Quantcast
Channel: Isesengura Archives - Umunyarwanda
Viewing all 973 articles
Browse latest View live

IMPAZE YA MAGUMA : IKIGANIRO NA BIKINDI Simon MBERE YO GUTABARUKA 15/12/2018

$
0
0

Uyu ni BIKINDI Simoni.

Sinari nzi ko ari cyo kiganiro cya nyuma tugiranye tukiri kuri iyi si Bikindi we. Umbwira ngo ubutaha tuzakomerezaho udutekerereza iby’umugabo KAGABONDINONKO, wari warashakanye n’Impaze ya Maguma.

Ni uko uba uryamiye ukuboko kw’abagabo, ugenda utatubwiye uzakomeza iyi nkuru Manzi, Mutabazi uba uratabarutse.

Ese uribuka ko wambwiye ngo reka ubanze wifurize abantu Noheli nziza n’ubunani ?

BIKINDI SIMONI, URABEHO.

Urabeho Manzi, urabeho Rutimirwa, urabeho Mutabazi.

Urabeho kuko iyo haba hirya y’ejo hashize, nari kukubwira ngo dutahe, nawe ukansubiza ngo itahe ni ubusa.

Sinazinduwe no kuvuga ibirari byacu, si na ya mararo twaraye igihe ivuko turiteye umugongo, dusize uduhunda duheneye ijuru, tukagenda impinga zose nta n’impinga twitwaje ngo tuzamenye igihe n’aho ishyanga rizadutandukaniriza mbe Mutabazi.

BIKINDI Simoni , watabarutse ku ya 15/12/2018, nyuma y’igihe gito gusa uduhaye ikiganiro k’ubutwari bw’abagore no ku bagore b’intwari.

Dore ko kuvuga intwari, birakubangukira cyane, kuko ngo n’ubundi ibisa birasabirana.

Wigombye gusiga usiguye ku bagore b’intwari. Wibuke ko ujya guterura iyo nkuru, ni uko ngo wakundaga kiriya kiganiro ku ikondera libre « ABAGORE K’URUGAMBA RW’AMATEKA », iki cya Madalina na Mukamugema.

Ni uko nawe uti reka nkubarire umwe mu bagore b’intwari bavuzwe mu Rwanda : IMPAZE YA MAGUMA.

Ndabaga n’impaze ya Maguma

ABAGORE BACU MURI INTWARI

Ndetse wari utangiye no kwikoma Kirazira irereshwa abana b’abakobwa, ugira uti umuhungu ni umwana, n’umukobwa ni umwana ye.

Ese ibi bitenga bizuzuzwa na nde ?

Izi mbamburuza n’izi ntamuruza, bizasubukurwa na nde?

Wowe wifuza kujya mu bashobora gukomeza ikivi cya Bikindi,
dore aho ushobora kugeza umuganda wawe :
IBAN : FR78 2004 1010 0307 6860 3V02 433 ;
BIC : PSSTFRPPCLE, PARIS , France.

Ikondera libre, 20/12/2018.


Indege za Kagame n’isesagura ry’umutungo wa Leta muri 2018

$
0
0

Ikinteye kwandika ni inkuru iri kuri video ya ‘youtube’ yatangajwe n’umunyamakuru uri i Kigali muri “1000 Hills TV” mu inyito yise ‘Ibyo wamenya ku indege idasanzwe ya Gulfstream G650 Perezida Paul Kagame agenderamo” atashoboye kuyivuga birambuye.

Muri make uyu munyamakuru wa ‘1000 Hills TV’ yibanze kuvuga inkuru yerekeranye gusa n’indege y’ubwoko bwa “Gulfstream G650” zikorwa n’uruganda rwa ‘Gulfstream Aerospace Corporation’. Ntabwo yatubwiye birambuye indege nyiri bwite ya Kagame bigaragara ko yabyirinze cyane…

Twongere turebere hamwe indege bwite za Paul Kagame. Nkuko nigeze kubyandika mu nyandiko nyinshi reka mpere k’uyo mperutse kwandika nise ‘Ingendo za Kagame muri Werurwe 2017 n’akayabo zitwara abanyarwanda’ yasohotse mu kinyamakuru ‘The Rwandan’ kuri 27/03/2017 ko Kagame atunze indege 3 zihenze cyane zo m’ubwoko bwa za “Gulfstream”. Izi ni izasimbuye izindi 2 zo m’ubwoko bwa ‘Bombardier Global Express’ yakodeshaga na Leta y’u Rwanda kuri buri imwe US$ 9.280 ku isaha indege iguruka gusa.

Iya mbere yayiguze mu kwa 4/2003 (ZS-ESA) n’indi mu kwa 11/2008 (ZS-XRS). Iyi ifite nimero yo muri Afrika y’Epfo ZS-XRS iragaragara kuri video ubwo Kagame yarageze i Cotonou muri Bénin (16/11/2010) akayisohokamo anyerera hafi gukubita umutwe hasi…

Ubwo Lt General Kayumba Nyamwasa yaramaze igihe gito ageze muri Afrika y’Epfo (we uzi neza nyiri izi ndege) mu kwezi kwa 12/2010 izo ‘Bombardier Global Express’ uko ari 2 Kagame yahise azihungisha m’u Bugereki no kuzazishakira abakiriya bazo bazazigura mu minsi izakurikiraho. Hagati aho yari yaguze n’indi mu kwezi kwa Mbere 2010 yo m’ubwoko bwa “Gulfstream G450” ifite nimero yo m’u Bugereki SX-GAB ikaba igizwe na salon ishobora kwakira abantu 14 naho igiciro cyayo kirenga US$ 43.000.000. Iyi niyo ikunzwe gukoreshwa n’abana ba Kagame. Niyo isigaye aho m’u Bugereki muri ‘GainJet Aviation’ mu igihe izindi za mbere ziri kugurishwa anagura n’izindi nshya z’ubwoko bwa ‘Gulfstream’ nini kurusha iyo ya mbere kandi zihenze cyane :

