’iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu n’ubwisanzure muri politiki. Ariko ababirebera kure barasanga biri kure nk’ukwezi, kuri Leta y’igitugu ya Paul Kagame!

Nabibutsa ko iyi iki kiganiro cyatambutse umunsi umwe mbere y’uko urukiko rukatira Paul Rusesabagina igihano cy’igifungo cy’imyaka 25.

 

Ikurwaho rya FARG, CNLG, NURC, ibigo byahombeye u Rwanda. Bisize Nkuru ki imusozi?

$
0
0

Yanditswe na Frank Steven Ruta

Mu byemezo by’inama y’Abaminisitiri yateraniye i Kigali kuri uyu wa Mbere tariki ya 21/09/2021, umwe mu myanzuro yaba yatunguye Abanyarwanda cyane ni uw’ikurwaho ry’ibigo bine ntayegayezwa byagize amateka yakomerekeje u Rwanda, aribyo CNLG, NURC, FARG na NIC.

Ibi bigo bya Leta byakuweho byagize imikorere idasanzwe mu mateka yabyo, kenshi byagiye bihabwa abayobozi b’abahezanguni kandi bazwiho kamere y’ubugome n’urwango bishingiye ku moko. Kuvanwaho kwabyo kwinjije inshingano byari bifite muri Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, iyobowe n’umwe mu bahezanguni b’ikirenga bazibukwa mu mateka no mu bihe bizaza.

CNLG ni Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside iyi komisiyo

Iyi Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside yashyizweho n’Itegeko Nº09/2007 ryo kuwa 16/02/2007, ikaba yaraje gukorera mu ngata  urwahoze ari Urwego Rw’igihugu Rushinzwe Inkiko Gacaca.

Inkiko gacaca nazo zabaye indahiro mu mateka y’u Rwanda kuko zarenganyije benshi, zifungisha benshi barengana, hari abishwe, hari abanyazwe ibyabo batagira ingano, hari n’abahatiwe guhunga cyangwa se bo ubwabo bagahunga bibwirije kugira ngo bakize amagara yabo.

CNLG yakomeje uyu  mujyo, abantu bahimbirwa ibyaha karahava, ingengabitekerezo ya Jenoside ihinduka intwaro karundura yo kwikiza benshi mu bagaragaza ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo, abantu bakomeza gufungwa barengana, guhuguzwa utwabo no kwirukanwa mu gihugu.

Hari abumvise ikuweho bati “si jye wahera !”

NURC : Komisiyo y’igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge

Uru ni urwego umuntu atabura kwita baringa, kuko uretse abakozi bake rwari rufite, ibyo rwakoraga hafi ya byose byabaga ari ikinamico, nko guhimba raporo za buri mwaka  ngo Abanyarwanda bageze ku bwiyunge n’ubumwe biri ku gipimo kiri hejuru ya 90%, gutangaza ko irondamoko ryarangiye mu Rwanda, guhora ishinja Leta zabanjirije iya Kagame kuba ari zo zimitse amacakubiri mu Banyarwanda , n’ibindi n’ibindi.

Iyi Komisiyo itagiraga akazi kazwi, mu gusoza imirimo yayo yatanguranywe ihamagaza abanyamakuru bisanzura bakorera kuri Youtube, isiga ibabibyemo ubwoba, ibakanga ibereka ko iminsi yabo ari mbarwa.

Kuba iyi komisiyo y’abahezanguni ivuyeho ntacyo igihugu gihombye, kuko nta n’icyo yakizaga.

NIC : Komisiyo y’igihugu y’Itorero

Iyi Komisiyo benshi bakunze kwita Itorero ry’Igihugu nayo ni umushinga udafite na kimwe wigeze ugeraho, uretse gufata abana b’u Rwanda bakabajyana mu ngando zo kuboza ubwonko, ariko n’ubundi bikarangira batabigezeho.