  • Gulfstream G550” (SX-GJJ) yaguzwe mu kwa 3/2012. Ifite igiciro kirenga US$ 61.500.000. Igizwe na salon ishobora kwakira abantu 16. Yarayiharaye cyane ashaka gupingana na Prezida Museveni wa Uganda ufite nawe ‘Gulfstream G550’ (5X-UGF, uganda-government-forces) yaguzwe mu kwa Mbere 2009 yasimbuye iyo bari basanzwe bafite ariyo ‘Gulfstream G450’ (5X-UEF, uganda-elite-forces), ndetse n’iyo muri Tanzania ‘Gulfstream G550’ (5H-ONE, tanzania-one) yaguzwe mu kwa 4/2009;
  • Ntibyashiriye aho. Kugira ngo yereke abo baturanyi ko abasubye mu kwa 10/2014 yaguze indi nini kuri izo twabonye haruguru ariyo “Gulfstream G650” (SX-GSB). Ifite igiciro kirenga US$ 67.000.000 ikanagira kandi n’ubushobozi bwo kuguruka Km 12.964 idahagaze. Igizwe na salon ishobora kwakira abantu 16. Iyi ayikodesha na Leta y’u Rwanda kw’isaha iguruka US $ 14.902.

Izo ‘Gulfstream’ uko ari 2 (GLF5 na GLF6) mu kwezi kwa 12/2016 yazohereje i Shannon muri Ireland muri Kompanyi yitwa ‘GainJet Ireland’ zihita zambara nimero zo muri icyo gihugu : EI-LSY (Gulfstream G550) na EI-LSN (Gulfstream G650).

Muri iki gihe hari izindi 2 aharaye cyane bishoboke ko ari izindi yaguze. Nini gato kuzari izisanzwe kandi zihenze cyane. Nazo n’izo m’ubwoko bwa “Gulstream G650” ariko version (model) ‘extended range’ (Gulfstream G650ER) bivuze ko zishobora kuguruka birengeje k’urugendo rungana na Km 13.890 zidahagaze. Igiciro cyazo buri imwe ni US$ 70.150.000 kandi buri imwe igizwe na salons zakira abantu 13. Ziba muri Kompanyi yitwa ‘Qatar Executive’ (bishoboke ko ahafitemo imigabane) imwe ifite nimero ‘7A-CGD’ indi ‘7A-CGE’ zose zo mu igihugu cya Qatar. Qatar Executive ni ishami ry’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubwikorezi bw’indege ariyo “Qatar Airways” iba i Doha muri Qatar. Leta y’u Rwanda iyikodesha ku isaha US$ 15.185.

Muri Afrika m’ubwoko bwa ‘Gulfstream G650ER’ izitwara abayobozi bakuru ni ebyiri gusa : Hari iyo itwara Kagame hakaba niyo muri Gabon ndetse bitiriye Kagame kubera gukunda utuntu-tuntu nkuko bigaragara kuri nimero zo muri icyo gihugu cya Gabon (TR-KGM). Nongere nibutse ko mu minsi ishize iyi Gulfstream G650ER (7A-CGD) aharaye niyo yajyanye Kagame i Paris, i Doha (Qatar), i Addis Abeba, i Buenos Aires (Argentine), i Johannesburg no muri USA gusura abana be mbere y’uko igaruka i Kigali kuri 5/12/2018.

Kuri iyo nayo : “Gulfstream G650ER (7ACGD) iparitse ku kibuga i Luton munkegero za London imaze kuzana Kagame”.

Turebe ingendo Paul Kagame yakoze muri uyu mwaka 2018 n’akayabo kazitwaye (indege iguruka gusa) :

  • Tariki ya 14/01/2018, Kagame yagaragaye I Dar es Salaam muri Tanzania m’uruzinduko rw’akazi (Km 1.143 / 1H50). Urwo rugendo rwatwaye US$ 327.844.
  • Hagati y’amatariki ya 23 n’iya 26/01/2018 yari i Davos m’u Busuwisi (Km 5.867 / 7H24) mu inama mpuzamahanga yiga k’ubukungu (World Economic Forum). Bukeye hagati ya 27 n’iya 30/01/2018 yari i Addis Abeba muri Ethiopia (Km 5.132 / 6H32) mu inama ya 30 y’inteko rusange y’umuryango w’Afrika Yunze Ubumwe (30th African Union Summit). Inama irangiye ataha i Kigali (Km 1.545 / 2H19). Izo ngendo zatwaye US$ 536.472.
  • Hagati y’amatariki ya 16 n’iya 18/02/2018 yari i München (Munich) m’u Budage (Km 5.852 / 7H23) mu inama mpuzamahanga yiga ku mutekano (Munich Security Conference). Rwatwaye US$ 506.668.
  • Tariki ya 11/03/2018 yari i New Delhi m’u Buhindi (Km 6.042 / 7H36) aho yitabiriye inama y’ihuriro mpuzamahanga ku mirasire y’izuba (International Solar Alliance Founding Summit). N’urwo rugendo rwatwaye US$ 506.668.
  • Muri uko kwezi kwa Gatatu tariki ya 25 (2018) yari i Kampala muri Uganda (Km 339 / 53 min.) aho yari yagiriye uruzinduko rw’akazi (Official visit). Rwatwaye US$ 298.040.
  • Mu kwezi kwa Kane, hagati y’amatariki ya 17 n’iya 19 (2018), yari i London mw’u Bwongereza (Km 6.623 / 8H17) aho yitabiriye inama ya Commonwealth (Heads of Government Meeting). Irangiye yakomereje urugendo rwe i Chicago muri USA (Km 6.346 / 7H57) ubwo yabonanye na Mayor waho kuri 23/04/2018 aboneraho n’umwanya wo kumwamamazaho filime mbarankuru yiswe “Premiere of Rwanda : The Royal Tour”. Bukeye bwaho yaje gukomereza no mu mujyi wa New York (Km 1.191 / 1H54) yamamaza iyo filime… Izo ngendo zose zatwaye US$ 774.904. 
  • Kuri 29/04/2018 yari i Brazzaville muri Kongo (Km 1.674 / 2H28) aho yari yitabiriye inama ya Komisiyo ishinzwe ikibaya cy’uruzi rwa Kongo (1er Sommet des Chefs d’Etat et de Gouvernement de la Commision Climat du Bassin du Congo). Urwo ruzinduko rw’umunsi umwe rwatwaye US$ 357.648.
  • Kuri 21/05/2018 yari i Genève m’u Busuwisi (Km 5.839 / 7H22) mu inama rusage ya 71 ku buzima (71st World Health Assembly). Irangiye yakomereje i Paris m’u Bufaransa (Km 408 / 58 min.) aho yagaragaye hagati y’amatariki ya 23 n’iya 24 m’uruzinduko rw’akazi (Visite officielle) no mu inama yo guteza imbere ikorana buhanga mu mishanga igitangira (VivaTech). Inama ya VivaTech irangiye yahise akomereza urugendo rw’akazi (State visit) ahoy amaze iminsi itatu (24-26/05/2018) i Addis Abeba muri Ethiopia (Km 5.374 / 7H03). Urugendo rwatwaye US$ 566.276.
  • Ku itariki ya 4/06/2018 yari i Buruseli m’u Bubiligi (Km 6.345 / 7H57) mu inama ngarukamwaka ya 12 yiga ku iterambere ry’umugabane w’Uburayi (12th European Development Days). Nyuma yaho akomereza i Québec muri Kanada (Km 5.337 / 6H46) hagati y’amatariki ya 8 n’iya 10/06/2018 mu inama ya G7 (G7 Summit). Irangiye yakomereje i Moscow m’u Burusiya (Km 6.900 / 8H37) aho yakiriwe na Prezida Vladimir Putin ndetse yitabira ibirori byo gutangiza igikombe cy’isi w’umupira w’amaguru (Ceremony and opening game of the World Cup 2018). Urugendo rwatwaye US$ 652.955. 
  • Kuri 21/06/2018 yanyarukiye i Accra muri Ghana (Km 3.472 / 4H35) mu inama ya African Transformation Summit 2018. Urwo rugendo rwatwaye US$ 417.256.
  • Tariki ya 26/06/2018 yari i Nairobi muri Kenya (Km 759 / 1H23) mu inama ya 14 yiga ku mishanga y’umuhora wa ruguru (14th Northern Corridor Integration Projects Summit). Urwo rugendo rw’umunsi umwe rwatwaye US$ 327.844.
  • Hagati y’amatariki ya 29/06/2018 n’iya 8/07/2018 yari i Nouakchott muri Mauritania (Km 5.525 / 7H) mu inama ya 31 isanzwe y’umuryango wa Afrika Yunze Ubumwe (31st Summit of the Africa Union). Urugendo rwatwaye US$ 476.864.
  • Ku itariki ya 5/07/2018 yari i Djibouti (Km 2.070 / 2H56) mugutaha igice cyahariwe gukorerwamo ubucuruzi mpuzamahanga (Djibouti International Free Trade Zone). Urugendo rwatwaye US$ 357.648. 
  • Hagati y’amatariki ya 26 n’iya 27/07/2018 yari i Johannesburg muri Afrika y’Epfo (Km 2.682 / 3H39) aho yitabiriye inama ya 10 y’umuryango w’ibihugu biri kwihuta mu iterambera ry’ubukungu (10th BRICS Leaders Summit). Rwatwaye US$ 387.452.
  • Hagati y’amatariki ya 16 n’iya 17/08/2018 yari i Windhoek muri Namibia (Km 2.651 / 3H37) mu inama ya 38 y’umuryango w’ubukungu muri Afrika yo ma majyepfo (38th SADC Summit). Urwo rugendo rwatwaye narwo US$ 387.452.
  • Hagati y’amatariki ya 2 n’iya 4/09/2018 yari i Pekin m’u Bushinwa (Km 9.849 / 12H02) mu inama y’ihuriro ku bufatanye nw’Afrika n’u Bushinwa (2018 FOCAC Summit). Urugendo rwatwaye US$ 556.660.
  • Hagati y’amatariki ya 23 n’iya 27/09/2018 yari i New York muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (Km 11.327 / 13H49) mu inama rusange ya 73 y’Umuryango w’Abibumbye (73rd UN General Assembly). Urugendo rwatwaye US$ 577.030. 
  • Hagati y’amatariki ya 6 n’iya 7/10/2018 yari i London m’u Bwongereza (Km 6.622 / 8H17) aho yariyitabiriye umusangiro w’inama y’ubutegetsi bwa Mo Ibrahim Foundation. Mboneyeho no kubamenyasha ubwo indege yari igeze mu kirere cy’i London kuri uwo munsi y’itariki ya 6 yitegura kugwa ku ikibuga cy’i Luton (nkuko bisanzwe buri gihe) mu inkengero z’umujyi wa London kuri piste (runway) 08 ikiri hejuru nko muri metero 5 y’ubutaka iyo ‘Gulfstream G650’ yari imutwaye yahise ihurirana n’umuyaga mwinshi ukaze indege ikomeza kuguruka yitambitse hakorwa ubuhanga buhanitse bw’abapilote bashobora kuyigusha kubutaka neza ariko inyuma aho Kagame yari yicaye umutima we wahise umuva munda!!! 