Hagiye hafatwa abantu mu matsinda ahuje umwuga, abanyeshuri, abanyamadini, abanyamakuru, abahanzi, abacuruzi, abaganga, abanyamategeko, abubatsi, abarimu, n’abandi n’abandi, buri cyiciro kigategurirwa integanyanyigisho ku masomo agamije kubahindura abacakara ba FPR no kubereka ko ariyo ubuzima bwabo n’ubw’igihugu bushingiyeho.

Itorero ry’igihugu risheshwe ryarabaye akarima ko kubiba inzangano mu Banyarwanda, guhindura Kagame imana y’u Rwanda, gushimagiza FPR no gutega abantu iminsi.

Ni Komisiyo yagiye ihabwa abayobozi b’agakingirizo (Bose bagombaga kuba ari abahutu, badafite ijambo muri Leta), ariko mu by’ukuri ikayoborwa bya nyabyo na Visi Perezida wahoraga ari umusirikare, kandi wujuje ibisabwa byose ngo abe ari umuhezanguni utavangiye. Uwayiyoboye igihe kirekire ni Gen Emmanuel Bayingana. Abayitirirwaga ni Rucagu, wasimbuwe na Bamporiki.  Bose kandi bahurizaga ku ntero imwe, ko nubwo bitwa abayobozi, nta bubasha bafite bwo gutoza, kuko Umutoza w’ikirenga ari umwe :Paul Kagame.

FARG : Ikigega cyo gutera inkunga abacitse ku icumu rya Jenoside

Iki kigega byaziraga cyane rwose kugitunga agatoki cyangwa kukinenga, kuko uwahirahiraga akabitekereza atyo cyangwa akabishyira mu bikorwa yagerekwagaho ibyaha umurundo, kandi bihanwa byihanukiriwe.

Ni ikigega cyashyiriweho gutera inkunga abacitse ku icumu batishoboye, kibafasha kwiga, kwivuza, kubakirwa amacumbi, no guhabwa ubundi bufasha nkenerwa bw’ibanze. 

Amahano asizwe na FARG

Iki kigega cyararobanuye bikomeye, gifasha gusa bamwe abandi kirabahigika, gifasha bake babikwiye na benshi batabikwiye, gifasha abavukiye bagakurira Uganda , abana barokokeye mu Rwanda kirabirengagiza. 

Ikigega FARG  cyabayemo ruswa y’amoko yose, icyenewabo, indiri y’uburaya n’ubwomanzi, ivangura rishingiye ku irondakoko n’irondankomoko, ubwirasi, ubuhezanguni n’ibindi.

Ni ikigega cyubakiraga abacitse kuicumu amazu ya nyirarureshwa yagiye ahirima henshi ataramara n’umwaka, ni ikigega cyarihiraga bamwe bagera hagati bakisanga batakiri ku rutonde, kandi batazi icyo bazizwa, ni ikigega cyongereye amarira menshi y’abana b’imfubyi n’ay’abapfakazi batagiraga kivurira, nacyo kikabatererana.

FARG, ni ikigega by’umwihariko cyahogoje abacitse ku icumu batigeze bitabwaho ngo babyaye abana b’inda batewe n’interahamwe (abafashwe ku ngufu), uwanze kwikora mu nda ngo ayikuremo cyangwa ahotore ikibondo cye, agafatwa nk’ufitanye isano n’abagome, akamburwa uburenganzira bwose bugenerwa abacikacumu, haba ku kuvuzwa, kwiga no kubakirwa.

Ese twitege impinduka ?

Byashobokaga cyane kuba habaho impinduka nziza mu nzego zizafata inshingano z’izi Komisiyo, ariko kuba zishamikiye kuri Minisiteri y’Ubumwe iyobowe n’umuhezanguni uronda amoko cyane, akavangura bikabije, uhorana ubwibone bwinshi kandi udashyira mu gaciro, biragoye kwizera ko hari umusaruro mwiza azabyaza ibi bigo bikomatanyije byamugabiwe.

SHYAKA Gilbert yarabacitse? Arafunze? Yarishwe? Ari he? Turamuzi neza? Igisubizo mu kiganiro

Viewing all 973 articles
Browse latest View live


<script src="https://jsc.adskeeper.com/r/s/rssing.com.1596347.js" async> </script>