Nyuma y’urwo rugendo aho m’u Bwongereza yakomereje i Erevan muri Armenia (Km 3.636 / 4H46) aho yagaragaye hagati y’amatariki ya 10 n’iya 12/10/2018 mu inama ya 17 y’ibihugu bikoresha ururimi rw’igifaransa (17e Sommet de la Francophonie). Izo ngendo zatwaye US$ 461.962.

  • Kuri 30/10/2018 yagaragaye i Berlin m’u Budage (Km 6.622 / 7H49) mu inama y’Umuryango w’ibihugu 20 bikize ku isi yiga ku bufatanye na Afrika (G20 Compact with Africa). Narwo rwatwaye US$ 506.668.
  • Kuri 11/11/2018 yagarutse i Paris m’u Bufaransa mu inama y’ihuriro ryiga ku mahoro ku isi (Paris Peace Forum). Yarahavuye yerekeza i Daho muri Qatar (Km 4.975 / 6H21) aho yagaragaye mu cyo yise uruzinduko rw’akazi (Official visit) hagati y’amatariki ya 14 n’iya 16/11/2018. Nyuma y’urwo ruzinduko yakomereje i Addis Abeba (Km 2.257 / 3H09) mu inama ya 11 idasanzwe y’Umuryango w’Afrika Yunze Ubumwe (11th Extraordinary Summit of the African Union). Izo ngendo zatwaye US$ 510.105.
  • Hagati y’amatariki ya 29/11/2018 n’iya 1/12/2018 yari i Buenos Aires muri Argentine (Km 9.768 / 11H59) mu inama y’abakuru b’ibihugu 20 bikize ku isi (G20 Leaders Summit). Bukeye, kuya 2/12/2018 yari i Johannesburg muri Afrika y’Epfo (Km 8.129 / 10H03)aho yariyitabiriye iserukiramuco rya ‘Global Citizen Festival’ mbere yo gukomereza muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika gusuhuza abana be. Izo ngendo zose zatwaye US$ 1.040.000.
  • Tariki ya 8/12/2018 yageze i Sharm El Sheikh mu Misiri (Km 3.345 / 4H26) aho yitabiriye inama ku iterambere n’ishoramari muri Afrika (Africa 2018 Forum). Bukeye bwaho akomereza i Aqaba muri Jordania (Km 191 / 43 min.) mu inama yiga ku bukungu n’iterambere rya Afrika y’Uburasirazuba (Aqaba meeting on East Africa). Izo ngendo zatwaye US$ 460.060.
  • Ejo bundi, ku matariki ya 17 n’iya 19/12/2018 yari i Vienne muri Autriche (Km 5.703 / 7H12) aho yitabiriye inama ihuza abayobozi b’Afrika n’u Burayi (High-Level Forum Africa-Europe – Vienna 2018). Inama irangiye ahita akomereza urugendo rwe i Abidjan muri Côte d’Ivoire (Km 5.134 / 6H32) mu ruzinduko rw’akazi (Visite officielle). Izo ngendo zitwaye US$ 581.178.

Izo ngendo zose uko ari 23 yakoze (ni ukuvuga gusohoka mu gihugu) muri uyu mwaka (2018) mu ibihugu 26 byo mu mugabane wa Afrika (Afrika y’Epfo, Côte d’Ivoire, Djibouti, Ethiopia, Ghana, Kongo-Brazza, Mauritanie, Misiri, Namibia, Tanzania na Uganda), uwa Amerika (Argentine, Kanada na USA), uwa Aziya (Jordania, uBuhinde, uBushinwa na Qatar), n’uw’i Burayi (Armenia, Autriche, uBubiligi, uBudage, uBufaransa, uBurusiya, uBusuwisi n’uBwongereza) bihwanye n’amasaha 812 indege yakoresheje iguruka gusa. Ayo masaha indege iguruka atwaye US$ 11.575.648 (RwF 10.140.706.374).

Aya mafaranga agenda muri izi ngendo za Paul Kagame araruta hafi incuro 2 ayo ingengo y’imari y’umwaka y’igihugu (Budget annuel) igenera Ibiro Bikuru bya Prezida (Présidence) n’Imbuto Foundation ingana na Miliyari 7 y’amafaranga y’u Rwanda (2010). Muri iyo yageneye “Présidence” ntabwo harimo izo ngendo. Izo ngendo harimo indege ubwazo, abamuherekeje, abamurinda, amahoteri n’imodoka zakodeshejwe byose byishyurwa na Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (Minecofin) ibinyujije muri za ambassades.

Ikindi kandi iyo buri gihe Kagame afashe urugendo mu mahanga Minecofin imugenera impamba y’urugendo bwite (frais de mission) kandi itagaruka mw’isanduka ingana US$ 300.000. Wabikuba n’izo ngendo 23 amaze gukora bikangana US$ 6.900.000.

Ikindi abantu benshi batazi hari na ‘budget’ igenda ku biryo by’imbwa za Kagame. Mperuka atunze izigera 10. Buri imwe igenerwa RwF 200.000 mu icyumweru niba bitarahindutse. Ku mwaka zose hamwe zitwara (RwF 200.000 x 10 x 4 x 12) RwF 96.000.000.

Tugaruke kuri za ndege za Paul Kagame. Nyuma y’izi ngendo (twibanze kuzatwaye P. Kagame gusa) hari n’ibindi bigendana byiyongeraho ntabonera umwanya uhagije wo kubirondora. Muri make navuga nk’ingengo y’imari y’umwaka (annual budget) yaburi ndege uko ari 3 ariko cyane cyane iriya Kagame aharaye (Gulfstream G650) nyuma y’umwaka cyangwa imaze kuguruka amasaha 400 :

    • Gulfstream G450 : US$ 2.215.860;
    • Gulfstream G550 : US$ 2.404.510;
    • Gulfstream G650 : US$ 2.426.370.

Kuri iyi yanyuma (Gulfstream G650) ni ukuvuga ko harimo umushahara w’abapilote 2 bayo (US$ 342.070), amavuta (kerosene) angana na US$ 1.003.500, gukoreshwa mw’i garage (maintenance) bingana na US$ 456.115, amahugurwa y’abapilote bayo (US$ 255.445), gukodesha ‘hangar’ mu igihe indege ije mw’isuzuma (US$ 85.530) na ‘parking’ icyo gihe mu gihe cy’amasaha 24 (US$ 1.485), ubwishingizi (assurance), amacumbi (hotels) n’ibifungurwa by’abapilote n’abandi bakora muri iyo ndege (steward / stewardess) n’ibindi n’ibindi.

Inyuma y’ibi hiyongeramo amahoro (tax) y’ibibuga iba yaguyeho kandi siko byose biba bifite igiciro kimwe :

  • Uburemere bw’indege mu gihe ihagurutse (maximum take-off weight – MTOW) ;
  • Ibijyanye n’ibidukikije (environnement factor) ;
  • Amahoro ajyanye n’urujya n’uruza haba k’umunsi cyangwa ijoro (day/night factor) ;
  • Parking, indege igira igiciro cyayo cyo kwishyura ‘parking’ bitewe ahanini n’uburemere bwayo mu gihe cyo guhaguruka (maximum take-off weight – MTOW) x igiciro cyifatizo ki kibuga cy’indege x igihe ihamara (amasaha).

MTOW ya Gulfstream G550 ipima tonnes 41,2 (Kg 41.277), iya Gulfstream G650 ipima tonnes 45,1 (Kg 45.178) naho iya Gulfstream G650ER ipima tonnes Kg 46,9 (Kg 46.992).

Ni gutyo byifashe mu magambo ahinye !

Mbifurije gukomeza kugira ibihe byiza bya Noheli ndetse no gusoza umwaka neza !

F-Flavien Lizinde (FlavLiz)

Bruxelles, 19/12/2018

 

Imvo n’imvano: Dr Théogène Rudasingwa na Léonce Ngendakumana baravuga ku mubano w’u Rwanda n’u Burundi urimo agatotsi

Cassien Ntamuhanga aravuga ko nta mugambi afite wo guturitsa ibisasu i Kigali

“Gukurikirana abishe Perezida Habyalimana n’abo bari kumwe mu ndege ntibirangiye” Dr Innocent Biruka

$
0
0

Abafaransa babiri Nathalie Poux na Jean-Marc Herbaut bari bashinzwe gukora iperereza ku gikorwa cy’iterabwoba cyo guhanura indege yahitanye ba Perezida Yuvenali Habyalimana w’u Rwanda na Sipiriyani Ntaryamira w’u Burundi n’abo bari kumwe, bamaze gutangaza ko bahagaritse uko gushakisha abahitanye abo bantu.

Icyo gikorwa cy’iterabwoba cyakozwe tariki ya 06 Mata 1994. Iri perereza ryakorwaga n’abafaransa ryatangiye mu w’1998. Abacamanza bashinzwe gukurikirana ibikorwa by’iterabwoba mu Bufaransa bagiye basimburana uko imyaka yicumaga.

Kwicwa k’uwahoze ari umukuru w’u Rwanda, byubuye imirwano n’intambara n’ubwicanyi bwageze ku kigero cya jenoside. Kuri Dr Innocent Biruka, ntabwo gukurikirana abagize uruhare muri kiriya gikorwa birangiriye hariya.

Mwakumva uko yabisobanuriye mugenzi wacu Célestin Sebahire mu kiganiro bagiranye.

Dr Theogene Rudasingwa aravuga ko ikibazo cy’indege ya Habyalimana kirimo politiki

Col. Jean Bikomagu yaje gushimira Paul Kagame na Kabarebe kuba bararashe indege ya perezida Habyarimana

$
0
0

31/12/2018, Ikiganiro mwateguriwe kandi mugezwaho na Tharcisse Semana

« Col. Jean Bikomagu yaje gushimira Paul Kagame na Kabarebe kuba bararashe indege ya perezida Habyarimana »!

Ubu butahamya ni  ubw’umwe mu barindaga Paul Kagame mbere na nyuma y’ihanurwa ry’indege ya perezida Juvénal Habyarimana, James Munyandinda. Bukwiye gukurikiranirwa bugufi n’ubutabera, bugasuzumwa hakarebwa niba bufite koko ireme n’agaciro.

Urwo ruzinduko rwa Col. Jean Bikamagu mu Rwanda n’ibiganiro yagiranye na Paul Kagame na Kabarebe icyo gihe nabyo ni kimenyetso ubutabera bwari bukwiye gusuzumana ubwitonzi n’ubushishozi. Abanyarwanda n’abarundi, twese twese, turifuza ko Ukuri k’Ukuri ku bantu bose bagize uruhare muri iryo hanurwa ry’indege ya perezida Habyarimana yarimo na perezida w’Uburundi Cyprien Ntaryamira gushyirwa ahagaragara.

Uyu mutangabuhamya, James Munyandinda,  afite ikizere cy’uko byanze bikunze Ukuri k’Ukuri azagushyira ahagaragara,  haba imbere y’inkinko z’Ubufransa aho ubu urubanza rwungururijwe/rwajuririwe cyangwa se mu ubutabera bw’Urwanda (haramutse hagiyeho ubwigenga) cyangwa se bw’Uburundi.

Agaciro k’ubuhamya bwe gashingiye aha, agira ati: « Nabanaga na Paul Kagame mbere  na nyuma y’iraswa ry’indege ya perezida Habyarimana . Ndavuga rero ibyo nzi neza n’ibyo nahagazeho: ibyo niboneye njye ubwanjye n’amaso yanjye n’ibyo niyumviye njye ubwanjye n’amatwi yanjye ». Ikiganiro.

“Yandikishije ku mukwe we zimwe mu mari abitse mu mahanga; bihamywa na Wikileaks” Dr Innocent Biruka


“Ibiganiro n’imishyikirano ni yo nzira nziza yo gukemura amakimbirane” Emmanuel Senga kuri VOA

$
0
0

Mu kiganiro Murisanga kuri Radiyo Ijwi ry’Amerika, ahatumiwe Emmanuel Senga umwe mu bagize Sosiyete sivile nyarwanda, bagarutse ku makimbirane hagati y’u Rwanda n’u Burundi, ndetse n’amakimbirane hagati y’abarundi ubwabo n’amakimbirane hagati y’abanyarwanda ubwabo.

Muri iki kiganiro cyayobowe na Thomas Kamilindi, abakurikira VOA na bo bahawe ijambo batanga ibibazo n’ibitekerezo.

Emmanuel Senga arasobanura ko uburyo bwiza kandi bukwiye kwitabazwa mu gukemura amakimbirane n’ibibazo ari uguhurira ku meza abantu bakajya impaka, abakaganira bakumvikana uko babana neza, kuko intambara adakemura ibibazo ubwayo.

Asobanura guhangana, no kubana nabi bisubiza inyuma imibereho y’abantu.

Raporo y’impuguke za ONU irimo kuvugisha menshi

$
0
0

Impuguke z’umuryango w’abibumbye kuri Republika ya Demokrasi ya Congo ziherutse gusohora raporo ivuga ko mu burasirazuba bw’icyo gihugu hari imitwe y’abitwaje intwaro irimo abanyamahanga.

Mu mitwe ivugwa harimo ihuriro nyarwanda RNC riyobowe na Kayumba Nyamwasa, ryiyemeje kurwanya ubutegsi bw’u Rwanda.

Izo mpuguke zivuga ko abahoze muri uwo mutwe bazibwiye ko uwo mutwe urimo abarwanyi b’abanyamahanga biganjemo abanyarwanda n’abanyekongo b’abanyamulenge ugamije kubohoza u Rwanda.

BBC yavuganye n’umuvugizi w’ihuriro nyarwanda RNC, Jean Paul Turayishimiye, itangira imubaza niba koko bafite abarwanyi muri Congo, ariko arabihakana

BBC kandi yashatse no kumenya icyo leta y’u Rwanda ivuga kuri ibyo bivugwa muri icyo cyegeranyo maze ivugana n’umunyamabanga wa leta muri minisiteri y’ububanyi n’amahanga, Olivier Nduhungirehe.

Icyo cyegeranyo k’impuguke za ONU kandi kivuga ko abarwanyi bahoze muri uwo mutwe bazibwiye ko ubona abarwanyi ba P5 bahabwa intwaro n’imfashanyo zirimo inkweto n’imiti bivuye i Burundi kandi ko abarwanyi bashya banyura muri icyo gihugu.

Ibyo ariko leta y’icyo gihugu irabihakana, uwo BBC yavuganye nawe akaba ari Willy Nyamitwe, ushinzwe itangazamakuru mu biro by’umukuru w’igihugu cy’u Burundi.

Kino kiganiro mushobora kumva haruguru, cyaciye mu makuru ya BBC Gahuzamiryango yo kuri uyu wa gatanu itariki 04/01/2019, abo uko ari batatu bakigiranye na Jacques Niyitegeka.

Ribara uwariraye Major Ntuyahaga ibye bigeze hehe?

Cassien Ntamuhanga yatangiye gushyira hanze ibiganiro we na bagenzi be bazize

Abatumirwa baratanga ubuhamya ku bwicanyi bwakozwe n’abasirikare ba FPR (APR, Armée Patriotique Rwandaise)

$
0
0

Ni mu kiganiro cyo muri Gashyantare 2019 Abatumirwa:

  • James Munyandinda (yabaye umusirikare wa FPR)
  • Jabo Akishuli (yabaye umusirikare wa FPR)
  • Marc Matabaro, umwanditsi mukuru wa The Rwandan, arakora isesengura rishingiye ku mibare itangwa n’inego zo mu Rwanda, akanshingira kandi ku byahishuwe mu gitabo cya Lt Abdul Ruzibiza.
  • Abayoboye ikiganiro: Jean-Claude Mulindahabi na Célestin Sebahire

Uko Sylvestre Nsengiyumva abona ikibazo cy’imibanire y’abahutu, abatutsi, abahutsi n’abatwa

Kirenge watorokanye na Cassien Ntamuhanga yafashe iy’ishyamba!

$
0
0

Yanditswe na Cassien Ntamuhanga

“Nta misozi y’ibyaha twikoreye ituremereye kuboryo yadupfuka umunwa…Nta kuntu Umutagatifu yagenda yububa mu gihe umunyabyaha nka Paul Kagame n’abandi batabarika ayoboye bafite ibyaha bisumba imisozi miremire ku isi, bagenda bemye…”

“Njyewe ubwanjye Ntamuhanga Cassien, ndabashinja gushimuta no kuzimiza barumuna banjye batatu kuva kuya 4 Ukwakira 2016 kugeza ubu ntawe uzi irengero rya Ngabo Fikiri Jimmy, Mutuyimana Joel na Ngabonziza Moses. Aba bariyongera kuri Niyomugabo Nyamihirwa Gerald wampamagaye kuri telephone ye ku ya 7 Mata 2014 ahagana saa kumi n’ebyeri z’umugoroba…si narinzi ko ari bwo bwa nyuma! Aba bantu uko ari bane,bahorana nanjye…bampa imbaraga zidasanzwe,mbumvira kuruta uko numvira undi muntu wese uri hano ku isi!”

Jimmy Ngabo Fikiri (Imbere ugana iburyo) Mutuyimana Joel Hagati na Ngabonziza Moses.Aba n’abandi b’indi miryango bakomeza kugenda tubareba!… Ingwe ntiyari izi iki? …

Kuwa  30 Ukwakira 2017, twafashe icyemezo kidasubirwaho cyo kwivana ku ngoyi ya FPR-Inkotanyi, tukava mu buroko bwayo. Dutsinda ubwoba duhinyuza ikinyoma cya FPR cyo kwirwa ibeshya abantu ngo n’igitangaza…! Uriya wari umukino wo kwishyura n’uwa kamarampaka tuzawukina.

Njye na Kirenge, dushingiye ku bunararibonye bwacu, turahamya ko Boniface Twagilimana Vice prezida wa mbere wa FDU-Inkingi, yashimuswe atatorotse! Usibye isesengura twakubiye mu kiganiro twanyujije kuri Channel ya You Tube “Ku mugaragaro info”,

Hari n’ibindi bimenyetso bidashidikanywaho byerekana ko yashimuswe, icyakora agashimutwa giswa ku buryo n’impumyi ibibona ko yashimuswe atatorotse. Gupanga giswa kuriya, nta kindi usibye amaraso y’abantu benshi bahitanywe n’abariya bantu, bakaba batagifite ubushobozi bwo kugira icyo bakora ngo bahishe ibimenyetso bishoboke!

Boniface Twagilimana, Visi Perezida wa mbere wa FDU-Inkingi, yarashimuswe ntiyatorotse.

IBIMENYETSO 8 BIHAMYA KO BONIFACE TWAGILIMANA YASHIMUSWE ATATOROTSE:

  1. Dutoroka igikuba cyaracitse mu gihugu. Bahagurukije ingabo,polisi, Abacungagereza, Maneko zose n’Abaturage…ariko kuri Boniface ntacyabaye!
  2. Umuhanda Kigali Butare wonyine imodoka za Traffic zongerewe inshuro zirenga 10zihagarika kandi zisaka imodoka nyinshi cyane, zibanda  cyane cyane ku modoka  nto n’izabantu ku giti cyabo! Bariyeri zari nyinshi cyane mu muhanda! Kuri Boniface ntabyabaye!
  3. Amaradiyo yose na television zose,kugeza no kuri radiyo ikorera muri gare…zose zategeswe gukangurira abaturage gushakisha abagororwa bacitse gereza…kuri Boniface ntabyabaye! Byakozwe bya nyirarureshwa nabwo akanya gato, mu gihe twe byamaze iminsi 3 ari ibicika!
  4. Bashyizeho igihembo cy’amafaranga ku muntu uzafata cg agatanga amakuru kuri abo bagororwa batatu batorotse Gereza ya Nyanza…kuri Boniface
  5. ntabyabayeBanyanyagije amafoto yacu mu baturage,ku tugari n’imirenge,ku materefone y’abantu ku giti cyabo no ku mbuga nkoranyambaga! Kuri Boniface ntabyabaye
  6. Kuri Gereza habaye amanama y’urudaca abayobozi bo ku rwego rw’igihugu rushinzwe amagereza, n’aba gereza ya Nyanza basimburana imbere y’abafungwa ba gereza ya Nyanza babacunaguza banabatera ubwoba…! Kuri Boniface Twagilimana nta nama zabaye!
  7. Imirimo nyongeramusaruro ituma abafungwa bajya gukora hanze  ya gereza, kuri Gereza ya Nyanza yahagaritswe ibyumweru bibiri…! Kuri Boniface nta n’umunsi numwe bahagaritse!
  8. Imyidagaduro y’Abafungwa nko gukina umupira w’amaguru yahagaritswe ukwezi kose. Nta mupira wakinwagwa nk’uko bisanzwe…! Kuri Boniface Twagirimana byakomeje uko bisanzwe ntacyahindutse!

Ikindi kirenze ibyo,tukihava, habayeho imirimo idasanzwe yo gufunga amadirishya bongeraho utuyungiro tw’ibyuma kuburyo utabona n’aho ucisha urutoki…iyo mirimo yakozwe mu bipangu byose yamaze nibura icyumweru!

Basohoye kandi ikintu cyose bakeka umuntu yakwifashisha atoroka nk’imigozi, ibiti…n’ibindi. Ntabwo byari korohera umuntu uwo ariwe wese gutoroka gereza ya Nyanza nyuma y’umwaka umwe gusa tuhavuye kandi n’ibintu byari bigishyushye ndetse na magingo aya ntibirahora!

Nk’uko twabigaragaje mu kiganiro njye na Kirenge twabashyiriye ahagaragara, ntibishoboka gupanga gutorokana n’umuntu musanzwe mutaziranye mumaranye iminsi 4 cyangwa 5 gusa. Munabikoze ntimwarenga umutaru. Uburyo Boniface yimuwe agakurwa aho yari ari nta kosa yakoze, uburyo uwitwa Aimable Murenzi yavanywe mu mwanya we akajya gutegereza ko Boniface amugeraho…ni umugambi uteguye giswa bikomeye cyane. Amaraso y’inzirakarengane aremereye ubwonko bwabo…ufatirana nafatirane!

Aimable Murenzi,niwe wakoreshejwe nk’agakingirizo mu gushimuta Boniface. Yari asanzwe afungiye kunanirwa kwica umunyamakuru Gasasira.

Ibyo byose birerekana ko Boniface yashimuswe atatorotse nk’uko bivugwa na Leta ya FPR-Ikinyoma. Mu isoni nke ibinyujije mu kanwa k’usigaye ari umuvugizi w’ubushinjacyaha Faustin Nkusi, mu wa 2015 yavugiye mu Rukiko Rukuru rwa Kigali ko Niyomugabo Nyamihirwa yatorotse…aherutse kongera kuvugira imbere y’inteko y’abacamanza b’Urugereko rwihariye ruburanisha ibyaha byambukiranya imipaka ruri i Nyanza, ko na Boniface Twagilimana yatorotse!

Ngaho njyewe ndavuga, dore na Kirenge nguyu arabonetse aravuze…! Abo bandi bari he? Barusha ibyaha Kagame? Ibingira? Rurayi? Munyuza? Nziza? Kabarebe…!


Sibomana J.Pierre “Kirenge” . “Findi findi irutwa na so araroga”!Cyama duhure!

Ibyo ari byo byose, iri si isesengura ahubwo niko kuri. Abirirwa bavuga ngo “Turabaza ubutegetsi, FPR, yemwe na Kagame ubwe,…ngo umuntu wacu ari he?” Muransetsa cyane! Ni nko kubura inyana yawe, ugasanga uruziramire ruri aho rwananiwe kugenda, rwabyimbye rumeze nkurwamize ikibindi…warangiza ukabaza ngo “Umutavu wanjye uri he?” Uhamagara inshuti n’abavandimwe urwo ruziramire ukarusubiriza mu ndumane!

Ufatirana kandi rukijuse, ntutegereza ko ruhokwa ngo urubaze niba hari icyo ruzi ku izimira ry’Umutavu wawe! Uko iminsi ishira ni ko ibimenyetso bisibangana kandi uko ruhokwa niko rugira imbaraga zo gucika no kwihagararaho! Ibyo ni byo birutunze, ushobora gutegereza rwahokwa nawe rukakwinovora!!!

Mbe wumva wumvise?


ABASILIKARE BAKURU: IBINGIRA, NZABAMWITA NA RUVUSHA BABA BAZIRA IKI?:Major RUTAYOMBA

Rwanda-Uganda: 06.03.2019 ku mupaka ibintu ntibirasubira mu buryo

KUKI ABAHUTU BATIBUKA?: NDANGALI Christophe SEGAKO

Joseph Sebarenzi yavuze ku bibazo biri hagati y’u Rwanda na Uganda

Imvo n’imvano ku kibazo cy’u Rwanda na Uganda

$
0
0

Kino kiganiro cyerekeye icyuka kibi kirangwa hagati y’u Rwanda na Uganda, cyaje kongerwa n’icyemezo cyafashwe na leta y’u Rwanda ku wa 27 z’ukwezi kwa kabiri cyo kubuza amakamyo atwara ibintu guca ku mupaka wa Gatuna. Yabwiwe ko yakoresha umupaka wa Kagitumba.

Nyuma, Ministre w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Richard Sezibera, yaburiye Abanyarwanda ko bareka kujya muri Uganda kubera umutekano wabo. Yareze leta ya Uganda ko ihohotera Abanyarwanda basanzwe batuye muri icyo gihugu, ko Uganda icumbikiye abitwaje ibirwanisho bahungabanya umutekano w’u Rwanda, kandi ko iyo leta igirira nabi abacuruzi b’abanyarwanda bari muri Uganda, ibyo icyo gihugu kirabyamaganira kure. Abaturage, cyane cyane Abanyarwanda bagerageza kwinjira muri Uganda bahura n’ibibazo. Ingaruka zatangiye kwigaragaza ndetse no murwa mukuru w’u Rwanda, Kigali.

Viewing all 973 articles
Browse latest View live


<script src="https://jsc.adskeeper.com/r/s/rssing.com.1596347.js" async> </script>